Iserukiramuco Ubumuntu: Minisitiri Sandrine Umutoni yagaragaje uruhare rw’umuco n’ubuhanzi mu guhuza amahanga- AMAFOTO

Imyidagaduro - 18/07/2025 10:05 AM
Share:

Umwanditsi:

Iserukiramuco Ubumuntu: Minisitiri Sandrine Umutoni yagaragaje uruhare rw’umuco n’ubuhanzi mu guhuza amahanga- AMAFOTO

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, yagaragaje uko ubuhanzi n’umuco bifite ubushobozi bwo guhindura amateka, gusana ibyangiritse no gutoza amahanga kuvuga inkuru yabyo mu ijwi ryabyo bwite.

Yabivuze kuri uyu wa Kane tariki 17 Nyakanga 2025, mu gusoza inama “Cultural Diplomacy UnConference 2025" yari ishamikiye ku iserukiramuco Ubumuntu Arts Festival ryabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Iki gice cy’ibiganiro cyongewemo mu rwego rwo kugaragaza uruhare rw’ubuhanzi n’umuco mu guhuza amahanga, kubaka amahoro n’ukuri mu mvugo n’ibikorwa, ndetse no guteza imbere ubusabane bw’amahanga binyuze muri dipolomasi ishingiye ku muco.

Mu butumwa bwe bwuje icyizere, Sandrine Umutoni yashimangiye ko u Rwanda rwubatse inzira y’ubumwe ruvuye mu mateka akomeye, kandi ko ubu rufite intego yo guharanira amahoro, iterambere n’ubumuntu biciye mu buhanzi n’umuco.

Yavuze ati “Mu Rwanda, twarasobanukiwe kandi twubaha imbaraga z’uruhare rw’umuco. Binadufasha guhangana n’inkovu z’amateka, tukubaka icyizere gishya, ndetse tukongera kuvuga inkuru zacu, mu ijwi ryacu.”

Yashimiye byimazeyo abagize uruhare mu kwigisha abandi binyuze muri gahunda “Explore Cultural Diplomacy Certificate Program”, aho yagaragaje ko ari bo “bubatsi b’inkuru nshya y’u Rwanda ku rwego rw’isi.”

Ati “Mubaye ibimenyetso bifatika by’uko gusangira ubumenyi bishingiye ku muco no ku buhanga ari igikoresho gikomeye mu kurinda umurage w’igihugu. Kandi igihugu cyanyu.”

Yavuze ko ibiganiro byabaye muri iyi nama byagaragaje ko dipolomasi y’umuco atari amahitamo y’abifite, ahubwo ari “ejo hazaza h’umugabane wacu.”

Yagize ati: “Mu biganiro by’ingenzi byabaye, dushishikarijwe gukomeza kurinda no kubungabunga umuco wacu, ariko kandi tugaharanira ko uko tubyitwaramo bishingira ku nyungu z’ubukungu n’imiyoborere, kubera ko umuco ushobora guhindura ibihugu n’imibereho yabyo.”

Mu magambo ye y’ihumure kandi atanga icyerekezo, yagize ati: “Mu Kinyarwanda tuvuga ngo ‘Umuco ni wo murage wacu’. Dufite inshingano yo kuwurinda, kuwuteza imbere no kuwusigasira, ku nyungu z’ejo hazaza h’amahoro.”

Sandrine Umutoni yasabye abari aho gutekereza ku ruhare rwabo mu guhindura isi, abibutsa ko: Bagomba gukoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga mu buryo buboneye, bagateza imbere ubuhanzi bwabo.

Bagomba kurinda imico n’imivugo gakondo, kugira ngo abazabakomokaho bazarusheho gusobanukirwa n’ubutunzi bwihishe muri byo.

Bagomba guhindura imitekerereze n’imikorere isanzwe hagati y’amahanga y’Amajyaruguru n’Amajyepfo. Bagomba kandi gukoresha umurage rusange kugira ngo batange umusanzu wabo mu kubaka ejo hazaza h’amahoro biciye mu buhanzi, n’umuco.

Yashimye cyane ubuyobozi bufite icyerekezo bwa Hope Azeda, washinze Ubumuntu Arts Festival, hamwe n’abandi bafatanyabikorwa biyemeje guteza imbere ubuhanzi nk’inkingi y’iterambere n’ubumuntu muri Afurika.

Yashimiye n’abarimu baturutse mu bihugu bitandukanye barimo Dr. Melih Barut (Hacettepe University, Türkiye), Dr. Federica Olivares, Dr. Nicholas Cull, na Dr. Vanessa Tinker, ku ruhare bagize mu gusangira ubumenyi no gufasha u Rwanda kunoza uburyo rwigaragaza ku ruhando mpuzamahanga binyuze mu muco.

Ati “Murakoze kuba mwarahisemo kwifatanya natwe muri uru rugendo. Kuba mwaragize uruhare mu biganiro byabaye, byagize uruhare runini mu mibanire y’u Rwanda n’isi biciye mu muco na dipolomasi.”

Uyu muhango wasojwe no gutanga impamyabumenyi ku bitabiriye amahugurwa ya Dipolomasi y’Umuco, yateguwe ku bufatanye n’Inararibonye Dr. Melih Barut. Iyi nama yasize ubutumwa bukomeye: ubuhanzi n’umuco si umwambaro wo kwiyerekana, ni ishingiro ry’iterambere, amahoro n’umubano uhamye w’amahanga.


Umunyamabanga wa Leta, Sandrine Umutoni, yagejeje ijambo ku bitabiriye inama ya “Cultural Diplomacy UnConference 2025” ishamikiye ku iserukiramuco ‘Ubumuntu’ 

Umuco ni wo murage wacu” – Sandrine Umutoni yibukije ko umuco ari ishingiro ry’ejo hazaza h’amahoro 


Sandrine Umutoni yashimangiye ko ubuhanzi n’umuco bifite ubushobozi bwo gukiza no guhuza amahanga


Muri ab’ingenzi mu kubaka ijwi ry’u Rwanda ku isi” – Sandrine Umutoni ashimira abasoje amahugurwa 


Mu gusoza inama, Sandrine Umutoni yahaye ishimwe Hope Azeda n’abandi bayoboye urugendo rw’amahugurwa ashingiye ku muco n’ubuhanzi 


Hope Azeda, washinze Ubumuntu Arts Festival [Uri iburyo] ari kumwe na Sandrine Umutoni 

Ubumuntu si ijambo, ni igikorwa” – Hope Azeda yagaragaje ko ubuhanzi bushobora kuvura amateka akomeretsa

Abitabiriye Cultural Diplomacy UnConference bigiye ku ruhare rw’umuco mu kubaka amahoro n’ubufatanye bw’amahanga 

 Urubyiruko, abahanzi n’inzobere mu muco basangiye ibitekerezo ku guhindura isi biciye mu buhanzi n’ubuvanganzo

 

 Ibiganiro byabaye byagaragaje ko dipolomasi y’umuco itari amahitamo, ahubwo ari igikoresho cy’ingenzi cy’iterambere 

Abitabiriye inama biyemeje gukoresha ubuhanzi mu kurinda umurage no guteza imbere igisobanuro cy’ubumuntu

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 17 Nyakanga 2025, habaye kandi ibirori bizwi nka 'Ikaze Night' byaherekeje iserukiramuco 'Ubumuntu'




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...