Itangazo ry'Inama y'Abepiskopi Gatolika mu Rwanda ku rupfu rwa Papa Fransisiko

Imyidagaduro - 21/04/2025 6:04 PM
Share:

Umwanditsi:

Itangazo ry'Inama y'Abepiskopi Gatolika mu Rwanda ku rupfu rwa Papa Fransisiko

Kuri uyu wa 21 Mata 2025 ni bwo hatangajwe inkuru y’akababaro y’uko umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi Papa Fransisiko yitabye Imana. Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda yasohoye itangazo ryo kubikira Abakristu bose mu Rwanda Urupfu rwa Papa Fransisiko.

Ni itangazo rigira riti: “Nyiricyubahiro Antoni Kardinali Kambanda , Arikiyepiskopi wa Kigali akaba na Perezida w'Inama y'Abepisikopi Gatolika mu Rwanda afatanyije n'Abepiskopi Gatolika bo mu Rwanda ababajwe no kubikira abakirisitu bose mu Rwanda urupfu rwa Papa Fransisiko, Umwepisikopi wa Roma umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, watabarutse mu gitondo cy'itariki 21/04/2025, ku isaha ya saa moya n'iminota 35, i Roma mu Butaliyani.”

Itangazo rikomeza rivuga ku buzima bwa Papa n’urugero asigiye Kiliziya, rigira riti: “Mu buzima bwe bwose yakoreye Nyagasani na Kiliziya, arangwa cyane no gukunda abantu bose cyane cyane abakene, intamenyekana n'abari mu kaga. Adusigiye urugero rwiza rw'umwigishwa w'ukuri wa Yezu. Turagije Roho ye urukundo n'impuhwe by Imana.”

Inama y’Abapisikopi Gatolika mu Rwanda kandi, irasaba amaparuwasi Gatolika yose yo mu Rwanda kuvuza inzogera zimenyekanisha icyunamo. Irasaba kandi muri buri Diyosezi gushyiraho gahunda yo kumusabira kugeza ashyinguwe. Ikomeje kandi abakirisitu bose n'abandi bantu b'umutima mwiza binjiye mu cyunamo kubera urupfu rwe.

Itangazo risoza rigira riti “Turangamiye twese Kristu wazutse.” Ryashyizweho umukono na Nyiricyubahiro Antoni Kardinali Kambanda, Arikiyepiskopi wa Kigali akaba na Perezida w'Inama y'Abepisikopi Gatolika mu Rwanda.

 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...