Ibikomere
ni imwe muri filime zigezweho ziri kwigarurira abantu muri iki gihe, aho
ishingiye ku nkuru y’abana babiri bavukana bafite ubumuga bw’uruhu. Iyi filime
igaragaza urugendo rwabo, ibibazo bahura na byo, ndetse n’imyumvire itandukanye
ya sosiyete ibakikije.
Mu
bakinnyi bayigize harimo amazina amenyerewe mu myidagaduro nyarwanda nka
“James”, “Mama Niyori”, “Nana” n’abandi, bakina bagaragaza ubuzima bwa buri
munsi bw’aba bana n’uko bakirwa mu muryango mugari.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Jojo yavuze ko igitekerezo cyo gukora iyi
filime cyakomotse ku byo yabonaga ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe
batagaragazaga ubumuntu mu buryo bafataga abana bafite ubumuga.
Yagize
ati: “Najyaga mbona umugore witwa Shuwadilu ashyira abana be ku mbuga
nkoranyambaga, abantu bakamuvugaho nabi bavuga ngo kuki abagaragaza, ngo abo si
abana bo kurata. Ibyo byankoze ku mutima numva ko sosiyete ikwiye guhindura
imyumvire.”
Jojo
avuga ko icyo gihe yatekereje ku ruhare rwa filime nk’uburyo bwo kwigisha no
guhindura imyumvire y’abantu, cyane cyane ku bijyanye no kwakira abana bafite
ubumuga.
Mu
butumwa bwe, Jojo ashimangira ko abana bose, uko baba bameze kose, bafite
uburenganzira bwo kubaho nk’abandi.
Afite
icyizere ko filime ‘Ibikomere’ izafasha ababyeyi n’abaturage muri rusange kumva
ko guhisha umwana ufite ubumuga atari igisubizo, ahubwo ko kumugaragaza no
kumwemera ari byo bimufasha kwiyumva no kwigirira icyizere.
Ati:
“Niba hari umubyeyi ufite umwana ufite ubumuga, aho kumuhisha amujyane ahantu
hagaragara. Abantu bamubone, bamuganirize, bamenye ko nawe ari umwana
nk’abandi.”
Jojo
avuga ko nyuma y’ikorwa rya Ibikomere, yakiriye ibitekerezo byinshi by’abantu
bishimira ubutumwa buri muri iyi filime. Abona ko ubutumwa bugenda bugera ku bo
bugenewe, cyane cyane binyuze mu muryango n’imbuga nkoranyambaga.
Avuga
ko n’ababyeyi b’abana bakinnye muri filime bagiye bamuhamagara, bamubwira ko
babonye impinduka mu buryo abantu babona abana babo, ndetse bamwe bakamubaza
impamvu yemeye ko bakina filime bafite uko bameze.
Ibikomere
si filime isanzwe y’imyidagaduro gusa, ahubwo ni igikoresho cy’ubukangurambaga
kigamije guhindura imyumvire imaze igihe iri mu bantu ku bijyanye n’ubumuga
bw’uruhu. Jojo abona ko uko abantu barushaho kuyireba no kuyiganiraho, ari ko
n’impinduka zigaragara mu buryo sosiyete yakira abafite ubumuga.
Iyi filime igaragara nk’ijwi rishya rigamije kubwira sosiyete ko “ubumuga atari iherezo ry’ubuzima, ahubwo ari imwe mu mpinduka zisaba gusa kwemerwa no guhabwa amahirwe angana.”

Filime “Ibikomere” ya Jojo ikomeje gutanga ubutumwa bukomeye bwo guhindura imyumvire ku bana bafite ubumuga bw’uruhu

Jojo
avuga ko ubutumwa bwa filime ye “Ibikomere” buri kugera ku bantu kandi bukomeje
gufasha guhindura uko sosiyete ibona abafite ubumuga
KANDA HANO UBASHE KUREBA AHO FILIME ‘IBIKOMERE’ IKINIRWA
KANDA HANO UREBE IGICE GISHYA FILIME 'IBIKOMERE' YA JOJO FILMS
KANDA HANO IKINDI GISHYA CYA FILIME 'IBIKOMERE' YA JOJO FILMS
