Igitaramo bya ‘Let’s Celebrate’ cyatangiranye n’abahanzi 9, Be One Gin inyura abitabiriye – AMAFOTO

Imyidagaduro - 20/10/2025 3:20 PM
Share:

Umwanditsi:

Igitaramo bya ‘Let’s Celebrate’ cyatangiranye n’abahanzi 9, Be One Gin inyura abitabiriye – AMAFOTO

Ku nshuro ya mbere hatangijwe uruhererekane rw’igitaramo ‘Let’s Celebrate’ kizajya kiba buri kwezi aho abahanzi 9 ari bo basusurukije abitabiriye iki gitaramo ari na ko inzoga ya Be One Gin ikomeza kunyura no guhuza abari mu gitaramo.

Ku isaha ya saa 10;00PM, ni bwo umuhanzi Vex Prince yafunguye iki gitaramo aririmba zimwe mu ndirimbo ze zimaze kumenyekana nka "Wahala" ndetse n’izindi zitandukanye, gusa kuko abafana bari batarajya mu mwuka w’igitaramo, ntabwo yamazeho igihe kirekire.

Yampano nk’umwe mu bahanzi bari bategerejwe cyane muri iki gitaramo, yahise ajya ku rubyiniro abafana bajyana n’indirimbo ze ariko byagasa nk’aho ibintu yari yabyoroheje uhereye mu myambarire ugakurikizaho imiririmbire.

Gisa cy’Inganzo utari uherutse kugaragara ku rubyiniro mu bitaramo, yaririmbye indirimbo ze abantu bazi ndetse aha isezerano abari muri icyo gitaramo ko agiye gukora iyo bwabaga agakora imiziki myiza kandi myinshi.

Diez Dola uri mu banditsi beza ndetse n’umuhnazi mwiza, yahise ajya ku rubyiniro aririmba mu buryo bwo kuvanga amajwi macye y’indirimbo ye n’andi bacuranga ako kanya aririmba indirimbo ze zirimo Repete, Zangalewa...

Alto nawe wari uri mu bategerejwe muri iki gitaramo, yahise aza ku rubyiniro akomereza aho Diez Dola yari agejeje aririmba nk’iminota 15 hanyuma ahita akorerwa mu ngata na Ross Kana wahise aza ku rubyiniro akaririmba zimwe mu ndirimbo zirimo ‘Fou de Toi’ n’izindi.

Amasaha yarimo yicuma, Bushali yahise aza ku rubyiniro mu mudiho n’indirimbo ziri mu njyana na Kinya-Trap hanyuma abantu bajya mu bicu ndetse akamwenyu ari kose cyane ko abari baje muri iki gitaramo bari bamaze kwambukiranya undi munsi.

Ibintu byakomeje kuba uburyohe ubwo DJ Briane yazaga ku rubyiniro mu ndirimbo ari kumwe n’ababyinnyi be hanyuma ashyiramo uruvange rw’imiziki hanyuma buri wese anyeganyega uko abyumva n’uko abishoboye.

Umuhanzi Kirikou Akili ukomoka mu Burundi yahise aza ku rubyiniro nyuma ya Dj Briane aza yinjirira ku ndirimbo ‘Aha nihe’ iri mu ndirimbo ziri kubica bigacika haba mu Rwanda no mu Burundi. Ibintu byaje kugorana nyuma y’uko ibyuma bimurogoye hanyua ahita ava ku rubyiniro.

Igitaramo cyaje kurangizwa na Davis D wabyinishije abafana be by'umwihariko abafana be b’abakobwa dore ko yavuye ku rubyiniro abantu bakimushaka ariko agasobanura ko kubera amasaha yari amaze gukura, agomba guhagarikira aho.

Ni igitaramo cyasojwe ariko abantu bakomeza kunywa Be One Gin dore ko hari abari bataramara iyo bari baguze abandi bakagura iyo gutahana cyane ko idatera umunaniro - uwaraye ayinyoye yabyutse ajya mu kazi nk’uko bisanzwe.

Dj Briane yasusurukije abitabiriye igitaramo Let's Celebrate yifashishije itsinda ry'ababyinnyi 

Umuhanzi Vex Prince niwe wabimburiye abandi ku rubyiniro

Nyuma y'igihe kirekire, Gisa yongeye gutaramira abafana be 

Yampano yataramiye abafana be mu gitaramo 'Let's Celebrate' akurikiye Gisa cy'Inganzo

Alto nawe wari utegerejwe yanejeje abafana be mu gitaramo Let's Celebrate 

Ahereye ku ndirimbo 'Fou de Toi' Ross Kana yataramye mu gitaramo 'Let's Celebrate'

Bushali yongeye gushimangira ko injyana ya Kinya Trap ikiyoboye

Nyuma yo gutaramira muri 'Let's Celebrate' Davis D yavuze ko agiye guhita akurikizaho Dubai 

Kirikou Akili wavuye ku rubyiniro atishimye, ntako atari yagize 

Reba uko abahanzi bose bitwaye ku rubyiniro




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...