Igitaramo cya Richard Nick Ngendahayo i Kigali cyigijwe inyuma

Imyidagaduro - 11/08/2025 2:17 PM
Share:

Umwanditsi:

Igitaramo cya Richard Nick Ngendahayo i Kigali cyigijwe inyuma

Igitaramo cyiswe ‘Niwe Healing Concert’ cya Richard Nick Ngendahayo, cyari giteganyijwe kuba ku wa 23 Kanama 2025 muri BK Arena, cyimuriwe ku wa 29 Ugushyingo 2025.

Abari gutegura iki gitaramo batangaje ko kwigiza inyuma byatewe n’ubusabe bw’abakunzi b’uyu muhanzi baturutse mu bice bitandukanye by’Isi, cyane cyane abateganya kuzakitabira bavuye hanze y’u Rwanda, basabaga igihe cyo kwitegura neza no kubishyira muri gahunda y’urugendo rwabo.

Mu itangazo ryabo bagize bati: “Ni icyemezo cyafashwe nyuma yo kwakira ubusabe bw’abantu batandukanye ku Isi yose bifuzaga ko twigiza inyuma iki gitaramo, kugira ngo barusheho kwitegura, by’umwihariko abateganya kucyitabira baturutse hanze y’u Rwanda.”

Iki gitaramo kizaba gikubiyemo umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, kikaba ari n’umwanya w’ihuriro hagati ya Richard Nick Ngendahayo n’abakunzi be b’igihe kirekire, nyuma y’imyaka 15 amaze aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Richard Nick Ngendahayo azwi mu ndirimbo zafashije benshi mu rugendo rwabo rwo kwizera nka “Mbwira ibyo ushaka”, “Ibuka”, “Gusimba Umwonga”, “Si Umuhemu”, “Yambaye Icyubahiro”, “Wemere ngushime”, “Ijwi rinyongorera”, “Unyitayeho” na “Sinzakwitesha”.

Ku bakunzi b’umuziki wa Gospel mu Rwanda, uru ni urugendo rw’imbonekarimwe kuko ruzaba rugamije gusubizanya urukumbuzi rw’imyaka myinshi, ndetse rukazaba n’umwanya wo gusangira ubutumwa bwo guhumuriza no gukomeza kwizera.

Iki gitarao giteganyijwe kuzaba gifite itegurwa rihambaye, amajwi n’imurikabirori bigezweho, mu rwego rwo guha abakitabira ubunararibonye budasanzwe.

Abategura bemeza ko guhindura itariki bizatanga umusaruro mwiza, kuko bizaha amahirwe abantu benshi yo kugera i Kigali, bityo igitaramo kikazaba cyuzuye mu buryo bw’umwuka no mu mubare w’abakitabiriye.

Umuyobozi wa Fill the Gap Limited, Haguma Natacha, aherutse kubwira itangazamakuru ko nta mabanga cyangwa amafaranga menshi byabaye igisubizo mu gutumira uyu muramyi, ahubwo byose byakozwe n’igihe.

Yasubizaga ashingiye mu kuba kuva mu myaka 15 ishize, Richard yaragiye atumirwa i Kigali bikanga. Ati “Byahuriranye n’igihe cy’Imana! Dusanga Richard ari mu gihe cyo kugaruka mu gihugu. Wenda ibyananije abandi hari aho twahuriye nawe. Igihe nikigera, ibintu byose birikora.”

Yakomeje ati: “Iyo igihe cyageze, ashobora no kuza atanishyuwe. Navuga ko abagerageje mbere baratsinzwe, twebwe tubishobojwe n’uko igihe cyageze.”

Haguma yavuze ko Richard azagera i Kigali mbere y’igitaramo, agahura n’itangazamakuru ndetse akagira n’igihe cyo kwitegura. Mbere y’uko agera mu Rwanda, azasohora indirimbo nshya, ndetse bishoboka ko azamurika Album nshya mu gitaramo.

Richard Nick Ngendahayo yatangiye kuririmba mu myaka ya 2000, ahuza ijwi ry’ubwitonzi n’inyigisho zikomeye zishingiye ku ijambo ry’Imana. Yamenyekanye cyane mu ndirimbo nka “Niwe,” “Ibuka,” “Sumuhemu,” n’izindi zakoze ku mitima ya benshi.

Yaririmbaga cyane mu bitaramo byo kuramya n’amasengesho ya Gahunda y’Igihugu y’Isengesho, akitabira n’ibikorwa by’Itorero ry’igihugu. Yabaye mu itsinda rya Rehoboth Ministries, ndetse yakundwaga no kuba yari umuramyi udashyira imbere inyungu z’isi, ahubwo akibanda ku butumwa.

Mu 2010 ni bwo yafashe icyemezo cyo kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yakomereje umurimo w’Imana binyuze mu muziki no kwigisha ijambo ry’Imana mu matorero atandukanye. Nubwo atari akigaragara mu ruhame mu Rwanda, indirimbo ze zakomeje kubaho nk’umurage.

 “Niwe Healing Concert” ni igitaramo cyitezweho kuba umwanya w’amasengesho, kuramya no gusubizwamo imbaraga, kizabera kuri BK Arena ku wa 29 Ugushyingo 2025. 

Umuramyi Richard Nick Ngendahayo, wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gutaramira i Kigali bwa mbere mu myaka 15 amaze abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

 

Igitaramo cya Richard Nick kimuriwe tariki 29 Ugushyingo 2025 muri BK Arena

REBA HANO INDIRIMBO 'AMENYA' YA RICHARD NICK NGENDAHAYO



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...