Mugarura
yavuze ko kimwe mu byo abantu batigeze bamenya ku masezerano ya Element muri
iyi Label ari uko 'yasinye amasezerano nka Producer ntabwo yayasinye
nk'umuhanzi'.
Yasobanuye
ko ibi binigaragaza mu ndirimbo 'Fou de toi' na 'Milele', aho Element
Kenny
Mugarura yavuze ko indirimbo 'Tombe' uyu musore aherutse gushyira hanze
'ntitwagaragaye mu birango by’abamufashije kubera ko tutamuteye inkunga'. Avuga
ko 'rero Element afite uburenganzira bwo kugaragaza ko ari we wifashishije'-
Kuko n’ubundi amasezerano afite ni aya Producer muri Label.
Yavuze
ko 'Element aracyabarizwa muri 1:55 AM' kandi ko amasezerano ye asobanutse.
Yasobanuye ko mu gihe cyose bafashije Element mu ikorwa ry'ibihangano bye aba agomba
kubigaragaza, batamufasha akagaragaza ko ariwe byose wabyikoreye. Ati “Kuri iyi
nshuro twari duhuze, niyo mpamvu.”
Element
yafunguye urubuga rwe rwa Youtube ku wa 12 Gashyantare 2020, amaze
Nk'umuhanzi
afite indirimbo yitwa 'Kashe', 'Fou de Toi' yakoranye na Ross Kana
Element
ni umwe mu bahanzi n’aba-producers bagezweho mu Rwanda, wihariye mu buhanga bwo
gukora indirimbo kuva ku gitekerezo kugera ku musaruro wa nyuma.
Azwiho
ubushobozi bwo gukora ‘instrumentals’ zifite ireme, zikoze ku rwego
mpuzamahanga kandi zituma umuhanzi aririmba yisanzuye.
Ashoboye
guhuza imiziki ya Kinyafurika (Afrobeat, RnB, Dancehall n’indi) n’imyambarire
y’abahanzi ku buryo indirimbo ivamo iba ifite ishusho yihariye.
Yakoze indirimbo nyinshi za Bruce Melodie,
ndetse ari mu bagize uruhare kuri album ye ‘Colorful Generation’; ariko
yanakoreye abandi bahanzi.
Element
Eleeh ntabwo ari producer usanzwe uhagarara ku gukora beats gusa. Azi kwandika
amagambo y’indirimbo, cyane cyane azirikana message, rhythm n’ukuntu amagambo
acengera mu mutima w’umwumva.
Hari
indirimbo nyinshi yagiye afasha kwandika cyangwa atanga ibitekerezo bikomeye
byagize uruhare rukomeye mu kugaragaza impano y’umuhanzi.
Uretse
kuba producer, Element Eleeh ni n’umuririmbyi w’umuhanga. Amaze gukora
indirimbo ze bwite aho agaragaza ijwi rifite emotions, rifite umwimerere kandi
rigezweho.
Iyo aririmba cyangwa afasha abandi kuririmba, akora nk’umuyobozi w’ijwi (vocal director) ubasha gutunganya uko ijwi rigomba guca, rimwe na rimwe akarisubiramo kugeza rifite ingufu zishimisha umutima.
Element afite amasezerano muri Label ya 1:55 AM nka Producer bituma hari ibikorwa by’umuziki bigaragaramo ko bamushyigikiyemo, ahandi ntibigaragaremo