Itandukaniro riri hagati y’Itorero na Minisiteriya ‘Ministry’

Imyidagaduro - 12/05/2025 2:40 PM
Share:

Umwanditsi:

Itandukaniro riri hagati y’Itorero na Minisiteriya ‘Ministry’

Saa sita n’iminota 08’ zo ku wa Gatandatu tariki 10 Gicurasi 2025, ni bwo Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwatangaje ko rwambuye ubuzima gatozi umuryango wa Grace Room, rwemeza ko wakoze ibikorwa binyuranye n’intego zawo nk’umuryango w’ivugabutumwa uhuza amatorero (Interdenominational Ministry).

Ni icyemezo cyateje impaka ku mbuga nkoranyambaga n’imbuga mpuzabantu, ariko cyanabaye isomo rikomeye ku yindi miryango myinshi ishingiye ku myemerere.

Iri tangazo ryagaragaje ko Grace Room yakoraga ibikorwa bifite isura y’itorero—harimo amateraniro ya buri cyumweru, abayoboke bahoraho n’ibiterane binini—nyamara yanditswe nka Minisiteriya.

RGB yabonye ko ibyo bikorwa bitajyanye n’intego yandikishijwemo, ifata icyemezo cyo kuyihagarika no kuyambura ubuzima gatozi.

Iri tangazo rigira riti "Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere (RGB) ruramenyesha abantu bose ko rwambuye icyemezo cy'ubuzimagatozi Grace Room nka Minsiteriya ihuriwemo n'indi miryango kubera kutubahiriza ibikubiye mu itegeko rigena imitunganyirize n'imikorere by'imiryango ishingiye ku myemerere."

Rikomeza rigira riti "Grace Room yakunze gukora ibikorwa bijyanye no gusenga, bikaba bihabanye n'ibikorwa ndetse n'intego z'iyi Minisiteriya nk'uko bigaragara mu mategeko shingiro yayo."

Amabwiriza ya RGB yagiye hanze ku wa 10 Werurwe 2025, agaragaza ko imiryango ishingiye ku myemerere mu byo isabwa harimo:

-Gukorerwa igenzura ku ihererekanywa ry'amafranga ashobora guteza ingaruka ikomeye.

-Gutanga raporo ku bikorwa by'imari bicyemangwa.

-Gucisha amafaranga kuri konti za banki n'ibigo by'imari byemewe n'amategeko.

-Gukumira ihererekanya ry'amafaranga mu ntoki.

-No gukorerwa igezura ryigenga n'ababyemerewe, ryamenyeshejwe cyangwa ritunguranye.

-Kwishyura leta miliyoni 2 FRW adasubizwa ku ishaka guhabwa ubuzimagatozi.

Aya mabwiriza avuga ko umuryango ushingiye ku kwemera utanga raporo ijyanye n'amafaranga yakusanyijwe mu biterane, "n'inkunga wakira igihe cyose" irenze umubare wagenwe hashingiwe ku itegeko ryerekeye gukumira no guhana iyezandonke, gutera inkunga iterabwoba no gutera inkunga ikwirakwiza ry'intwaro za kirimbuzi. Iryo tegeko mu bihano riteganya harimo ihazabu ihera kuri miliyoni 3 Frw kuzamura.

Mu gihe amadini n’imiryango ya Gikirisitu ikomeza kwiyongera, ni ingenzi kumenya itandukaniro riri hagati y’Itorero na Minisiteriya. Si amagambo gusa abigira atandukanye, ahubwo ni imiterere, imikorere n’inshingano bifite uruhare runini mu gushyira umurongo mu bikorwa by’iyobokamana.

Itorero ni umuryango w’iyobokamana uhuza abantu bafite imyemerere imwe, bafite icyicaro kizwi, ubuyobozi buhamye, gahunda zihoraho z’amasengesho n’ibikorwa bifasha abayoboke bayo mu mibereho ya buri munsi, haba mu buryo bw’umwuka no mu mibereho rusange.

