Korali Hoziana yateguje Album y’indirimbo zayo zakunzwe yashyize mu rurimi rw’Igiswahili

Imyidagaduro - 23/04/2025 1:09 PM
Share:

Umwanditsi:

Korali Hoziana yateguje Album y’indirimbo zayo zakunzwe yashyize mu rurimi rw’Igiswahili

Korali Hoziana izwi mu ndirimbo zihimbaza Imana, yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo "Kaa Nami" iri mu rurimi rw'lgiswahili, mu rugendo batangiye gukora no gukora gutunganya Album izaba iriho indirimbo zabo zamamaye mu bihe bitandukanye.


lyi ndirimbo ni isengesho ryiza risaba Umukiza Yesu ‘kugumana natwe’. "Kaa Nami" ni indirimbo nshya y'lgiswahili yakomotse ku busemuzi bw'indirimbo ya Hoziana ikunzwe cyane yitwa "Tugumane" yanaririmbyemo abarimo Alex Dusabe.

Iyo ndirimbo imaze kugera ku mitima ya benshi binyuze mu butumwa bwimbitse kandi bukora ku mutima buyirimo. Gusohora indirimbo "Kaa Nami" bigamije kugeza ubwo butumwa ku bantu benshi bo mu karere u Rwanda ruherereyemo, cyane cyane abavuga lgiswahili.

Lea Mukandangizi, Perezida wa Korali Hoziana yavuze ko bahisemo gusubiramo indirimbo ‘Tugamane’ banashingiye ku bitekerezo by’abantu bakiriye. Ati “Twakiriye ubuhamya bwinshi bw'abumvise indirimbo 'Tugumane'. Ni indirimbo itera umuntu kugira icyifuzo cyo kugendana n'Imana. Binyuze muri 'Kaa Nami', twifuza gukomeza kwamamaza ubutumwa bwiza mu buryo burenga imbibi z'igihugu."

lyi ndirimbo nshya ni intangiriro y'umushinga wa Album nshya ya Hoziana, izaba igizwe n'indirimbo nshya, izakunzwe mbere ariko zisubiwemo mu buryo bugezweho, ndetse n'indirimbo zikozwe mu Giswahili.

"Kaa Nami" ni isengesho ryo mu mutima. Amagambo yayo akomeye ndetse n'injyana yayo bituje bifasha umuntu wese kuyumvira mu mwuka wo gutekereza, gusenga no kwegera Imana cyane.

Ku wa Gatanu tariki ya 22 kugeza ku Cyumweru tariki ya 24 Ugushyingo 2024, Korali Hoziana yakoze igitaramo cy’iminsi itatu cyiswe ‘Hoziana Gospel Celebration – Tugumane 2024’, cyasigiye benshi urwibutso.

Kuri ubu, iyi korali imaze gushyira hanze album zirenga 10 z’amajwi n’izindi ebyiri z’amashusho. Korali Hoziana yavutse mu mwaka wa 1967, itangirira ahitwa i Gasave ku Gisozi bigizwemo uruhare na Rev. Kayihura Jacob.


Korali Hoziana yatangaje ko yatangiye gukora Album izaba ikubiyeho indirimbo zabo zakunzwe mu bihe bitandukanye 


Korali Hoziana yo muri ADEPR Nyarugenge yasobanuye ko yasubiyemo indirimbo ‘Kaa Nami’ mu rwego rwo kugeza ubutumwa bwabo kure 

Korali Hoziana yamamaye mu ndirimbo zinyuranye ndetse iririmbamo abahanzi bakomeye

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘KAA NAMI’ YA KORALI HOZIANA



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...