Ibirori
byo gutanga iri kamba byabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 20 Mata
2025. Ni nyuma y’igihe cyari gishize abakobwa bahatanye mu byiciro binyuranye
byari bigamije gusuzuma ubumenyi buri umwe afite ku ngingo runaka.
Uyu
mukobwa wo muri Zimbabwe wambitswe ikamba, yageze mu cyiciro cya nyuma ari
kumwe n’abandi bakobwa bane, nabo bavuye muri Batandatu. Hari habanje
gutangazwa abakobwa batandatu ba mbere barimo uhagarariye Mali, Namibia,
Mozambique, Zimbabwe ari nawe watsinze, Nigeria ndetse na Repubulika Iharanira
Demokarasi ya Congo
Ebuka
Obi- Unchendu wari umushyushyarugamba (MC), yavuze ko uyu mukobwa yahize
bagenzi be mu igenzura ryakozwe n’Akanama Nkemurampaka, kandi ko nta
gushidikanya ko n’abandi bantu ari ko babibonaga ashingiye ku kuntu yitwaye mu
gice cya nyuma.
Ashimwe
Michelle wari uhagarariye u Rwanda ntiyabonetse muri batandatu bavuyemo
uwegukanye ikamba. Igisonga cya mbere yabaye Tity Muzadi wo muri Repubulika
Iharanira Demokarasi ya Congo, ni mu gihe Delsie Somaes wo muri Namibia yabaye
igisonga cya Kabiri.
Kundai
Benhura yambitswe ikamba na Precious Okoye wo muri Nigeria yasimbuye, wari
ufite iri kamba kuva mu 2022.
Kundai
Benhura ni Nyampinga wa Zimbabwe wahagarariye igihugu cye mu irushanwa rya Miss
Africa 2025. Afite impano nyinshi kandi yihariye mu bikorwa bitandukanye.
Kundai
afite impamyabumenyi ya kaminuza mu Ikoranabuhanga (Information Technology).
Yagize uburambe mu gukora imbuga za interineti, kwamamaza hifashishijwe
ikoranabuhanga, no gutanga ubufasha bwa tekinike.
Kuri
ubu, akora nk’umuyobozi w’imbuga nkoranyambaga, afasha ibigo bitandukanye
kongera ubwitabire bw’abakiriya babo kuri internet.
Yemera
ko buri bucuruzi n’ikimenyetso cy'Afurika bikwiye gukoresha imbaraga z’imbuga
nkoranyambaga mu guteza imbere ibitekerezo n’inkuru z’Abanyafurika ku rwego
mpuzamahanga.
Uretse
umwuga we, Kundai ni umuhanzi w’amajwi (voice-over artist) n’umunyamideli. Afite
ubushobozi bwo guha ubuzima ibimenyetso n’inkuru binyuze mu ijwi rye rihamye
n’uburanga bwe.
Yashinze
“Kijani Klosette” (bisobanura “icyatsi” mu Giswahili), iduka ricuruza imyenda
yambawe (thrift store) n’ikigo cyigisha abantu gukoresha imyenda mu buryo
burambye, bigamije kugabanya imyanda no guteza imbere imyambarire ibungabunga
ibidukikije.
Kundai
ni umunyamuryango wa Toastmasters, aho yakuye uburambe mu kuyobora no kuvuga mu
ruhame. Yiyemeje gufasha urubyiruko kubona ubumenyi mu kuyobora no kuvuga mu
ruhame, kugira ngo babe abayobozi b’ejo hazaza.
Mu
irushanwa rya Miss Africa 2025, Kundai Benhura yagaragaje ubushake bwo guteza
imbere imyambarire irambye, guteza imbere urubyiruko, no guteza imbere udushya
tw’Abanyafurika. Yashishikarije abantu gutora Zimbabwe mu irushanwa, aho buri
jwi ryagurwaga ku $1 USD cyangwa NGN1000.
Kundai
Benhura ni urugero rw’umugore w’ubwenge, uburanga n’ubwitange, wiyemeje guteza
imbere Afurika binyuze mu mpano ze, ubuyobozi, n’ubucuruzi burambye.
Umunya-Zimbabwe
niwe wegukanye ikamba rya Miss Africa Calabar 2025 ahigitse bagenzi be
bageranye mu cyiciro
Abakobwa
batandatu bavuyemo Miss Africa 2025
Ashimwe Michelle ubwo yari imbere y’Akanama Nkemurampaka yavuze ko akomoka mu Rwanda; igihugu gitekanye, giteye imbere kandi gifite isuku
Ashimwe yaserutse nk'intore mu ngamba ubwo yiyerekanaga imbere y'Akanama Nkemurampaka
Umushoramari
Enyinna Nwigwe wari mu Kanama Nkemurampaka ka Miss Africa 2025
Mbere yo gukora ibirori byo gutanga ikamba, abakobwa babanje kuganira na Guverineri wa Leta ya Cross River yo muri Nigeria yakiriye iri rushanwa, ndetse ni umwe mu bitabiriye umunsi wa nyuma w’iri rushanwa