Isi yungutse ukundi kwezi kwa kabiri

Ikoranabuhanga - 21/10/2025 7:52 AM
Share:

Umwanditsi:

Isi yungutse ukundi kwezi kwa kabiri

Mu gihe benshi bari bazi ko ukwezi kumwe gusa ari ko kuzenguruka Isi, abashakashatsi ba NASA batangaje ko Isi ifite ukundi kwezi guto kazenguruka mu nzira imwe n’ukwezi gusanzwe byibuze kugeza mu mwaka wa 2083.

Mu gihe isi yose ikomeje gutungurwa n’ibitangaza by’isanzure, Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe ubushakashatsi mu kirere (NASA) cyemeje ko ubu Isi ifite ukwezi kwa kabiri, nubwo atari ukwezi nyakuri nk’uko twari dusanzwe tuzi ahubwo ari agace ka asteroid kagenda mu nzira imwe n’iy’Isi, kakaba kazayikurikira kugeza mu mwaka wa 2083.

Uko babivuga, aka gace kitwa 2025 PN7 ni akantu gato cyane gafite uburebure bugera hafi kuri metero 19, kakaba karabonetse hakoreshejwe telescope ikomeye yo muri Hawaii yitwa Pan-STARRS.

Nk’uko byatangajwe na NASA’s Center for Near-Earth Object Studies (CNEOS), ako gace kagaragaye kagenda mu nzira ikurikira izuba kimwe n’Isi, bigatuma kagaragara nk’aho “kazengurutse” Isi nk’uko ukwezi bisanzwe bikorwa, nubwo kagenzurwa cyane n’imbaraga z’izuba kurusha iza gravity y’Isi ikurura ukwezi.

Abashakashatsi bakoresheje ijambo “quasi-moon” cyangwa “quasi-satellite” kugira ngo basobanure uko 2025 PN7 ifitanye isano n’Isi. Ibi bivuze ko atari ukwezi nyakuri (ntikuzenguruka Isi mu buryo bwuzuye), ahubwo ari agace ka asteroid kari hafi yacu, kagenda ku murongo ujyana n’uw’Isi igihe kirekire, bituma bigaragara nk’aho ari ukwezi kacu gito.

Ubu bushakashatsi buvuga ko 2025 PN7 yabonywe mu rugendo rwayo rwo kwegera Isi kuva mu myaka yashize, kandi biteganyijwe ko izakomeza kugumana ubwo buryo bwo kuba hafi y’Isi kugeza nibura mu mwaka wa 2083.

Si ubwa mbere Isi igira “mini-moon”. Mu myaka yashize, abashakashatsi basanze agace kitwa 469219 Kamoʻoalewa (2016 HO3) na ko kagenda mu buryo busa n’ubwo 2025 PN7 iri gukoresha.

Nubwo ibi bitangaje, abashakashatsi bavuga ko nta mpungenge z’umutekano zihari, kuko 2025 PN7 iri kure bihagije ku buryo idashobora guteza ibibazo cyangwa ngo ihurirane n’Isi.

Isi yungutse ukundi kwezi kwa kabiri byibuze kugeza mu mwaka wa 2083


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...