Impamvu Don Pettit wa NASA yasaga nabi nyuma yo kugaruka ku isi avuye mu isanzure

Ubuzima - 01/05/2025 5:00 PM
Share:

Umwanditsi:

Impamvu Don Pettit wa NASA yasaga nabi nyuma yo kugaruka ku isi avuye mu isanzure

Don Pettit, umwe mu barimo gukorera mu isanzure bamaze igihe kinini akaba n’umusaza wa NASA ukiri mu kazi afite imyaka 70, yasobanuye impamvu yagaragaye asa nabi cyane ubwo yagarukaga ku isi ku itariki ya 19 Mata 2025, avuye mu rugendo rw’amezi arindwi ku Kigo Mpuzamahanga cy’Ubushakashatsi cyo mu Isanzure (ISS), ari kumwe n’abakozi babiri b’Abarusiya. Uwo munsi kandi ni nawo hizihirizwaga isabukuru ye y’imyaka 70.

Pettit yasobanuye ko igihe yageraga ku butaka bwa Kazakhstan yagowe n’ingaruka zo gusubira mu butumburuke bw’isi, bituma agira isesemi ikabije. Yabwiye abanyamakuru i Houston ku cyicaro cya NASA ko mu by’ukuri yari “ari hagati yo gusohora ibyo yariye,” ari mu byo yise “gufumbira ubutaka bwa Kazakhstan.”

Amashusho yafashwe nyuma yo kugera ku isi yerekana Pettit yicaye mu ntebe atwawe n’abashinzwe kumwakira, agaragara asa nk’utameze neza. Byatumye bamwe batekereza ko ashobora kuba yajyanwe mu bitaro cyangwa se hari ikibazo gikomeye cyamubayeho. Ariko yabihakanye, avuga ko ibyo byose byatewe gusa n’uko umubiri we utihanganira gusubira mu mibereho y’isi nyuma y’igihe kirekire mu ari mu isanzure nkuko tubikesha Space.com.

Yagize ati: “Hari abantu basubira ku isi bagahita bajya kurya piza cyangwa kujya kubyina. Njyewe si ko bigenda. N’ubwo naba maze iminsi 16 gusa mu isanzure, bigaragara nk’amezi atandatu ku mubiri wanjye”.

Ibi ni ibintu abahanga mu by’ubuzima bw’abajya mu isanzure bemeza ko bisanzwe. Umubiri umaze igihe kitari gito mu kirere uba waramenyereye kutagira imbaraga z’ubutumburuke (microgravity), bityo kuwusubiza ku butaka aho habaho imbaraga z’ubutumburuke zisanzwe (gravity), bituma bamwe bagira ibimenyetso nk’isereri, kuruka, kubabara umutwe no gutakaza imbaraga.

Kuba kamera zitagaragaje ibyamubayeho mu buryo bweruye byateje impaka, ariko Pettit yasobanuye ko atari igikorwa cyo guhisha amakuru, ahubwo ari ukubahiriza uburenganzira bwe bw’ibanze n’icyubahiro. Yagize ati: “Abafotora baba bazi uko bitwara ntibagomba gushyira kamera zabo mu maso igihe uri mu bihe bigoye, ahubwo bagomba ku guha akanya ukabasha kumva utekanye.”

Ubu Pettit aravuga ko amerewe neza, kandi umubiriwe ukomeje kugerageza kwisanisha ni kirere gisanzwe aho bizamara ukwezi kumwe. Nubwo afite imyaka 70, avuga ko atigeze atekereza guhagarika umwuga wo kujya mu isanzure.

Yavuze asetsa ati: “Ndacyafite imbaraga, John Glenn yagarutse mu isanzure afite imyaka 76. Njye mfite 70 gusa, ndatekereza ko nshobora kongera kugenda inshuro imwe cyangwa ebyiri mbere yo kubihagarika,”



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...