Itorero rigira ubuzima buhoraho: rifite abayoboke bamenyerewe, rikusanya amaturo n’imisanzu, rigira gahunda y’iteraniro ya buri cyumweru ndetse n’ibikorwa bifatika bigaragaza ko rifite umurongo nk’umuryango mugari w’iyobokamana. Iyo ryujuje ibisabwa n’amategeko, ryandikwa nk’umuryango ufite ubuzima gatozi, rikemererwa gukorera mu gihugu mu buryo bwemewe.

Minisiteriya (Ministry) yo ni umuryango w’ivugabutumwa wihariye ushingiye ku ntego runaka: nko kwamamaza ubutumwa bwiza, gukora ibikorwa by'iterambere, gufasha abatishoboye, cyangwa gufasha amatorero mu buryo bw’inyongera.

Minisiteriya ntigira abayoboke bahoraho nk’itorero, ntigira gahunda zihoraho y’iteraniro ya buri cyumweru, ntigira urusengero cyangwa icyicaro gikomeye gihoraho, kandi akenshi iba iy’umuntu ku giti cye cyangwa itsinda ry’abantu bafite umuhamagaro wihariye.

RGB ishimangira ko umuryango uwo ari wo wose ushingiye ku myemerere ugomba gukorera mu murongo ujyanye n’intego yawandikishijemo. Iyo bibaye ngombwa guhindura intego cyangwa kwagura ibikorwa, bisaba kubisabira uburenganzira bushya, bitaba ibyo, bikaba ari ugukora binyuranyije n’amategeko.

Kuba Grace Room yarakoze nk’itorero kandi ari Minisiteriya byatumye ihagarikwa, biba isomo rikomeye ku yindi miryango ikora ibikorwa bijya kumera nk’iby’itorero nyamara itabyemerewe n’amategeko.

RGB yahaye andi matorero n’amaminisiteriya ubutumwa burimo gukorera mu mucyo, gusubira ku ntego batangiranye, no gukorana n’inzego za Leta igihe bagize impinduka mu mikorere yabo. Ibi bigamije kurengera abayoboke, kurinda imyemerere ishingiye ku mahame meza, no gushyira imbere imiyoborere isobanutse.

Hari abavugabutumwa bamenyekanye ku rwego mpuzamahanga bagaragaje itandukaniro riri hagati y’Itorero (Church) na Minisiteri (Ministry).

Umwe muri bo ni Dr. Francis Bola Akin-John, umwigisha w’ivugabutumwa bwiza ukomoka muri Nigeria, wibanda ku myigishirize y’itorero n’imiyoborere yaryo.

Mu kiganiro cye cyiswe “Difference Between Church & Ministry”, Dr. Akin-John asobanura ko Itorero ari umuryango w’abemera bafite icyicaro kizwi, ubuyobozi buhamye, gahunda zihoraho z’amasengesho n’ibikorwa bifasha abayoboke bawo mu mibereho ya buri munsi, haba mu buryo bw’umwuka no mu mibereho rusange.

Avuga ko Minisiteri ari umuryango w’ivugabutumwa wihariye ushingiye ku ntego runaka: nko kwamamaza ubutumwa bwiza, gukora amasengesho rusange, gufasha abatishoboye, cyangwa gufasha amatorero mu buryo bw’inyongera. Dr. Akin-John yibutsa ko Minisiteri idakwiye gukora nk’itorero ryuzuye, kuko bituma irenga ku nshingano zayo z’ibanze.


Grace Room yashinzwe na Pasiteri Julienne Kabirigi Kabanda mu 2018, yafungiwe ibikorwa nyuma y’imyaka 7 mu rugendo rw’ibivugabutumwa hirya no hino mu gihugu

Ku wa 10 Gicurasi 2025, RGB yatangaje ko yambuye icyemezo cy’ubuzimagatozi Grace Room nka Minisiteriya ihuriwemo n’indi miryango kubera kutubahiriza ibikubiye mu itegeko rigena imitunganyirize n’imikorere by’imiryango ishingiye ku myemerere

Mu bihe bitandukanye, Grace Room yakoze ibiterane nyobokama byahuje ibihumbi by’Abakristu biganjemo urubyiruko




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...