Inganzo Ngari bunamiye inzirakarengane zishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama-AMAFOTO

Imyidagaduro - 21/04/2025 9:15 AM
Share:

Umwanditsi:

Inganzo Ngari bunamiye inzirakarengane zishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama-AMAFOTO

Itorero Inganzo Ngari ryasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama ruherereye mu Karere ka Bugesera, mu rwego rwo kwiga amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeza guhangana n’abagihembera ingengabitekerezo yayo.

Ni mu gikorwa bakoze ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 20 Mata 2025, muri iki gihe cy’iminsi 100, aho u Rwanda n’Isi bibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi yatwaye ubuzima bw’abarenga Miliyoni.

Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama ni rumwe mu nzibutso ndangamurage esheshatu zibitse amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Inzirakarengane zirenga 5.000 biciwe mu cyahoze ari Kiliziya Gatolika ya Ntarama.

Umuyobozi w’Itorero Inganzo Ngari, Serge Nahimana yabwiye InyaRwanda ko nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama, byabahaye umukoro wo guhangana n’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, birengagiza ukuri kw’amateka.

Ati “Nyuma yo gusura urwibutso nk’itorero Inganzo Ngari, twumvise amateka akomeye yaranze igihugu cyacu ndetse agatuma Jenoside yakorewe abatutsi ibaho. Twazirikanye kandi inshingano zikomeye dufite mu rugamba rwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’abahakana bakanayipfobya. Twiyemeje gusigasigara amateka ngo ibyabaye bitazongera ukundi tuniyemeza kubaka ahazaza hubakiye ku bumwe no gukunda igihugu.”

Avuga ku mpamvu bahisemo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama, Nahima Serge yagize ati “Twahisemo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama kuko ari ikimenyetso gikomeye cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, aho abatutsi basaga 5,000 bahungiye ariko bakahasiga ubuzima mu buryo bubabaje.”

Buri mwaka Itorero Inganzo Ngari rihitamo urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi basura mu rwego rwo kurushaho kumenya amateka. Umwaka ushize (2024) bari basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.

Ubwo basuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama, beretswe ibice bitandukanye bigize uru rwibutso, ndetse bashyira indabo ku mva mu rwego rwo guha icyubahiro inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bimwe mu bice bigize uru rwibutso, birimo imibiri y’abazize Jenoside, ibikoresho byakoreshejwe bicwa, imyenda yabo n’ibindi nk’ikimenyetso gikomeye kigaragaza uko Jenoside yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa n’ubuyobozi bubi.

Nahimana Serge ati “Kuri twebwe uru rugendo ntirwari urwo kwiga gusa, rwadufashije no gushimangira ubwitange bwacu mu kwimakaza amahoro n’ubumwe binyuze mu buhanzi.”

Uyu muyobozi yavuze ko “Nk’itorero Inganzo Ngari rimaze kuba ubukombe mu gusigasira umuco binyuze mu mbyino n’indirimbo gakondo, twemera ko kumenya amateka yaranze igihugu cyacu ari inkingi ikomeye mu kwimakaza ubumwe bw’igihugu. “

Abagize Itorero Inganzo Ngari basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera rushyinguyemo abasaga 5,000

Inganzo Ngari basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama kuri iki Cyumweru tariki 20 Mata 2025 mu rwego rwo kwiga amateka

 

Inganzo Ngari biyemeje guhangana n’abahakana banapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi


Inganzo Ngari bashyize indabo ku mva mu rwego rwo guha icyubahiro inzirakarengane zishyinguye muri uru rwibutso


Abagize Inganzo Ngari beretswe ibice bitandukanye bigize Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama


Umuririmbyi Cyusa Ibrahim ubarizwa mu Itorero Inganzo Ngari yanditse mu gitabo cy’abasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama

Umuyobozi w’Itorero Inganzo Ngari, Nahimana Serge yavuze ko biyemeje gutanga umusanzu wabo mu rugamba rwo kugaragaza ukuri kw’amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Itorero Inganzo Ngari ryatanze inkunga ku rwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama



Umwanditsi:

Yanditswe 21/04/2025 9:15 AM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...