Icyo abahanga bavuga ku ngaruka z’imvugo za Elon Musk ku mbuga nkoranyambaga yibasira Ukraine

Inkuru zishyushye - 30/04/2025 4:23 PM
Share:

Umwanditsi:

Icyo abahanga bavuga ku ngaruka z’imvugo za Elon Musk ku mbuga nkoranyambaga yibasira Ukraine

Nyuma y’uko iperereza ryimbitse ryerekanye uko Elon Musk, nyiri urubuga rwa X (rwahoze ari Twitter), agenda asangiza ubutumwa bushyigikira Uburusiya cyangwa bunenga Ukraine, abahanga mu by’itumanaho, politiki mpuzamahanga n’umutekano batangaje impungenge zituruka ku buryo imvugo z’uyu mugabo zigera ku bantu miliyoni amagana, zishobora kugira ingaruka zikomeye ku myumvire rusange no ku muhame mpuzamahanga.


Dr. Mélanie Moreau, inzobere mu mibanire mpuzamahanga, asobanura ko uburyo Musk akoresha X bushobora guteza impinduka mu mitekerereze y’abantu ku isi. Ati: “Iyo umuntu ufite miliyoni z’abamukurikirana atangaza ibitekerezo bivanze n’amarangamutima ku ntambara cyangwa politiki, abihindura nk’amakuru yizewe. Birarushaho kuba ikibazo iyo ibyo avuga bihura n’imyumvire y’ubutegetsi bw’igihugu gifite uruhare muri iyo ntambara, nk’uburusiya.”

Abahanga mu bugenzuzi bw’itumanaho, nk’inararibonye mu mbuga nkoranyambaga Dr. Jessica Yarin Robinson, bavuga ko Musk agenda yegera cyane abantu bafite ibitekerezo by’ubuhezanguni, cyane cyane abo mu itsinda rya “alt-right.” Ibi ngo bituma ubutumwa bwe bugira uburemere bwihariye mu gutiza umurindi ingengabitekerezo ibangamira demokarasi, ihame ry’ubufatanye bw’amahanga n’uruhare rw’amashyirahamwe nka NATO.

Dr. Jérôme Viala-Gaudefroy, umwanditsi w’ibitabo ku ishusho ya politiki muri Amerika, yerekana ko imvugo za Musk ziri kujya gusa n’iza bamwe mu bayobozi bafite intego yo gusenya amahame y’ubwisanzure n’uburinganire. Ati: “Imvugo nk’iyo, iyo ikwirakwijwe n’umuntu ufite ijambo rikomeye, itera intege imiyoborere y’igitugu mu bihugu nk’Uburusiya, kandi igatuma abaturage bo mu bihugu bifite amahoro batangira gutekereza ko amahoro n’ubufatanye atari ingenzi.”

Mu mwaka wa 2022, Elon Musk yashyizeho igitekerezo cyo gukemura intambara ya Ukraine n’Uburusiya, aho yasabaga ko habaho amatora y’ubwigenge mu duce twa Ukraine twafashwe n’Uburusiya, ko Crimea yakwemerwa nk’igice cy’Uburusiya, ndetse na Ukraine ikagumana ubusugire ariko idakomeza gahunda yo kwinjira muri NATO. Iki gitekerezo cyateje impaka zikomeye, aho bamwe bagifashe nk’icyo gushyigikira Uburusiya, abandi bakavuga ko ari ugushaka amahoro mu buryo budakwiye.

Mu mwaka wa 2023, byavuzwe ko Elon Musk yategetse guhagarika serivisi za Starlink mu gace ka Crimea, kugira ngo ataba mu bikorwa bya gisirikare byashoboraga gukurura intambara ikomeye. Ibi byateje impaka, aho bamwe bavuze ko yateje ibibazo mu bikorwa bya gisirikare bya Ukraine, abandi bakavuga ko yagerageje gukumira intambara ikomeye. Nkuko tubikesha ibinyamakuru birimo France 24 RTBF na France Info byagaragaje ko hari Post zirenga 15,000 za sohowe na Elon Musk.

Hari kandi impungenge zivugwa ku mubano wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika na bimwe mu bihugu by’inshuti za Ukraine. Prof. Katarzyna Nowak, umusesenguzi wa politiki yo mu burasirazuba bw’u Burayi, asobanura ko amagambo ya Musk ashobora gutera urujijo mu baturage, bamwe bagatangira gushidikanya ku kamaro ko gutera inkunga Ukraine, bityo bikagira ingaruka ku mbaraga za dipolomasi y’Amerika.

Abahanga basaba ko hagomba gukorwa igenzura ryimbitse ku bijyanye n’uburyo urubuga rwa X rukoreshwa mu gukwirakwiza ubutumwa bufite uruhare ku mutekano mpuzamahanga. Hari abasaba ko haba ubufatanye hagati y’amahanga mu gushyiraho amahame areba uburyo ba nyiri imbuga nkoranyambaga bagira uruhare mu bijyanye n’umutekano n’amahoro.

Icyifuzo cy’abasesenguzi si ugukumira cyangwa kubuza abatanga ibitekerezo, ahubwo ni ugusaba ko abantu bafite ijwi rinini nka Elon Musk bashyirwaho inshingano zisobanutse, bakamenya ko amagambo yabo ashobora kugira ingaruka nyinshi, harimo no gutiza umurindi ibihugu bihonyora uburenganzira bwa muntu.Iperereza ryimbitse ryerekanye uko Elon Musk, nyiri urubuga rwa X (rwahoze ari Twitter), agenda asangiza ubutumwa bushyigikira Uburusiya bukanenga Ukraine



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...