Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Icenova yavuze ko iki ari ikibazo gisanzwe ku
bahanzi benshi, atari we wenyine. Yagize ati “Abantu bategura ibitaramo hano,
cyane cyane ibitaramo binini, bakunda kuguma ku bahanzi bamwe. Ntabwo mbagaya,
kuko wenda baba babona ko ari bwo buryo bubacururiza, ariko ni ko bimeze. Kuba
utambona mu bitaramo ntabwo ari njye njyenyine. Kugeza igihe abo bantu
bazarebera mu mpande zose, bizakomeza bityo.”
Avuga
ko igihe atabonye ubutumire mu bitaramo nk’ibi, azakomeza kwitabira ibitegurwa
na Green Ferry, inzu ifasha abahanzi yanyuzemo, cyangwa ibitaramo bye bwite.
Aragira
ati “Reba abahanzi bari mu Rwanda bakora amanywa n’ijoro kandi ni benshi, ariko
ugasanga umwaka urashize, undi uratashye, ariko mu bitaramo hakagaragara bamwe
bonyine. Ibi ntibiri ku rwego rwiza.”
Nubwo
adatumirwa kenshi mu bitaramo bikomeye, Icenova avuga ko bidashobora kumuca
intege, kuko umuziki awufata nk’ubuzima bwe.
Icenova
yavukiye i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali. Yarangije amashuri yisumbuye afite
inzozi zo kugera ikirenge mu cya Riderman. Yize Icungamutungo muri Kaminuza
Yigenga ya Kigali (ULK) aho yakuye impamyabushobozi y’icyiciro cya kabiri cya
kaminuza.
Yahuye
na producer Nganji wo muri label Green Ferry bahita batangira gukorana. Mu
myaka itatu yamaze ahakorera, yakoze album ebyiri: Ubuvanganzo I na Ubuvanganzo
II.
Azwi
mu ndirimbo nka Uri tayari, Abahungu, Nyagasani yakoranye na Bushali, n’izindi
nyinshi. Nyuma y’intsinzi ya Irizi, Icenova avuga ko we na Bushali bari
kuganira ku mushinga mushya. Avuga ati “Turi gupanga uburyo twajurira.”
Icenova
yasabye abategura ibitaramo guhindura imyumvire, bagatekereza no ku bandi
bahanzi
Icenova
yavuze ko azakomeza kugaragara mu bitaramo bya Green Ferry mu gihe cyose
ataratumirwa mu bitaramo binin
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE N'UMURAPERI ICENOVA
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'URUCABANA' YA ICENOVA, SLUM DRIPP NA BULL DOGG NA