Ugereranyije
n’umwaka ushize wa 2024 ubwo uyu muhango wasubikwaga, Urwego rw’Igihugu
rw’Iterambere (RDB) rwari rwatangaje ko hateganyijwe gutanga amazina ku bana
22, ariko si ko byagenze.
Uyu
mwaka rero, hiyongereyeho abana 18, bivuze ko umubare w’abazahabwa amazina
uvuye kuri 22 ugera kuri 40. Iri ni izamuka rya 81.8%, icyerekana uko gahunda
yo kurengera ingagi ikomeje gutanga umusaruro.
•
Umubare w’abana b’ingagi bari biteganyijwe mu 2024: 22
•
Umubare w’abana b’ingagi bazitwa amazina mu 2025: 40
Bisobanuye
ko umubare w’abana b’ingagi bazitwa amazina mu 2025 wiyongereyeho 81.8% ugereranyije
n’abo RDB yari yaratangaje ko bazitwa amazina mu 2024.
Umuhango
wo Kwita Izina washyizweho mu 2005, ushingiye ku muco gakondo wo kwita izina
umwana mu ruhame, hagamijwe kugaragaza agaciro k’ingagi, kuzimenya neza,
kuzibungabunga no gukomeza kwigisha abatuye isi akamaro ko kuzirengera.
Mu
myaka 20 ishize, hamaze kwitwa amazina abana b’ingagi 397, bituma uyu muhango
uba umwe mu mikuru ikomeye ya Afurika yerekana uruhare rw’ubukerarugendo
burambye. Ndetse, witabiriwe n’abayobozi hirya no hino ku Isi, ibyamamare, n’abandi
mu ngeri zinyuranye.
Insanganyamatsiko
y’uyu mwaka yubakiye ku guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku baturage, nk’ikingi
yo kurengera ejo hazaza hahamye.
Iyi
nsanganyamatsiko ishimangira uruhare rukomeye rw’abaturage, abashinzwe kurinda
pariki (rangers), n’abashakashatsi mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu
Rwanda.
Muri
uyu mwaka, hazibandwa cyane ku gushyiraho urubuga ruzatangizwa ku
wa 6 Nzeri 2025, ruzafasha mu gukusanya inkunga yo kwagura no gusubiranya
Pariki y’Ibirunga, hagamijwe gutanga ubusitani bwagutse kandi bwiza ku ngagi
zibamo.
Hari
kandi gutanga ishimwe ku baturage n’abarinzi ba pariki bagira uruhare rukomeye
mu kurengera izi nyamaswa.
No
gushyirwa mu bikorwa ku mushinga w’ubuhinzi bw’icyatsi mu Karere ka Musanze,
binyuze muri gahunda yo gusaranganya inyungu zituruka ku bukerarugendo.
Ibirori
n’ibikorwa byateguwe:
•
29 Kanama: Gutangiza ku mugaragaro umushinga w’iterambere mu Kinigi, Musanze
•
3–14 Nzeri: Ingendo shuri z’abanyamakuru n’abacuruzi bashamikiye ku bukerarugendo
bo ku rwego mpuzamahanga.
•
3–4 Nzeri: Siporo n’ibitaramo ku baturage i Musanze.
•
5 Nzeri: Umuhango nyir’izina wo kwita amazina abana b’ingagi – Kinigi.
•
6 Nzeri: Irushanwa rya Golf i Kigali no Conservation Gala Dinner.
Mu
mibare:
•
397: Abana b’ingagi bamaze kwitwa amazina kuva mu 2005
•
18 Frwmiliyari+: Amafaranga amaze gushorwa mu mishinga irenga 1,000 ifasha
abaturage.
•
10%: Inyungu z’ubukerarugendo zisubizwa mu baturage.
Umuyobozi
Mukuru w'Ubukerarugendo mu Rwego rw'Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), Irene
Murerwa
Umuhango
wa Kwita Izina ushingiye ku muco w’Abanyarwanda wo kwita izina umwana, wakurikiranwaga
mbere n’abita ku ngangi n’abashakashatsi, aho bageragezaga gukurikirana abana
b’ingagi mu miryango no mu miryango yazo.
Uyu
muhango wo Kwita Izina kandi uragaragaza isura y’u Rwanda nk’igihugu kiyoboye
Afurika mu bukerarugendo burambye, butuma ubuzima bw’abantu n’ibinyabuzima bubana
neza, burambye kandi bushobora kuramba.
Umubare w’abana b’ingagi bazitwa amazina mu 2025 wiyongereyeho 81.8% ugereranyije n’abo RDB yari yaratangaje ko bazitwa amazina mu 2024