Juventus yatijwe Vicario wa Tottenham bihagarika igurwa rya Martinez

Imikino - 19/08/2026 6:29 AM
Share:

Umwanditsi:

Juventus yatijwe Vicario wa Tottenham bihagarika igurwa rya Martinez

Ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani yamaze kumvikana na Tottenham Hotspur ku buryo bwo kuyitiza umunyezamu Guglielmo Vicario, aho uyu mukinnyi azakinira iyi kipe mu mwaka w’imikino utaha.

Vicario azakinira Juventus ku ntizanyo y’umwaka umwe, ndetse amasezerano akubiyemo uburyo iyi kipe ishobora kumugura burundu ku ma-pound miliyoni 8.5, ni ukuvuga hafi miliyoni 10 z’amayero. 

Iyi kipe yari yabanje kwifuza umunyezamu wa Aston Villa, Emiliano Martinez, ariko iza guhindura gahunda nyuma y’uko iyi kipe yo mu Bwongereza yanze miliyoni 8.5 z’amapound yari yatanzwe kugira ngo imurekure.

Agaciro Aston Villa yashyize kuri Martinez, hamwe n’ibibazo by’imvune uyu munyezamu amaze iminsi agira, birimo n’imvune yo ku rutoki, byatumye Juventus ihindukirira Vicario.

‎Uyu Mutaliyani w’imyaka 29 yari amaze igihe afatwa nk’umukinnyi ushobora kuva muri Tottenham, cyane ko Antonin Kinsky ari we wari uteganyijwe kuba umunyezamu wa mbere muri iyi kipe.

‎Vicario yageze muri Tottenham mu 2023 avuye muri Empoli, ariko ubu Juventus yamuhisemo nk’igisubizo mu izamu nyuma yo kuva ku mugambi wo gusinyisha Martinez.

‎Mu gihe Juventus yari iri gushaka Vicario, Aston Villa yo yamaze kumvikana na Parma ku kugura umunyezamu w’Ubuyapani, Zion Suzuki.

Villa izishyura miliyoni 29.9 z’amapound, hafi miliyoni 35 z’amayero, kugira ngo isinyishe uyu munyezamu w’Ubuyapani wamenyekanye cyane nyuma y’imikino y’Igikombe cy’Isi.

‎Suzuki na we yari ari mu bakinnyi Juventus yifuzaga, aho iyi kipe yo mu Butaliyani yari iteganya kumutizaho igihe yari kuba agiye muri Paris Saint-Germain. Gusa ibiganiro byo kujya muri PSG byaje guhagarara, biha Aston Villa amahirwe yo kumusinyisha.

‎Martinez, wari wegukanye Igikombe cy’Isi ari kumwe na Argentina, afite amasezerano na Aston Villa azageza muri 2029. Nubwo amakipe nka Manchester United, Juventus na Inter Milan yigeze kumwereka ko amwifuza, ntabwo uyu munyezamu yigeze gusaba kuva muri iyi kipe.

Ariko umwe mu bamuhagarariye, Gustavo Goni wo muri Universal TwentyTwo, avuga ko umukinnyi yishimiye gukinira Aston Villa kandi ko ategereje gutangira umwaka mushya w’imikino.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...