John Legend yasobanuye uburwayi bwo mu mutwe Kanye West afite ndetse n’icyabumuteye

Imyidagaduro - 12/05/2025 8:22 AM
Share:

Umwanditsi:

John Legend yasobanuye uburwayi bwo mu mutwe Kanye West afite ndetse n’icyabumuteye

John Legend uheruka gutaramira mu Rwanda akaba yarabaye inshuti cyane na Kanye West, yatangaje ko urupfu rwa Dinda rwagize uruhare runini mu burwayi bwo mu mutwe Kanye West afite ndetse uko imyaka yagiye isumburana ubu burwayi bwariyongereye.

Kanye West yagiye avuga ku mugaragaro ibijyanye n’ubuzima bwe bwo mu mutwe, aho yavuze ko yahawe ibisobanuro bitari byo ku ndwara ya bipolar, ndetse akemeza ko ashobora kuba afite autisme aho kugira bipolar nk’uko byari byatangajwe.

Ibi byatumye hatangira ibiganiro ku buryo uburwayi bwo mu mutwe bushobora kugira uruhare mu myitwarire ye n’amagambo atandukanye akunda gutangaza ku mugaragaro.

Mu kiganiro aherutse kugirana na The Times, John Legend nawe yinjiye muri ibi biganiro, avuga ko urupfu rwa nyina wa Kanye West rwagize ingaruka zikomeye ku buzima bwe bwo mu mutwe.

Legend yavuze ko iki kibazo cya Kanye cyatangiye mu 2007 ubwo nyina yapfaga, kandi kuva ubwo, ubuzima bwe bwo mu mutwe bwakomeje kuzamba uko imyaka yagiye ihita.

John Legend yagize ati "Birababaje, rimwe na rimwe bintungura, kubona aho [Kanye West] ageze ubu... Sinigeze mbona n’ikimenyetso cy’ibyo tubona ubu, nk’urwango afitiye Abayahudi, urwango rw’abirabura, kandi birababaje kumubona asubira inyuma gutyo,"

Akomeza agira ati "Ariko sintekereza ko ndi muganga b’indwara zo mu mutwe ngo tumusuzume, ariko kuva nyina yapfa mu 2007, ibintu byarahindutse. Kugwa kwe kwatangiye ubwo, kandi bisa nk'aho byarushijeho gukara vuba aha."

Dr. Donda West yari umwarimu w’icyubahiro muri Kaminuza ya Chicago State, aho yigeze kuyobora ishami ry’icyongereza. Akarusho k’ibyo byose, yari umubyeyi wa Kanye West akaba yaramubereye umutoza, umujyanama, inshuti magara n’umufasha mu bikorwa bye bya buri munsi.

Yapfuye ku itariki ya 10 Ugushyingo 2007, afite imyaka 58, nyuma y’iminsi mike akoze operasiyo z’ubwiza (plastic suregery) zirimo gukuraho ibinure no kugabanya amabere.

Nk’uko byatangajwe n’abagenzacyaha bo muri Leta ya California, Dr. Donda yishwe n’ibibazo byaturutse ku buryo umutima we wahagaze, aho byagaragaye ko yari afite indwara z’umutima zititaweho mbere yo gukora operasiyo.

Uwamukoreye izo operasiyo, Dr. Jan Adams, yaje kunengwa bikomeye, bamwe bavuga ko atari akwiriye gukora izo operasiyo kuko Donda yari afite ibibazo by’ubuzima bishobora gutuma atabasha kuzihanganira.

Uru rupfu nirwo rwakoze kuri Kanye West ndetse rumusiga mu gahinda gakomeye cyane ko nyine yamubaga hafi mu bikorwa byose yakoraga harimo n’ibikorwa bya muziki.

Kanye West yari inshuti ya Mama we ndetse uburwayi bwo mu mutwe bwatewe n'urupfu rwa Mama we, Dr Donda

Dr Donda yari umufana akaba n'umujyanama wa Kanye West bikaba inshingano zirenze kuba umubyeyi

John Legend yavuze ko uburwayi bwo mu mutwe bwa Kanye West bwatewe n'urupfu rwa Mama we


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...