Jamal Musiala yatangaje indwara iri gutuma yikubita hasi mu mikino

Imikino - 19/08/2026 12:41 PM
Share:

Umwanditsi:

Jamal Musiala yatangaje indwara iri gutuma yikubita hasi mu mikino

Umukinnyi wa FC Bayern Munich, Jamal Musiala, yatangaje ko ari kuvurwa indwara yo gutakaza ubwenge nyuma yo kugaragara yikubita hasi mu mikino ibiri yikurikiranya y’ikipe ye.

Musiala w’imyaka 23, Ejo ku wa Kabiri yaguye hasi nyuma y’iminota mike yinjiye mu kibuga asimbuye mu mukino wa gicuti Bayern Munich yakinnye na Heidenheim mu rwego rwo kwitegura shampiyona nshya.

Ibi byabaye nyuma y’ikindi kibazo nk’iki cyari cyamubayeho ku wa Gatandatu, ubwo na bwo yasohokaga mu kibuga nyuma yo gutakaza ubwenge mu mukino wa gicuti Bayern Munich yakinnye na RB Leipzig i Munich.

Muri ibyo bihe byombi, abaganga ba Bayern Munich bihutiye kujya mu kibuga kumwitaho, mu gihe bagenzi babaga bamuzengurutse kugira ngo barinde ubuzima bwe.

Nyuma y’ibyabaye Ejo ku wa Kabiri, aho yaguye hasi ku munota wa 69 w’umukino wabereye i Heidenheim, Musiala yatangaje ku rubuga rwe rwa Instagram ko yamaze gusuzumwa ndetse akaba ari no kuvurwa.

Yagize ati: “Nasuzumwe nsanga mfite ibibazo by’igihe gito kandi bimara akanya gato byo gutakaza ubwenge, bizwi nka absence seizures, biterwa n’ikibazo cy’imikorere y’imyakura. Ibi ni byo bishobora gutera ibihe nk’ibyo mperutse kugira, haba mu mukino twakinnye na Leipzig cyangwa ubu muri Heidenheim.”

Musiala yavuze ko nubwo ibi bishobora gutera ubwoba ku muntu ubibonye bwa mbere, kuri we ubu biri mu buzima bwe bwa buri munsi kandi ari kubona ubuvuzi bukwiye.

Ati: “Nzi ko ibi bishobora gutera ubwoba iyo ubibonye bwa mbere, ariko kuri njye ubu ni kimwe mu bigize ubuzima bwanjye bwa buri munsi. Ndi kubona ubuvuzi bwiza bushoboka kandi mfite icyizere gikomeye.”

Uyu mukinnyi w’Ubudage kandi yahumurije abafana ba Bayern Munich n’abandi bamuhangayikiye, avuga ko nta kindi kibazo cy’ubuzima gikomeye ahanganye na cyo. Yagize ati: “Icy’ingenzi ni uko nta yandi makuba y’ubuzima mfite.”

Musiala yavuze ko nyuma yo kuganira n’abaganga b’inzobere no gukurikiranwa buri gihe, ari we ubwe wifuje gukomeza ubuzima bwe busanzwe ndetse agakomeza gukina umupira w’amaguru, nyuma yo guhabwa uburenganzira n’abaganga b’inzobere mu ndwara z’imyakura.

Ati: “Naganiriye bya hafi n’inzobere kandi tugakomeza kuvugana buri gihe. Nari nifuje ubwanjye guhangana n’iki kibazo, kandi nyuma yo guhabwa uburenganzira n’abaganga b’inzobere mu ndwara z’imyakura, nkomeza kwibanda ku kintu kimfasha cyane mu gukira: gukomeza kubaho ubuzima bwanjye busanzwe no gukora ibyo nkunda, ari byo gukina umupira w’amaguru.”

Musiala kandi yavuze ko yafashe inshingano zo gukurikirana iki kibazo ndetse akaba yumva ari mu nzira nziza yo gukira. Ati: “Nafashe inshingano zo guhangana n’iki kibazo. Muri rusange, mfite ibyiyumvo byiza kandi numva ndi mu nzira nziza.”

Bayern Munich izatangira shampiyona y’u Budage ku wa Gatandatu, aho izahura na Borussia Dortmund mu mukino wa German Super Cup. Kugeza ubu, iyi kipe ntiratangaza niba Musiala azaba yemerewe gukina uwo mukino cyangwa niba azasigara hanze kugira ngo akomeze gukurikiranwa n’abaganga.

Jamal Musiala amaze kugwa hasi mu kibuga inshuro ebyiri zikurikirana


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...