Jose Mourinho yatangajwe nk’umutoza mushya wa Real Madrid mu buryo bwihariye

Imikino - 18/08/2026 1:45 PM
Share:

Umwanditsi:

Jose Mourinho yatangajwe nk’umutoza mushya wa Real Madrid mu buryo bwihariye

José Mourinho yatangajwe ku mugaragaro nk’umutoza mushya wa Real Madrid, mu muhango udasanzwe utitabiriwe n’abafana cyangwa abanyamakuru.

Uyu mutoza w’Umunya-Portugal yari ari kumwe na Perezida wa Real Madrid, Florentino Pérez, asinya amasezerano ye mashya ndetse anafata ifoto yambaye umwambaro wa Real Madrid wanditseho izina rye.

Mourinho wagarutse gutoza Real Madrid nyuma y’imyaka myinshi, yavuze ko yumva ari nk’uwatashye iwabo. Ati: “Ngarutse mu rugo.”

Uyu muhango wabereye mu cyumba cy’inama kiri ku kibuga cy’imyitozo cya Real Madrid City, aho Florentino Pérez yakiriye Mourinho mbere y’uko asinya amasezerano azamugumisha muri iyi kipe kugeza ku wa 30 Kamena 2029.

Nyuma yo gusinya, Mourinho yashyikirijwe impano zirimo kopi y’ikibuga cya Real Madrid, isaha ndetse n’umwambaro wanditseho izina rye.

Muri uyu muhango kandi yari ahari Perezida w’icyubahiro wa Real Madrid, José Martínez Pirri.

Mourinho ni we wabaye uwa mbere mu batangajwe ku mugaragaro muri Real Madrid muri iyi mpeshyi, mu gihe iyi kipe yamaze kwakira abandi bakinnyi batandatu bashya.

Ubuyobozi bwa Real Madrid bwahisemo ko aba bose bazatangazwa mu buryo bwihariye, nta bafana cyangwa abanyamakuru bari aho, ahubwo hakitabira abayobozi b’ikipe n’abantu bake ba hafi y’umukinnyi cyangwa umutoza.

Ejo Ku wa Gatatu ni bwo hateganyijwe gutangazwa umukinnyi wa mbere muri abo bashya.

Mourinho we azongera kuvugana n’itangazamakuru ku wa Gatanu, ubwo azaba atanga ikiganiro cye cya mbere nk’umutoza wa Real Madrid.

Icyo kiganiro kizaba mbere y’urugendo rw’ikipe ijya i Barcelona, aho Real Madrid izatangirira shampiyona ihura na Espanyol ku wa Gatandatu saa 21:30.

Nyuma y’umuhango wo kumutangaza, Mourinho yagiranye ikiganiro kigufi n’itangazamakuru ry’ikipe ya Real Madrid, avuga ko kugaruka muri iyi kipe bifite igisobanuro gikomeye kuri we.

Ati: “Ubwa mbere nageraga muri Real Madrid, byari ku rwego rwo hejuru rw’umwuga nashoboraga kugeraho. Ariko ubu, uretse uwo mwuga, harimo n’ibyiyumvo ndetse n’ubuzima bwite. Ni yo mpamvu nizera ko iki cyiciro kirushijeho kuba ikidasanzwe kurusha icya mbere.”

Mourinho yavuze ko atagarutse muri Real Madrid kugira ngo atoze gusa, ahubwo ko afite inshingano yumva zirenze amagambo.

Ati: “Numva ko ari ubutumwa mfite, ikintu kirenze amagambo. Ndi hano kugira ngo mfashe buri wese gutera imbere, kandi nshyireho umuco wo gukora cyane, kugira inshingano no kugira intego zikomeye.”

Uyu mutoza yavuze kandi  ashaka gusubiza mu bakinnyi n’abandi bakozi ba Real Madrid umuco wo kumva inshingano bafite zo gukorera iyi kipe. Ati: “Ndifuza kandi kubatoza kumva inshingano bafite ndetse n’icyubahiro cyo gukorera Real Madrid.”

Mourinho yasoje avuga ko ik’ingenzi kuri we ari uko buri wese muri Real Madrid yumva ko afite inshingano zo gukorera iyi kipe.

Ati: “Icy’ingenzi ni ugukorera Real Madrid, kandi ndashaka ko ari uko bimeze kuri buri wese uri i Valdebebas. Icyo nabwira abafana ni uko ndi umwe muri mwe. Nahoranye namwe kuva nava muri iyi kipe.”

Jose Mourinho yatangajwe nk’umutoza mushya wa Real Madrid mu buryo bwihariye



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...