Kwigomwa birenze urugero mu rukundo bitera imibanire idafite ireme

Urukundo - 30/04/2025 1:47 PM
Share:

Umwanditsi:

Kwigomwa birenze urugero mu rukundo bitera imibanire idafite ireme

Mu rukundo, hari igihe umuntu yigomwa cyangwa yitanga ku nyungu z’uwo bakundana, abizi cyangwa atabizi. Nubwo byakumvwa nk’urukundo rudasanzwe, iyo bitangiye kurenga ku kwitanga bisanzwe bishobora kuba bibi, bikomoka ku bwoba no ku cyifuzo gikabije cyo gukundwa no kwemerwa. Uba wumva ko uko uri bidahagije, bityo ugahitamo kwihisha, ugashyira imbere iby’abandi, wowe ukisiga inyuma.

Ibi bikurura imibanire idaha ubwisanzure buri umwe, aho umuntu ahora yihatira kuba uwo atari we kugira ngo agume mu rukundo. Hari nk’amasezerano atavugwa avuga ngo: "Nzishyira hasi, nkubere uwo ushaka, maze unyemerere nkugumane." Nyamara ibi biba ari nko gushaka gucunga uwo mubana, kuko uba ushaka ko akomeza kugukunda atari uko uri wowe, ahubwo bitewe n’uko umwigaragariza.

Aho usanga umuntu ashobora kwemera ibintu byose kabone nubwo byaba bitamunezeza, kwirinda kugaragaza uko yiyumva, gutinya kuvuga ngo “Oya”kugirango umukunzi wawe atabifata nko ku tamwitaho, kwigomeka cyangwa kumva nabi. Utangira guhindura imyitwarire, umuco, imyambarire, cyangwa inyungu zawe bwite kugirango mu agukunde ntubikore kuko ubikunze ahubwo udatatira ishusho uwo muntu ashaka.

Ariko mu by’ukuri, nk’uko Dr. Harriet Lerner, impuguke mu mibanire, abigaragaza ati: “Iyo umuntu atanga atari uko abyishimiye, ahubwo ari kugira ngo yemerwe, aba ari kwiyima ku bw’abandi, kandi nyuma y’igihe niwe ubibabariramo.”

Benshi bakora ibi batabizi bakumva ko uko bari bidahagije, bityo bakiyemeza kuba uko abandi babashaka kugirango babakunde. Ibyifuzo n'amarangamutima byabo babishyira ku ruhande, bagahitamo guhinduka “abacakara m’urukundo”, aho kuba abafatanyabikorwa 'Never Sacrifice Yourself in a Relationship'.

Ibyo ni byo bituma hari imibanire irangwa n’amasezerano yihishe, ni ugushaka gucunga no kugenzura uwo ukunda, ibi nk’uko Brené Brown, umuhanga mu mibanire n’amarangamutima, abivuga, ati: “Nziberaho nk’uko ubishaka, ariko unyemere.” si urukundo, ni ubwoba bwo guteshwa agaciro.

Bimwe mu bishobora ku gufasha ugomba kumenya impamvu ubikora no kumenya icyo ushaka wakibaza uti: “Ni iki nshaka mu by’ukuri mu rukundo? Ese ndashaka gukundwa, cyangwa ndashaka kuba uwo nkwiye kuba, nkomere, mbere y’uko ntegereza ko hari undi ubinkorera?”

Iyo ugeze aho wihagije mu rukundo no mu gaciro imbere muri wowe, winjira mu mubano utakugira imbata, wihagije wowe ubwawe, witeguye gutanga no gusangira urukundo rudashingiye ku byifuzo by’abandi ahubwo ari urwukuri. Urukundo nyarwo ni hagati y’abantu babiri bamenye ibyo bakeneye, bagahitamo gusangira ubumwe.

Niba wumva hari byinshi utarakira, ntugire ipfunwe, hari uburyo bwo kubikemura aho ushobora gutangira urugendo rwawe rwo kwiyakira no kwisuzuma wowe  ubwawe, nka gahunda igufasha kubaka umubano ushingiye ku kuri si ku ugutinya gutakaza urukundo rusanzwe rudahari.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...