Itorero Inganzo Ngari rigiye kuganuza igitaramo cyabo ‘Tubarusha Inganji’ abazitabira Gen-Z Comedy

Imyidagaduro - 18/07/2025 7:16 AM
Share:

Umwanditsi:

Itorero Inganzo Ngari rigiye kuganuza igitaramo cyabo ‘Tubarusha Inganji’ abazitabira Gen-Z Comedy

Itorero Inganzo Ngari, rimaze kuba ubukombe mu guteza imbere umuco nyarwanda, ryatangaje ko rigiye kugaragara mu gitaramo cy’urwenya Gen-Z Comedy kizaba ku wa Kane, tariki ya 24 Nyakanga 2025 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Iri torero ryemeje ko rizitabira kiriya gitaramo mu rwego rwo gutanga umusogongero w’ibyo bitegura kwerekana mu gitaramo gikomeye bise ‘Tubarusha Inganji’ kizaba ku wa 1 Kanama 2025, kiri no mu rwego rwo kwizihiza Umunsi w’Umuganura.

Ni igitaramo cya munani Inganzo Ngari rigiye gukora kuva ryatangira mu 2006, kikazaba kirimo umwihariko wihariye kuko kizabanziriza icy’umwaka utaha (2026) bazakora mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 y’itorero.

Mu kiganiro aherutse kugirana na InyaRwanda.com, Umuyobozi wa Inganzo Ngari, Nahimana Serge, yavuze ko bahisemo insanganyamatsiko ‘Tubarusha Inganji’ mu rwego rwo kwerekana ibigwi by’u Rwanda, n’urugendo rw’iterambere rwagezweho binyuze mu Leta y’Ubumwe.

Yagize ati: “Impamvu twise igitaramo ‘Tubarusha Inganji’ ni uko gishingiye ku bigwi by’igihugu cyacu, aho tuzerekana uko u Rwanda rwagiye rwigobotora ibibazo bitandukanye, rubikesha Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, ibyo bikabyara intsinzi.”

Yongeyeho ati: “Ikindi ni ukwerekana urugendo rw’Abanyarwanda, kuva mu mwijima tugana ku Rwanda rufite icyerekezo – ubu n’ejo hazaza.”

Itorero Inganzo Ngari ryashinzwe mu 2006 rifite intego yo guteza imbere no gusigasira umuco nyarwanda binyuze mu mbyino, indirimbo n’imyambaro gakondo.

Riri mu matorero akunzwe cyane kubera ubuhanga n’ubushishozi mu mbyino z’abasore n’abakobwa, ndetse no kugaragaza umuco w’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga.

Bamaze gukora ibitaramo bikomeye birimo: ‘Inganzo Twaje’ (2009), ‘Umuco Kagozi ka Bugingo’ (2010), ‘Bwiza bwa Mashira budashira irora n’irongorwa’ (2011), ‘Inzira ya Bene u Rwanda’ (2013), ‘Ruganzu I Bwimba’ (2015), ‘Urwamazimpaka’ (2018), ndetse na ‘Ruganzu II Ndoli Abundura u Rwanda’ (2023).

Bakoze ingendo z’ubuhanzi hirya no hino ku isi harimo Uburayi, Amerika n’ahandi, bakaba barigeze no kugaragara muri FESPAD (Festival Panafricain de Danse), rimwe mu maserukiramuco akomeye muri Afurika.

Inganzo Ngari ntirisigara mu mbyino gusa, ahubwo rinazwiho kuririmba indirimbo zishingiye ku muco n’uburage bw’abakurambere.

Bagiye bagaragara mu bitaramo by’abahanzi bakomeye nka Cécile Kayirebwa, Intore Masamba n’abandi, aho bafasha gususurutsa abantu binyuze mu mbyino z’umwimerere no mu myambaro yerekana iterambere ry’umuco nyarwanda.

Binyuze mu kwitabira Gen-Z Comedy, iri torero rirashaka kwegera urubyiruko no kurushishikariza gukunda umuco, ndetse no kubatumira ku mugaragaro mu gitaramo gikomeye ‘Tubarusha Inganji’.

Iki gitaramo cya 1 Kanama 2025 kitezweho kwerekana inzira y’ubutsinzi bw’Abanyarwanda, umuco wabo, n’imbaraga z’ubufatanye bwubatse igihugu. Kizabera ahantu habereye ibiganiro n’ibirori byinshi by’ingenzi—Camp Kigali, kandi kizahuza abahanzwe amaso n’umuco n’iterambere ryawo. 

Inganzo Ngari bagiye gutanga umusogongero w'igitaramo cyabo ‘Tubarusha Inganji’ muri Gen-z Comedy


Abagize Itorero Inganzo Ngari berekana imbyino z’umuco nyarwanda zigaragaza ibigwi by’u Rwanda 

Uko intambwe ijya imbere: Inganzo Ngari mu myambaro gakondo itatse ubwiza bw’umuco

 

Abasore n’inkumi bo muri Inganzo Ngari bigaragaza mu mbyino z’amateka n’ubutwari bw’u Rwanda

Iki gitaramo kizabera muri Camp Kigali tariki 1 Kanama 2025 mu kwizihiza Umunsi w'Umuganura



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...