Iki gitaramo cyabereye muri BK Arena
mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2026, cyitabiriwe n’ibihumbi
by’abantu barimo na Madamu Jeannette Kagame ndetse n’abaturutse mu bihugu
bitandukanye byo mu karere.
Amakuru yizewe InyaRwanda yamenye ni
uko impamvu nyamukuru yatumye nta muhanzi nyarwanda ugaragara kuri ‘stage’, ari
icyifuzo cy’uyu muhanzikazi ubwe.
Ikipe ya Global Citizen yateguye iki
gitaramo yabwiwe n’abakorana na Doja Cat ko yifuza gutaramira abakunzi be
wenyine, kugira ngo atange umusaruro we wose ku buryo bwuzuye, adahuje umwanya
n’abandi bahanzi.
Ni icyemezo cyafashwe hagamijwe ko
igitaramo cye kiba ‘full experience’, aho buri munota wose wifashishwa mu
kumwerekana no gutanga ibyishimo ku bari bakimufitiye amatsiko ku nshuro ya
mbere ageze muri Afurika.
Ku rubyiniro, Doja Cat yari kumwe
n’itsinda rye rigizwe n’abacuranzi batandatu n’ababyinnyi babiri, ndetse hari
na ‘camera’ zirindwi zafashaga mu gufata amashusho y’iki gitaramo ku rwego rwo
hejuru.
Nta wundi muntu wari ufite umwanya
munini kuri ‘stage’ uretse abari mu itsinda rye, ibintu byagaragazaga neza ko
igitaramo cyari cyateguwe nk’icy’umuhanzi umwe (solo headline show).
Nubwo nta muhanzi nyarwanda
waririmbye, DJ Ira yahawe umwanya wo kuvanga imiziki iminota irenga 30, mu gihe
Lion Imanzi ari we wayoboye gahunda ariko mu buryo bugufi cyane.
Ibi byatandukanye n’ibindi bitaramo
mpuzamahanga byabereye i Kigali, aho abahanzi nyarwanda bajyaga bahabwa umwanya
wo kubanziriza abashyitsi.
Urugero ni igitaramo cya Kendrick
Lamar wabanje gutaramira i Kigali tariki ya 7 Ukuboza 2023, aho yabanjirijwe ku
rubyiniro n’abahanzi barimo Bruce Melodie, Ariel Wayz ndetse na Zuchu.
Ni na ko byagenze kuri John Legend
wataramiye i Kigali tariki ya 21 Gashyantare 2025, aho yabanjirijwe ku rubyiniro n’umuhanzikazi
Bwiza.
Nubwo bamwe bashobora kubifata
nk’icyuho ku bahanzi nyarwanda, si ubwa mbere igitaramo mpuzamahanga kiba mu
buryo bw’umuhanzi umwe gusa.
Doja Cat yaririmbye indirimbo ze
zakunzwe cyane zirimo “Paint The Town Red”, “Woman”, “Streets”, “Need to Know”
na “Jealous Type”.
Ku rundi ruhande, Hugh Evans,
washinze akanayobora Global Citizen, yasobanuye ko batangije gahunda ya Move
Afrika bagamije kubaka urwego rw’ibitaramo bizajya bizenguruka Afurika bakabitumiramo
abahanzi mpuzamahanga, kandi bikanafasha mu guhanga imirimo ibihumbi mu rwego
rw’ubuhanzi n’imyidagaduro.
Yanavuze ko bahisemo Kigali nk’aho
batangirira iyi gahunda kuko ari ahantu heza cyane, agira ati: “Kigali, nta
handi twari guhitamo heza kurusha aha ho gutangirira.”


Ku rubyiniro, Doja Cat yatanze
igitaramo cyuzuye, aririmba indirimbo zakunzwe nka ‘Paint The Town Red’ na ‘Woman’, yerekana
impano idasanzwe ku bafana b’i Kigali


Yahagaze imbere y’abafana be, ati: ‘Ndabakunda Rwanda… murakoze cyane!’ – igitaramo cya mbere cya Doja Cat muri Afurika cyabaye amateka muri Kigali
Kanda hano ubashe kureba Amafoto menshi yaranze igitaramo Doja Cat yakoreye i Kigali
AMAFOTO: Karenzi Rene/ InyaRwanda.com
