Ibyo wamenya kuri Mukashyaka Clenie, umubyeyi w’umuramyi watangiye kuririmbira Imana akiri muto - VIDEO

Iyobokamana - 18/04/2025 1:23 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibyo wamenya kuri Mukashyaka Clenie, umubyeyi w’umuramyi watangiye kuririmbira Imana akiri muto - VIDEO

Mukashyaka Clenie ni umwe mu baramyi bashya bari gutangira kumenyekana mu muziki uhimbaza Imana. Ni umubyeyi wiyemeje gukoresha impano ye mu kuramya no guhimbaza Imana, nyuma yo kwibonera ibitangaza byinshi yakoze mu buzima bwe n’ubw’inshuti ze.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Mukashyaka Clenie yavuze ko yatangiye umuziki akiri umwana muto. Yagize ati:
“Natangiye umuziki nkiri muto niga mu wa kane w’amashuri abanza. Icyo gihe nahimbaga indirimbo zanjye, nanaririmbaga muri korali y’abana yitwaga Umunezero muri ADEPR, ari na ryo torero nsengeramo kugeza ubu.”

Nyuma yaje gukomeza amashuri yisumbuye, aho yakomeje kwitabira korali z’abanyeshuri ariko akandika ndetse akanaririmba indirimbo ze bwite.

Clenie yavukiye mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba, akaba akorera umurimo w'Imana mu itorero rya ADEPR. Avuga ko impamvu yahisemo gukoresha impano ye mu kuririmbira Imana ari uko yumvaga ari uburyo bwiza bwo gutambutsa ubutumwa bw’Imana.

Yagize ati: “Nkunda kuririmba kuva nkiri muto kuko byamfashaga gutambutsa ubutumwa binyuze mu ndirimbo. N'iyo hari ijambo ry'Imana ryabaga ryamfashije, nahitaga ndikoramo indirimbo.”

Yongeyeho ko ibitangaza Imana yamukoreye mu buzima ari byinshi, ariko hari ibyamukoze ku mutima byatumye arushaho kuyegera. Ati: “Nk'ubu, kuba ndi umukristo mbifata nk’igitangaza, kuko hari abaruhiye mu bubata bw'ibyaha bitandukanye bakabura imbaraga zo kubivamo, keretse ubuntu bw'Imana nk'ubwo nagiriwe. Ariko njye Imana yanyeretse imbabazi zayo ubu mbayeho ubuzima bw’amahoro ava kuri Kristo nubwo naba ndi mu gihe kitari icy'amahoro.”

Yavuze ko yigeze kurwara indwara y’amayobera ayimarana imyaka itatu, ariko Imana ikamukiza mu buryo butangaje. Kugeza ubu, Mukashyaka Clenie amaze gushyira hanze indirimbo imwe y’amashusho yise “Yakoze ibikomeye”, hamwe n’izindi ebyiri z’amajwi (audio).

Avuga ko ubutumwa buri muri iyo ndirimbo ari ugukangurira abantu kwizera Imana, kuko irenze ubushobozi bw’abantu cyangwa imbaraga z’abantu babi nk’abapfumu n’abarozi. Ati: “Nayihimbye nyuma y’uko inshuti yanjye Imana iyikoreye igitangaza gikomeye. Twajyaga dusenga Imana ikavuga ibyakozwe n'ababi, nta byiringiro ko hari icyo Imana yakora bitewe n'umusozi yari ariho. Ariko Imana yawumukuyeho twese turayitangarira. Nibwo nahise nandika iyi ndirimbo.”

Clenie avuga ko afite indirimbo nyinshi zitarasohoka, ariko zose zifite ubutumwa bwiza kandi zizagenda zisohoka mu byiciro bitandukanye. Ndetse mu gihe cya vuba, hari imwe muri zo yise “Ineza” izajya hanze.

Mukashyaka Clenie arashimira Imana ku byo imaze kumukorera, kandi akizeza abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana ko azakomeza gutambutsa ubutumwa bubahumuriza no kubereka urukundo rw’Imana biciye mu bihangano bye.

Mukashyaka Clenia yiyemeje kuvuga ubutumwa bwiza abinyujije mu ndirimbo

Amaze gushyira indirimbo eshatu hanze kandi aracyafite n'izindi nyinshi mu bubiko

Ahamya ko ibitangaza bihambaye Imana yakoze mu buzima bwe n'ubw'abandi ari byo byamusunikiye kuyiririmbira

Nyura hano urebe indirimbo 'Yakoze ibikomeye' ya Mukashyaka Clenie


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...