Uyu musore wavutse muri 2005 ukiga mu
mashuri yisumbuye, yasohoye indirimbo ya mbere y’urukundo yise ‘Come over.’
Ati: "Najyaga ndirimba ku ishuri bagenzi banjye bakabikunda cyane
bigatuma niyumva ko ari cyo kintu nzi gukora kurusha ibindi byose bibaho ibyo
bikantera imbaraga zo kumva ko umunsi umwe nzakabya inzozi nkaba umuhanzi ukora
indirimbo ze ku giti cye.”
Nk’abandi bahanzi bose, avuga ko intego ze atari ugukora umuziki
ugarukira hafi.
Uyu muhanzi wiyise izina rya ‘Orion’ avuga ko bisobanuye inyenyeri kandi ko ubusobanuro bwayo ari ukumurika ngo bimuha izo ntego z’uko umunsi umwe nawe azaba ari urumuri rw’umuziki Nyarwanda.
Orion avuga ko umuziki ari ibintu yakuze akunda