The
World Album ni imwe mu mishinga ifatwa nk’ihambaye mu ruganda rw’umuziki
mpuzamahanga. Ni yo ya mbere mu mateka yahuje abahanzi bakomoka mu bihugu byose
byo ku isi.
Byatumye
iba umuzingo ugaragaza ubumwe bw’abantu bose, aho indirimbo ziwugize zigera
kuri 200, zikozwe mu ndimi 93 zitandukanye, zikozwe mu njyana zigera kuri 121,
ndetse zikubiye mu gihe kingana n’amasaha 12.
Mu
magambo y’abateguye uyu mushinga, iyi album “ni iy’isi yose, yakozwe n’isi
yose” (made by the world, for the world), ishimangira ko umuziki ushobora kuba
ururimi rudafite imbibi.
Kuba
Yago Pon Dat ari umwe mu batoranyijwe agashyirwa kuri iyi album binyuze mu
ndirimbo ye ‘Vis à Vis’ iri kuri Album ye ‘Suwejo’, ni intambwe ikomeye mu
rugendo rwe rwa muzika n’umwuga we nk’umuhanzi, ndetse no mu kumenyekanisha
umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Yago yavuze ko iyi Album ihurije hamwe abahanzi bo mu
bihugu byo ku Isi. Ati “Bagiye bafata abahanzi bashingiye aho bavukiye. Njye
bamfashe nk’umuhanzi wavukiye muri Uganda, bakunda indirimbo yanjye yitwa ‘Vis
a Vis’ ubu tuvugana, iyi Album yatoranyijwe muri Grammy Awards. Ubu ndi
umuhanzi watoranyijwe na Grammy Awards. Ni ibyishimo n’imbaraga kuri njye.”
Si
ubwa mbere Yago agaragaye kuri uyu mushinga wa Album, kuko iya mbere yabanje
bari bahisemo indirimbo ye yitwa ‘Ocean’. Arenzaho ati “Mu gihe runaka
mushobora kumva batangaje ko umunyarwanda ahataniye Grammy Awards.”
Aya
magambo yerekana uburyo uyu mushinga utazamura izina rye gusa, ahubwo unafite
icyerekezo cyo gusigasira ishusho y’ubuhanzi mpuzamahanga.
Grammy
Awards 2026: Amahirwe mashya
Gutangwa
muri ‘Best Global Music Album’ bivuze ko The World Album yashyizwe mu nzira
yemewe na Recording Academy ngo izajye mu rutonde rw’izihatanira ibi bihembo.
Iki cyiciro gihabwa umwihariko wo gushimira ibikorwa bigaragaza ubumuntu,
ubumwe n’ubutumwa bw’umuco mu muziki w’isi yose.
Nubwo
kuba ‘FYC’ bitavuze ko ari ngombwa ko ihita itorwa, kuba iyi album yagejejwe
muri uru rwego ni intambwe ikomeye, kandi byongera amahirwe ko abahanzi
bayigize bashobora kuboneraho urubuga rwo kumenyekana no kurushaho kwagura
ibikorwa byabo.
Guinness World
Records: Imishinga itatu iteye amatsiko
Uretse
Grammy Awards, The World Album iri mu nzira yo kwandikwa mu bitabo bya Guinness
World Records, mu byiciro bitatu biteye amatsiko.
Harimo
Album ya mbere mu mateka irimo abahanzi bakomoka mu bihugu byose ku isi. Album
ifite indimi nyinshi cyane; ndetse na Album ifite injyana nyinshi kurusha
izindi zose zabanje. Ibi byose bigaragaza uburyo ari umushinga uharanira guca
uduhigo tugamije gusigasira amateka y’umuziki.
Ku
bahanzi bo mu Rwanda n’akarere, uyu mushinga ugaragaza amahirwe mashya yo
kurenga imbibi no kwinjira mu isoko mpuzamahanga ry’umuziki.
Kuba
Yago Pon Dat yarabashije kwinjira muri iyi album, byerekana ko impano zo mu
karere zishobora kubona urubuga mpuzamahanga iyo habayeho guhanga, ubufatanye
n’umuhate.
The
World Album – International Artists Project si album isanzwe, ahubwo ni urubuga
rw’ubumwe n’umuco mpuzamahanga. Kuba Yago yaragize uruhare muri iyi nkuru
mpuzamahanga, ni intambwe ikomeye ituma izina rye ndetse n’u Rwanda birushaho
kumvikana mu ruganda rw’umuziki ku isi.
Abahanzi
bose bagize uruhare muri iyi album bazagumana 100% by’uburenganzira ku
bihangano byabo n’inyungu. Ibi bitandukanye n’uko bikorwa kenshi mu mishinga
mpuzamahanga aho abahanzi baba batakaza uburenganzira cyangwa bagabana inyungu.
Byongeye,
banashishikarizwa gutanga kimwe cya kabiri cy’ayo bazunguka mu bikorwa
by’urukundo (philanthropy) mu bihugu bakomokamo cyangwa ahandi ku isi. Ibi
bigaragaza ko uyu mushinga utagamije gusa inyungu z’umuziki, ahubwo
unashimangira ubutumwa bwo gufasha isi.
Iyi
album iri mu bukangurambaga bwo guhatanira igihembo cya Best Global Music Album
muri Grammy Awards 2026, icyiciro cyubahisha umuziki uhuriweho n’isi yose.
Uretse
guhatanira ibihembo, The World Album iri no kongerwa mu mashuri no mu bikorwa
by’umuco mpuzamahanga. Ibi bisobanuye ko izakoreshwa nk’inkuru y’ubumenyi
igaragaza uburyo umuziki ushobora gushingira ku kwiga no gusangira imico
y’ibihugu bitandukanye.
Uyu
mushinga ukurikira International Artists Project, Part 2, wasohotse mu
Ugushyingo 2024. Iyo album yabanjirije iyi yari ifite indirimbo 158, indimi 64,
injyana 104. Yose hamwe yari ikubiye mu masaha 9 n’iminota 30
Yago
yavuze ko afite icyizere cy’uko indirimbo ye ishobora kuzaboneka mu zihataniye
igihembo cya Grammy Awards
Yago
yashyizwe muri uyu mushinga abicyesha indirimbo ye ‘Vis à Vis’ yasohotse kuri
Album ye ‘Suwejo’
KANDA
HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO ZIGIZE ALBUM YA KABIRI YA KABIRI