Isi ntabwo yabyakiriye kimwe gutorwa kwa Papa ukomoka muri Amerika

Inkuru zishyushye - 09/05/2025 9:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Isi ntabwo yabyakiriye kimwe gutorwa kwa Papa ukomoka muri Amerika

Isi yatunguwe no kubona Umunyamerika agizwe Umushumba wa Kiliziya Gatolika. Cardinal Robert Prevost, wari uzwi cyane mu mirimo ye yo gufasha abakene muri Amerika, yabaye Papa wa mbere ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahita yitwa Leo wa XIV.

Iki ni igikorwa cyafashwe nk’igitangaza, kuko byari byaramenyerewe ko Abanyamerika badatorwa kubera imbaraga nyinshi igihugu cyabo gifite mu bya gisirikare, dipolomasi n’umuco, bityo bamwe bagatinya ko kuba Papa byaba nk’ubundi buryo bwo guha Amerika ijambo ridakwiye muri Kiliziya.

Ariko kuri uyu munsi udasanzwe, isi yose yarebaga mu maso ha Papa mushya, aho yagaragariye imbaga mu idirishya ry’i Vatican, akavuga mu Gitaliyani no mu Gisupanyoli, yirinda kuvuga ikintu cyose kijyanye n’amavuko ye yo muri Amerika. Ahubwo, yibanze ku butumwa yageneye Diyosezi ya Chiclayo muri Peru, aho yamaze imyaka 20 nk’umumisiyoneri.

Yagize ati: “Nta bwo ari Umunyamerika warahiriye kuba Papa. Ni umusaseridoti w’umunyamurava wakoreye abakene, akamenya ubuzima bw’abatagira kivurira, nk’uko byatangajwe na Bishop Robert Barron wo muri Amerika.

Akiri Cardinal Prevost yigeze kuba Umwepisikopi muri Peru, aho yakoreye imyaka myinshi, agahinduka n’umwenegihugu waho. Yavugaga indimi nyinshi, azi imiterere ya Vatican, anasobanukiwe n’ukuntu ubuyobozi bwa Kiliziya Gatolika bukora. Ibi byose byatumye ahabwa icyizere n’abakardinali 121 bamuhisemo, nubwo ari Umunyamerika."

Abasesenguzi bavuga ko gutorwa kwe bishobora kuba ari ubutumwa butaziguye ku isi ya none irimo kugerwaho n’ingaruka z’ivangura, ubuhangange bw’ibihugu bikomeye, n’ingaruka mbi za politike y’ubuhangange.

Mu gihe ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump burimo kwikura mu masezerano mpuzamahanga no kugabanya inkunga ku bihugu bikennye, Papa Leo wa XIV azwi nk’uwiyemeje gufasha abakene — by’umwihariko abo muri Amerika y’Epfo.

Gutorwa kwa Papa Leo bibaye mu gihe Amerika iyobowe na Perezida Trump ku nshuro ya kabiri, bigatuma benshi bibaza niba hatabayeho ubutumwa bwa politike butaziguye buvuye i Vatican. Ibi bizatuma habaho kugereranya ubuyobozi bwa Trump na Papa Leo, cyane cyane ku ngingo zishingiye ku bantu b’abimukira, uburenganzira bwa muntu, n’ibibazo by’ubutabera.

Nubwo Trump yatangaje ko “gutorwa kwa Papa w’Umunyamerika ari ishema rikomeye,” bamwe mu bamushyigikiye batangiye kugaragaza impungenge, bitewe n’uko Papa Leo ashobora gukomeza umurongo wa Papa Francis, wagiye anenga politiki z’iyirukanwa ry’abimukira muri Amerika.

Gutorwa kwa Leo wa XIV ni inkuru itavugwa cyane nka politiki y’Abanyamerika, ahubwo ni inkuru y’isi yose. Ni ubuhamya bugaragaza ko Kiliziya idashingiye ku butware bw’ igihugu, ahubwo ishaka abayobozi bafite umutima wo gukorera abandi, aho bakomoka hose.

Mu ijambo rye rya mbere, Papa Leo wa XIV yagize ati: “Amahoro abane namwe mwese.” Aya ni amagambo ya mbere yavuzwe n’Umunyamerika akanaba umushumba wa Kiliziya Gatolika, amagambo yuje ubutumwa bw’ubwiyunge no guhuza isi, mu gihe ihanganye n’ibibazo bikomeye.

Isi ntabwo yakiriye kimwe itorwa rya Papa ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...