Imyuga n’ubumenyingiro: Ahazaza h’urubyiruko rw’u Rwanda mu guhindura Isi

Uburezi - 07/05/2025 5:17 PM
Share:

Umwanditsi:

Imyuga n’ubumenyingiro: Ahazaza h’urubyiruko rw’u Rwanda mu guhindura Isi

Uburezi ni isoko y’iterambere, kandi isi imaze gusobanukirwa ko kugira ubumenyi bufatika bufatanye n’ubushobozi bwo kwihangira umurimo binyuze mu myuga ari byo bizatuma urubyiruko rubasha kwiteza imbere no guhindura aho rutuye. U Rwanda rwarabibonye, maze rushyiraho gahunda yo kwimakaza amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro, by’umwihariko mu rubyiruko rufite amikoro make.

Amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ari mu cyiciro gihanzwe amaso mu kugeza u Rwanda ku bukungu bushingiye ku bumenyi, bizanavana u Rwanda mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere rukajya mu bifite ubukungu buciriritse mu 2035, n’ibikize mu 2050.

Imibare igaragaza ko abanyeshuri biga mu mashuri ya tekinike, imyuga n’ubumenyingiro barenga ibihumbi 115 barimo abakobwa 51.557 bangana na 44,6% mu gihe abahungu ari 63.959 bangana na 55,4%.

Imibare y’Ikigo cy’igihugu cy’Ibarurishamibare ya 2024 igaragaza ko abarangije amashuri ya TVET babona akazi ku ijanisha rya 67,2% mu gihe icyiciro cy’ubushomeri muri iyi ngeri kiri kuri 15,7%.

Ni muri urwo rwego, ku wa Kabiri, tariki ya 6 Gicurasi 2025, hatangijwe ku mugaragaro ibikorwa by’Umuryango Don Bosco Youth Education For All, ufite intego yo gufatanya na Leta y’u Rwanda mu guteza imbere imibereho y’urubyiruko, binyuze mu gushyigikira uburezi bugamije kuzamura ubumenyingiro.

Iki gikorwa cyabereye mu Kagari ka Gasagara, Umurenge wa Gikomero mu Karere ka Gasabo, aho ku ikubitiro uyu muryango watangiye utanga ubufasha ku rubyiruko rwiga mu Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Don Bosco Muhazi. Urubyiruko rwahawe ibikoresho by’isuku, ibiribwa bizabarinda inzara mu gihe bari kwiga, ndetse hanishyurirwa amafaranga y’icumbi abanyeshuri bacumbitse hanze y’ikigo.

Iri shuri ryakira abanyeshuri barenga 180, benshi muri bo bakomoka mu miryango ikennye yo mu bice bitandukanye by’igihugu. Ubuyobozi bw’ishuri buvuga ko nubwo amafaranga y’ishuri atarenga hagati y’ibihumbi 5,000 na 20,000, hari abanyeshuri batayabona kubera ubushobozi buke, bigatuma bagira ibyago byo kuva mu ishuri.

Amasomo y’imyuga: Igisubizo ku kibazo cy’ubushomeri ku isi


Ku rwego mpuzamahanga, imyuga n’ubumenyingiro bifatwa nk’urufunguzo rwo gukemura ikibazo cy’ubushomeri. Raporo zitandukanye zagaragaje ko amasoko y’umurimo yo mu bihugu byinshi arimo abakozi bafite ubumenyingiro kurusha abarangije amashuri ya kaminuza bamwe na bamwe badafite ubumenyi bwo gushyira mu bikorwa ibyo bize.


Umuyobozi wa Don Bosco Youth Education For All, Padiri Ufitamahoro Servilien, yavuze ko bahisemo gutangirira muri Gikomero kuko ari hamwe mu hagaragara imiryango ikennye cyane, bityo bikaba bikwiye gutangirizamo ibikorwa byafasha urubyiruko kwirinda ingaruka z’ubukene.

