Iriho indirimbo yakoreye imfura ye! Taykun Degree yasohoye album igaruka ku rugendo rw’intsinzi

Imyidagaduro - 08/11/2025 7:56 PM
Share:

Umwanditsi:

Iriho indirimbo yakoreye imfura ye! Taykun Degree yasohoye album igaruka ku rugendo rw’intsinzi

Nyuma y’imyaka myinshi atuje, umuraperi Taykun Degree yamaze gushyira hanze Album ye ya mbere yise “Big Bag”, umushinga yise “urugendo rutoshye rw’inzozi, intambara n’intsinzi”.

Iyi album igizwe n’indirimbo 13, ikaba yanditswe kandi ikorwa mu buryo buhuriza hamwe injyana ya Drill, Trap, trapsoul n’izo yita “slatt melodies”, byose bikajyana n’amagambo y’ubuzima bwe bwuzuye ubushake bwo gutsinda, no gukura aho yahoze ari kugira ngo agere aho inzozi ze zimugeza.

Mu gutunganya iyi album, Taykun Degree yakoranye n’abatunganyamuzika bakomeye barimo Minutes Pro Beats, Hervis Beatz, HubertBeatz na Waver Beatz, ndetse anafatanya n’abahanzi nka Hervis Beatz, Bruno Pilot n’itsinda rya Jumpy Boyz, aho avuga ko yabahaye umwanya kuri uyu mushinga “nk’uburyo bwo kubaha icyubahiro kuko ari bo bagiye bamutangira urugendo.”

Yabwiye InyaRwanda ati “Big Bag ni Album yatuma wumva neza urwego umuraperi nyarwanda agezeho. Irimo ubuhanga mu kwandika no gutondekanya amagambo.”

Uyu muhanzi avuga ko iyi album ari ikimenyetso cy’uko n’ubwo yahuye n’ibibazo byinshi mu rugendo rwe, atigeze acika intege. Yibukije ko benshi bamumenye mu irushanwa ‘East Africa’s Got Talent (2019), ubwo yari umusore ukiri ku ntebe y’ishuri muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), akiri kwiyubaka no gutekereza ejo hazaza he.

Avuga ati “Nahuye n’ibihe bikomeye bya Covid-19 nka benshi mu bahanzi. Ariko sinigeze ntakaza umuhate wo gukora Hip Hop. Nakomeje gutegura no kubaka Taykun Degree ugomba kuzandika amateka mu muziki nyarwanda.”

Muri Big Bag, Taykun Degree yibanda cyane ku nsanganyamatsiko z’ubuzima, guharanira intsinzi no kudacika intege.

Ariko kandi agaragaramo n’uruhande rw’umuntu wuje amarangamutima n’urukundo, nk’uko bigaragara mu ndirimbo “Mummy and Daddy”, yahimbiye umwana we w’imfura yitwa Ngenzi Wase Raina Enora, aherutse kwibaruka.

Kuri ubu, album “Big Bag” yagiye hanze ifatanyije n’amashusho y’indirimbo eshanu, zirimo “Ndazonga”, aho agaragaza ko yagarutse nyuma y’imyaka y’amahoro atari yigaragaza cyane mu muziki.

Ati “Niwumva neza iyi Album uramenya inyota n’inzara mfitiye kubona abanyarwanda bakunda ibihangano byanjye. Ndi umukinnyi ugiye kwandika amateka hano no hakurya y’ibiyaga bigari.”

“Big Bag” ni imwe mu mishinga yitezweho gufasha Hip Hop nyarwanda kwambuka imipaka, bitewe n’uburyo Taykun Degree yahuye imiririmbire y’ubu n’ubutumwa buhamye.

Ni album yerekana ko Hip Hop y’u Rwanda iri mu rugendo rushya rufite icyerekezo, kandi ko abahanzi bayo batakiri abo mu muziki w’amagerageza, ahubwo ari abahanzi bafite intego yo gukora ku rwego mpuzamahanga.

Umuraperi Taykun Degree wahatanye muri East Africa’s Got Talent yasohoye album ye ya mbere yise “Big Bag”

Album “Big Bag” ifite indirimbo 13, harimo n’iyo yahimbiye umwana we w’imfura Ngenzi Wase Raina Enora 

Taykun Degree avuga ko iyi album ari igihamya cy’uko atigeze acika intege mu rugendo rwe rwa muzika

KANDA HANO UBASHE KUMBA ALBUM ‘BIG BAG’ Y’UMUHANZI TAYKUN DEGREE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...