Jose Chameleone yikomye ishyirahamwe ry’abahanzi ryamutereranye

Imyidagaduro - 17/04/2025 1:20 PM
Share:

Umwanditsi:

Jose Chameleone yikomye ishyirahamwe ry’abahanzi ryamutereranye

Umuhanzi w’inararibonye muri Uganda, Jose Chameleone, yagaragaje uburakari n’agahinda aterwa n’uko ishyirahamwe ry’abahanzi bo muri Uganda (Uganda National Musicians Federation - UNMF) ryamutereranye ubwo yagarukaga mu gihugu avuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwivuza uburwayi bwamwibasiye.

Chameleone, wamamaye cyane mu myaka irenga 20 ishize mu ndirimbo zanyuze imitima ya benshi muri Afurika y’Iburasirazuba no hanze yayo, yavuze ko atigeze abona ikimenyetso na kimwe cy’uko yakiranywe urugwiro cyangwa icyubahiro gikwiye umuntu wubatse izina nk’iry’“Umwami w’umuziki” muri Uganda.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Big Eye, Pallaso – umuvandimwe wa Chameleone, ni we wasabye ishyirahamwe kubafasha gutegura igikorwa cyo kumwakira. Eddy Kenzo, Perezida wa UNMF, yemeye ubwo bufasha ariko agaragaza ko we ubwe yari adahari ubwo Chameleone yageraga i Kampala.

Kenzo yasobanuye ko yasigiye umunyamabanga wa UNMF inshingano zo gukurikirana icyo gikorwa. Gusa ngo ikibazo cyavutse ubwo Sekreteriyati yabuze kuri telefoni Pallaso, wari witezweho gutanga gahunda irambuye y’uko igikorwa cyo kumwakira kizagenda. Ibi byatumye UNMF yikura mu myiteguro yose y’uwo muhango.

Chameleone ariko ntiyanyuzwe n’ibyo bisobanuro, maze atangaza ko ababajwe cyane n’uburyo ishyirahamwe ryitwaye, anavuga ko yumva atitaweho nko mu gihe abandi bahanzi bafatwa nk’inyenyeri bagaragarizwa icyubahiro gikomeye mu gihe bagaruka mu gihugu cyabo.

Jose Chameleone, amazina ye asanzwe ni Joseph Mayanja. Yatangiye umuziki mu mpera z’imyaka ya 1990, aho yagiye aba mu Rwanda na Kenya, mbere yo kwamamara cyane muri Uganda.

Ni umwe mu bahanzi bubatse umuziki wa Uganda ku rwego mpuzamahanga, azwi mu ndirimbo nka “Valu Valu”, “Tatizo”, “Bayuda” n’izindi. Ibitaramo bye byitabirwa n’imbaga y’abantu, ndetse yigeze no guhabwa icyubahiro nk’intumwa y’amahoro.

Chameleone kandi azwiho kuba inararibonye mu muziki w’iwabo ariko unagira uruhare mu itegurwa rya politiki, ndetse yigeze kwiyamamariza kuyobora Kampala mu matora aheruka, nubwo atabashije gutsinda.

Edrisah Musuuza [Eddy Kenzo] uyoboye ishyirahamwe ry’abahanzi muri Uganda, ni umwe mu bahanzi ba Uganda bakunzwe cyane mu myaka 10 ishize.

Yatangiye azwi mu ndirimbo “Stamina”, ariko yaje kurushaho kwamamara ku rwego mpuzamahanga mu ndirimbo ye “Sitya Loss”, yatumye aserukira igihugu ku rwego rwo hejuru. Ni we Munya-Uganda wa mbere wegukanye Grammy Award, binamuhesha igikundiro kinini muri Afurika.

Mu 2023, Kenzo yatorewe kuyobora ishyirahamwe ry’abahanzi UNMF, risanzwe rihuza abahanzi baturuka mu nzego zitandukanye z’umuziki wa Uganda.

Muri iyo nshingano, Kenzo afite icyerekezo cyo guharanira uburenganzira n’iterambere ry’abahanzi, ariko ibi bibazo by’itumanaho n’imikoranire bikomeje kuzamura urunturuntu.

Abakurikiranira hafi umuziki wa Uganda bavuga ko ikibazo hagati ya Chameleone na UNMF kitari gushingiye gusa ku kwibagirwa.

Ihuriro rya UNMF kugeza ubu ntirarasohora itangazo risobanura ku mugaragaro icyabaye, ariko abahanzi benshi basaba ko hakorwa isesengura ryimbitse ku mikorere y’iryo shyirahamwe.


Jose Chameleone yagaragaje ko atishimiye uburyo ishyirahamwe ry’abahanzi ryamurengeje ubwo yagarukaga i Kampala nyuma y’amezi yari ashize yivuriza muri Uganda

 

Eddy Kenzo yatangaje ko yasigiye inshingano umunyamabanga, ariko birangira atitabiriye kuko atabashije kuvugana na Pallaso


Umwanditsi:

Yanditswe 17/04/2025 1:20 PM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...