Yagize ati: “Turashishikariza urubyiruko gufata inkunga ruhawe nk’ikimenyetso cyo kumva ko rushyigikiwe bityo na rwo rushyire umuhate mu guhaha ubumenyi buzaruteza imbere haba rwo bwite, imiryango rukomokamo ndetse n’igihugu muri rusange.”

Yakomeje asaba urubyiruko kandi kwirinda imico mibi yashyira ubuzima bwabo mu kaga harimo kwirinda ibishuko, gukoresha ibiyobyabwenge, imyitwarire idahwitse, urugomo, ubusambanyi n’ibindi.

Abanyeshuri n’abarezi barashima

Soeur Nyanzira Leocadie ubana n’urubyiruko buri munsi ku ishuri, avuga ko inkunga bahawe ibatabaye kuko kugeza ubu bibazaga uko abana bazabaho cyane ko muri iki gihe aho iri shuri ryakuraga inkunga hagiye hagabanuka bitewe n’ibibazo by’ubukungu biri hirya no hino ku isi.

Yagize ati “Muradutabaye. Ubu ibiryo by’abanyeshuri byari byashize, twibazaga uko tuzabatunga bikatuyobera. Ariko ubu noneho turamara igihembwe cyose tumeze neza bityo abana babashe kwiga neza.”

Vumiriya, umwe mu banyeshuri bahawe inkunga, yagize ati: “Turishimye cyane, hari benshi muri twe babaho mu buzima bugoye, ariko kubona abaterankunga nk’aba ni ikimenyetso cy’uko hari benshi b’umutima mwiza kandi bahora bashishikajwe no kubona ab’amikoro make nabo hari icyo bageraho.”

Imyuga: Amahirwe y'ahazaza


Ubusanzwe, abanyeshuri bo muri Don Bosco Muhazi bahabwa amasomo y’imyuga nka tekiniki, ubwubatsi, ububaji, ubudozi, ikoranabuhanga n’ubukorikori. Ayo mahirwe atuma benshi batangira kwihangira imirimo bakiri bato, abandi bagahita babona akazi aho barangirije.

Umuryango Don Bosco Youth Education For All utegamiye kuri Leta, ufite n’intego yo guteza imbere uburezi bufite ireme busubiza ibibazo biri ku isoko ry’umurimo, gufasha urubyiruko mu nzego zitandukanye cyane cyane hibandwa ku rubyiruko rw’amikoro make rukomoka mu bice bitandukanye by’igihugu.

Uyu muryango kandi ugamije no guteza imbere uburenganzira bwa muntu harimo n’ubw’abana, guteza imbere siporo n’umuco, kwimakaza ubumwe n’urukundo mu banyarwanda binyuze muri gahunda zitandukanye zawo.

Muri gahunda z’uyu muryango, harimo na gahunda zo kubungabunga ibidukikije n’ubukangurambaga bugamije gufasha abanyarwanda kugera ku iterambere rirambye himakazwa imibereho myiza n’ubuzima buzira umuze mu benegihugu. Izi gahunda zigamije gukomeza gushyigikira Leta kugera ku iterambere rirambye, binyuze by’umwihariko mu ruhare rw’urubyiruko nka moteri y’iterambere haba uyu munsi ndetse no mu gihe kizaza.

Inzozi z’ahazaza: Umwuga kuri buri Munyarwanda


Mu gihe isi yose iri guhinduka ishingiye ku bumenyi n’ubushobozi bwo gukora, u Rwanda rugenda rushyiraho ingamba zo kwimakaza imyuga nk’inkingi y’iterambere. Aho kugira ngo urubyiruko rutege amaboko, rwigishwa uko rwakwikorera, rukabyaza umusaruro ubumenyi rufite.

Ubwo bwitange ni bwo Don Bosco Youth Education For All yifuza gusangiza urubyiruko mu Rwanda hose, kandi u Rwanda rurabikeneye kuko uburezi bufite ireme, bushingiye ku myuga, ari bwo bwonyine bushobora guhindura ubuzima n’amateka by'uwafatwaga nk'utishoboye akaba umunyamurava ufite icyo ashyira ku isoko ry’umurimo.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...