Ketchup wamamaye muri ‘Pam Pam’ yaje i Kigali kumenyekanisha Album ye-VIDEO

Imyidagaduro - 22/11/2025 3:56 PM
Share:

Umwanditsi:

Ketchup wamamaye muri ‘Pam Pam’ yaje i Kigali kumenyekanisha Album ye-VIDEO

Umuhanzi w’umunya-Nigeria Ketchup wamenyekanye cyane mu ndirimbo yaciye ibintu ‘Pam Pam’, yageze i Kigali ku nshuro ya Kabiri mu rugendo rwo kumenyekanisha Album ye nshya yise ‘Turn of the Mack’ izasohoka mu mwaka utaha.

Ketchup yasesekaye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 22 Ugushyingo 2025, avuye muri Nigeria. Ni ku nshuro ya Kabiri agarutse mu Rwanda kuva mu 2023, ubwo yari yaje kumenyekanisha zimwe mu ndirimbo ze zakwirakwiye ku mugabane wa Afurika.

Uyu muhanzi wari ufite akanyamuneza kagaragara ku maso, yavuze ko yishimiye kongera kuba mu Rwanda, igihugu yavuze ko “gifite izuba riryoheye imitima kandi kigakunda abahanzi.”

Yabwiye itangazamakuru ko impamvu nyamukuru y’uru rugendo ari ugukangurira abafana be Album ‘Turn of the Mack’, ndetse no kumurika indirimbo ye nshya izasohoka kuri iki cyumweru, ikazaherekezwa n’amashusho yayo.

Ati: “Ndishimye kongera kugera mu Rwanda. Ndi hano kwamamaza Album yanjye izasohoka umwaka utaha, ndetse n’indirimbo nshya izasohoka muri iki Cyumweru. Uru ni urugendo rwiza ku muziki wanjye.”

Ketchup yavuze ko yahisemo gutangirira uru rugendo mu Rwanda kubera uburyo ahakundirwa n’urwego rw’iterambere igihugu kigezemo.

Yashimangiye ko nyuma y’i Kigali azakomereza muri Uganda, aho afite inshuti ye ya hafi Yago Pon Dat, bakoranye indirimbo mu myaka ibiri ishize. Ati “Nahisemo gutangirira mu Rwanda kuko ni igihugu cyiza kandi gitera imbere cyane. Uru ni rwo rugendo rwiza rwo kugaruka aho nakundwaga cyane.”

Ketchup, usanzwe akorera ku njyana ya Afro-Dancehall, yagarutse no ku ndirimbo ye yamenyekanye cyane ‘Pam Pam’, avuga ko ari imwe mu zo yitaho cyane mu rugendo rwe rw’umuziki.

Yagize ati: "Pam Pam’ si indirimbo isanzwe. Ibaze ko hari igihe nageze ku Rwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Nigeria bakanyakiriza iyi ndirimbo. Ni indirimbo ntazibagirwa mu buzima bwanjye bwose. Buri gihe ndayumva bikamera nk’aho nayihimbye ejo hashize.”

Yongeraho ko imbaraga zayo zitagabanutse, kuko kugeza n’ubu ab DJ, abanyamakuru n’abakora kuri Radiy bagikina iyi ndirimbo umunsi ku munsi. Nubwo avuga ko iyi ndirimbo ari imwe mu zifite amateka akomeye mu buzima bwe, yemeza ko iyo itabaho, yizera ko Imana yari kumuha indi.

Ketchup ari mu Rwanda mu gihe gito, aho ateganya guhura n’abafana be, itangazamakuru n’abafatanyabikorwa mu rwego rwo kugeza ku Banyarwanda ibyo ari gutegura mu muziki.

Ketchup, amazina ye nyakuri Onyido Nkemjika, ni umwe mu bahanzi bo muri Nigeria bagejeje kure umuziki wa Afro-Dancehall mu myaka ya vuba. Yatangiye umuziki mu myaka ya za 2010, atangira kumenyekana biturutse ku mashusho y’ibitaramo n’indirimbo zifite umwimerere w’isi ya Dancehall akora mu buryo bwihariye.

