Igihe cyari kigeze- Prosper Nkomezi avuga kuri Israel Mbonyi yashyize kuri Album ye-VIDEO

Imyidagaduro - 14/07/2025 5:18 PM
Share:

Umwanditsi:

Igihe cyari kigeze- Prosper Nkomezi avuga kuri Israel Mbonyi yashyize kuri Album ye-VIDEO

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yatangaje ko igihe cyari kigeze ngo akorane indirimbo n’umuhanzi mugenzi we Israel Mbonyi, ashingiye ku bushuti bafitanye ndetse n’uruhare bombi bahuriyeho mu kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo.

Hari hashize igihe kinini abakunzi b’indirimbo za Gospel bifuza kubona aba bahanzi bombi bahuriye ku ndirimbo imwe. Ibyifuzo byabo bigiye gusubizwa, kuko indirimbo bakoranye yamaze gukorwa, nk’uko Nkomezi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda.

Yavuze ko iyi ndirimbo izaba iri kuri Album ye nshya yise Warandamiye, ateganya gusohora mu minsi iri imbere. Ati “Indirimbo twarayikoze, izajya hanze mu gihe kiri imbere. Iri kuri Album. Ntabwo nari guhubuka kuyishyira hanze nta gihe kigeze. Ariko ubu igihe kirageze,”

Prosper Nkomezi yavuze ko asanzwe afitanye umubano udasanzwe na Israel Mbonyi, ndetse amusobanura nk’umuntu afatiraho urugero. Ati “Mbonyi mufata nk’umuvandimwe mukuru. Iyo mbaye nkeneye inama ndamwegera. Ni umugabo w’Imana w’umunyamwuga. Naramwegereye ndamubwira nti ‘igihe kirageze’, maze yemera gukorana nanjye. Ndabizi ko abantu bazabikunda, kuko ni indirimbo ivuye ku mutima,”

Amafoto yagaragaje aba bahanzi bombi bari kumwe yasohotse ku itariki ya 4 Kanama 2025, nyuma y’isabukuru ya Israel Mbonyi, byongera guha imbaraga ibyari bimaze iminsi bivugwa n’abakunzi babo ko hari indirimbo bari gutegura.

Nkomezi yavuze ko iyi Album nshya ayishingiye ku rugendo rwe nk’umuhanzi n’umukozi w’Imana mu gihe cy’imyaka icyenda amaze mu muziki. Ahamya ko mu byo yanyuzemo harimo ubuhamya bukomeye bw’ubuzima bwe, ndetse ko buri ndirimbo ayubatseho kugira ngo buri wese uyumva azayisangemo.

Ati “Ni ubuhanzi bushingiye ku buzima bwanjye, ariko n’abandi bashobora kubwiyumvamo. Buri muntu azasanga igice cy’ubuzima bwe kuri iyi Album. Imana yanyigishije byinshi, ko iyo ikigufiteho umugambi, iragukomeza, kabone n’iyo byaba bigoye,”

Uretse iyi Album nshya Warandamiye, Nkomezi avuga ko afite indi gahunda ndende yo gusohora indi Album mu mwaka wa 2026, ikazaherekezwa n’igitaramo gikomeye, nk’uko biri muri gahunda yihaye. Ati “Ubu umutima wanjye uri kuri Warandamiye, ariko no mu mwaka utaha hari indi Album izaza, tuzayishyira ahabona mu buryo bugezweho, binyuze no mu gitaramo kizaba kinini.”

Ubwo aya makuru yatangazwaga, abafana b’umuziki wa Gospel cyane cyane abakurikirana ibikorwa by’aba bahanzi bombi batangiye kugaragaza ibyishimo n’amatsiko ku mbuga nkoranyambaga, bategereje uko iyi ndirimbo izaba imeze. Biteganyijwe ko izasohoka mbere y’uko uyu mwaka urangira, nk’uko bivugwa n’abo hafi y’umushinga wa Warandamiye.

N’ubwo hatatangajwe byinshi ku izina ry’indirimbo cyangwa amagambo ayigize, ababonye amafoto ya Prosper Nkomezi na Israel Mbonyi bagaragaza ko iyi ari imwe mu ndirimbo zitazibagirana muri 2025, cyane ko bahurije hamwe ubuhanga, ubuhamya n’icyerekezo cya Gikristo.

Prosper Nkomezi na Israel Mbonyi ni bamwe mu byamamare bitabiriye igitaramo gikomeye "Unconditional Love Season 2" cya Bosco Nshuti. Cyabereye muri Camp Kigali tariki 13 Nyakanga 2025, kiririmbamo Bosco Nshuti, Aime Uwimana na Ben na Chance. 


Ubucuti bwabaye indirimbo: Prosper Nkomezi na Israel Mbonyi basangiye ubusabane, basangira n'umurimo w'Imana


Byari iby’umugisha n’icyerekezo kimwe—Nkomezi na Mbonyi mu rugendo rw’indirimbo ihuriweho

Israel Mbonyi na Prosper ni bamwe mu bitabiriye igitaramo cy'amateka cya Bosco Nshuti

Bosco Nshuti yakoze igitaramo gikomeye yise Unconditional Love Season 2

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA PROSPER NKOMEZI



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...