Mu kiganiro aherutse kugirana n’umunyamakuru Hero Daniels, Iyanya yavuze ko se yapfuye hashize icyumweru kimwe gusa ngo asinyire amasezerano y’akazi mu muziki, na ho mukuru we yitaba Imana akimara gukora indirimbo ye ya mbere.
Yakomeje avuga ko nyina yitabye Imana ku munsi yari afite
igitaramo, ndetse igihe yari inyuma y’urubyiniro yitegura kuririmba, ari
bwo yamenyeshejwe inkuru y’incamugongo.
Yagize ati:
Yakomeje agira ati: "Umunsi mama yapfiriyeho,
nari mfite igitaramo. Nari ndi inyuma y’urubyiniro (backstage) niteguye gusohoka.
Haburaga iminota ine gusa ngo njye ku rubyiniro. Umuvandimwe wa mama yakomeje
kumpamagara. Nkimwitaba, ambwira ko ‘Mama yapfuye’. Nubwo nari mbabaye cyane,
narihanganye ndaririmba.”
Iyanya yavuze ko ibyo
bihe byamwigishije gukomera, no gukunda cyane ibyo akora kuko yabonye ko
ubuzima bushobora guhinduka umunsi uwo ari wo wose. Yongeyeho ko kuririmba muri
ibyo bihe bitoroshye byamubereye uburyo bwo kwisohora mu gahinda no gukomeza
urugendo rwe rwa muzika.