Yamamaye cyane mu 2015 ubwo yasohoraga ‘Pam Pam’, indirimbo yahise ifata Isi ya Afurika n’iyindi migabane, imufungurira amarembo muri Nigeria, Uganda, Kenya, Tanzania, Rwanda n’ahandi.

Iyo ndirimbo yamubereye intangiriro y’urugendo rushya, imushyira mu rwego rumwe n’abahanzi bari bamaze gufata Afrobeat n’Afro-Dancehall ku rwego mpuzamahanga.

Mu rugendo rwe, Ketchup yakoranye n’abahanzi batandukanye barimo Yemi Alade, Olamide n’abandi, ahuza injyana zinyuranye ariko aguma ku murongo we w’“umudiho uryoheye ama-dancefloors.”

Mu 2016 yasohoye EP yamufashije kurushaho kumenyekana, akomeza kubyutsa izina rye binyuze mu bitaramo mpuzamahanga no gusohora indirimbo zifite umwimerere.

Ketchup yagiye agaragara mu bihugu bitandukanye bya Afurika, by’umwihariko mu Rwanda no muri Uganda, aho afite abakunzi benshi.

Ubu ari kwamamaza Album ye nshya ‘Turn of the Mack’, ateganya kuyisohora mu 2026, ndetse akomeje kugaragaza ko Pam Pam ari indirimbo izahora ari inkomoko y’ibihe bye byiza mu muziki.

Ku myaka amaze mu rugendo rwe, Ketchup akomeje kwiyubaka nk’umwe mu bahanzi bo mu murongo wa Dancehall bafite ubudasa, umuvuduko n’ubushobozi bwo gushyira abantu mu munezero aho ari hose.

Ketchup akigera ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali ubwo yatangiraga urugendo rwo kumenyekanisha Album ye nshya ‘Turn of the Mack’

Uyu muhanzi w’Umunya-Nigeria yagarutse i Kigali ku nshuro ya kabiri agaragaza ko akunda u Rwanda ndetse anarushimira uburyo rumwakira mu gihe cy'urugendo rwe rwo kwamamaza ibikorwa bye bishya 


Ketchup yagaragaje akanyamuneza, avuga ko yishimiye gutangirira urugendo rwe rwa album mu Rwanda kubera uko yakiriwe neza mu 2023 


Amaze gusesekara i Kanombe yahise atangaza ko indirimbo ye nshya iri hafi gusohoka kandi ko izaherekezwa n’amashusho mashya ategura igice gishya cy’urugendo rwe rw’umuziki 

Ketchup yabwiye itangazamakuru ko u Rwanda ari rwo yahisemo nk’ahantu hatuma yumva akundwa kurusha ahandi bityo ahafata nk’umwanya mwiza wo gutangira kwamamaza album ye ‘Turn of the Mack’

Uyu muhanzi wubatse izina binyuze mu ndirimbo ‘Pam Pam’ yavuze ko n’ubwo hashize imyaka irenga irindwi ayikoze ikiri mu mitima y’abafana ari na yo mpamvu akunda gusubira mu bihugu bimwereka urukundo rudasanzwe

Ketchup akigera i Kigali yavuze ko kuba abakozi bo ku mipaka muri Nigeria bamwakirije ku ndirimbo ya ‘Pam Pam’ bigaragaza urwego iyo ndirimbo yagejejeho izina rye mu muziki wa Afurika

Ketchup yavuze ko nyuma y’i Kigali azakomereza ibikorwa byo kwamamaza muri Uganda aho afite inshuti ye ya hafi Yago bakoranye indirimbo mu myaka ibiri ishize


Uyu muhanzi yashimiye abanyamakuru n’abakora kuri Radio n’aba Dj bo muri Afurika no hanze yayo bakomeje gukina ‘Pam Pam’ avuga ko ari ibintu bimushyiramo imbaraga zo gukora no gutegura umushinga we mushya

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA KETCHUP AKIGERA I KIGALI

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'PAM PAM YA KETCHUP WAGEZE I KIGALI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...