Judence Kayitesi yahuye n’abasomyi abamurikira igitabo cye “Letters to Forever” -AMAFOTO

Imyidagaduro - 08/11/2025 10:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Judence Kayitesi yahuye n’abasomyi abamurikira igitabo cye “Letters to Forever” -AMAFOTO

Umwanditsi w’Umunyarwandakazi, Judence Kayitesi yahuye n’abasomi b’ibitabo mu gikorwa cyabereye mu Mujyi wa Kigali cyari cyuzuyemo ibiganiro, ubusabane n’ubutumwa bw’ihumure binyuze muri “Meet the Guest Author of November”, aho yabasobanuriye ubutumwa yakubiye mu gitabo “Letters to Forever” ndetse na "The Unity Quest" aherutse gushyira hanze.

Iki gikorwa cyabaye tariki ya 6 Ugushyingo 2025, cyateguwe na Akitabu Bookstore. Cyahuje abantu b’ingeri zinyuranye, abasomyi, urubyiruko, ababyeyi n’abakunda ibitabo byubaka bose bari baje guhura n’umwanditsi wamenyekanye cyane mu bitabo bigaruka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Judence Kayitesi ni umwe mu banditsi ba Inzozi Publisher, azwi cyane mu kwandika inkuru zishingiye ku buzima bwe no ku mateka y’u Rwanda, cyane ku gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku rukundo no ku mibereho y’Abanyarwanda muri rusange.

Mu biganiro bye, Judence yasangije abari aho urugendo rwe rwo kwandika, avuga ko yahisemo kwandika ibitabo byubaka kuko ari inzira yo gukira ibikomere no gufasha abandi kwiyubaka.

Yagize ati: “Kwandika kuri njye ni inzira yo gukira no gusangiza abandi icyizere. Buri gitabo cyanjye cyavukiye mu buribwe, ariko gisoza gitanga ihumure.”

Yagarutse ku bitabo bye bine byamugize umwe mu banditsi b’abanyarwanda bakunzwe muri iki gihe birimo nka: A Broken Life, Choosing Resilience, Unity Quest na Letters to Forever.

Yasobanuye ko ibi bitabo byose bifite umuyoboro uhuza ubutumwa bwo gucengera mu buzima, kwiyubaka no guhitamo gukomeza nubwo ubuzima bushobora kuba bwarabaye bubi.

Mu kiganiro cye, Kayitesi yahishuriye abasomyi ko “Letters to Forever”, ari cyo gitabo gishya yasohoye, yacyanditse agamije kugaragaza imbaraga z’urukundo nyuma y’ibihe byose bigoye yanyuzemo.

Ati: “Nyuma y’amateka y’uburibwe n’inzira z’inzitane nanyuzemo, nashatse kugaragaza ko urukundo narwo rushobora kuba imbaraga zo gukira. Letters to Forever ni inkuru y’urukundo rudapfa, rwafashije umutima wanjye kongera guseka,” yavuze Kayitesi.

Akitabu Bookstore, ari na yo yateguye iki gikorwa, yongeye kwibutsa abasomyi intego yayo yo guteza imbere umuco wo gusoma no guhuza abanditsi b’Abanyarwanda n’abasomyi babo.

Mu gihe cy’amasaha menshi, abitabiriye basangije uko ibitabo bya Judence byabagiriye akamaro, banabaza ibibazo ku buryo yandika n’uburyo abona iterambere ry’umuco wo gusoma mu Rwanda.

Benshi bagaragaje ishema n’ibyishimo byo guhura n’umwanditsi bakunda, banagira amahirwe yo kumusaba gusinya ku bitabo bye no gufata amafoto y’urwibutso.

Umwe mu basomyi witabiriye iki gikorwa yagize ati “Ibitabo bya Judence byamfashije kubona ubuzima mu bundi buryo. Byanyeretse ko ubumwe n’imbaraga zituruka mu guhangana n’ahashize. Kumuva avuga byakoze ku mutima.”

Mu magambo ye yo gusoza, Judence Kayitesi yashimiye Akitabu Bookstore yamwakiriye ndetse inamufasha kugurisha ibitabo bye, asaba kandi abanyarwanda gukomeza gusoma no gusangiza abandi uwo muco. Ati: “Iyo dusoma, tuba twiyungura ubumenyi kandi tugakiza imitima yacu. Gusoma ni ikimenyetso cyo gukunda igihugu n’umuco wacyo.”

Judence Kayitesi aganiriza abasomyi ku rugendo rwe rwo kwandika ibitabo by’ubuzima n’ihumure

Abasomyi bari mu gikorwa “Meet the Guest Author of November” muri Akitabu Bookstore i Kigali 

Umwanditsi Judence Kayitesi asinya ku gitabo cya “Letters to Forever” cyakiriwe neza n’abasomyi 


Ubusabane hagati y’umwanditsi n’abasomyi bwazanye ibyishimo n’ubutumwa bw’icyizere

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO NA JUDENCE KAYITESI ASOBANURA BIMWE MU BITABO BYE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...