Uyu
muhanzi uri kwitegura kugaruka i Kigali muri iki Cyumweru yanashyize ku isoko
ibiciro by'amatike yo kwinjira muri iki gitaramo azahuriramo n'abarimo Jules
Sentore, Itorero Ishyaka ry'Intore ndetse na Ruti Joel.
Hari
amakuru avuga ko Charles Uwizihiwe usanzwe uririmbana na Lionel Sentore nawe azaririmba
muri iki gitaramo mbere y'ubukwe buzaba tariki 29 Nyakanga 2025.
Massamba
Intore yatumiwe muri iki gitaramo nk'Umushyitsi Mukuru, ndetse hari amakuru avuga
ko azashimira Lionel Sentore ku bw'uruhare rwe mu guteza imbere injyana
gakondo. Ariko kandi ashobora kuzatungurana agataramira abantu mu gihe gito.
Lionel
Sentore yagaragaje ko kwinjira muri iki gitaramo bisaba kuzishyura ibihumbi 10
Frw mu myanya isanzwe (Regular), mu gice cya 'Premium' ni ukwishyura ibihumbi
20 Frw; ni mu gihe mu myanya ya VIP umuntu umwe ari ukwishyura ibihumbi 35 Frw,
n'aho kuri meza (VIP Table) ni ukwishyura ibihumbi 200 Frw. Harimo na
'Corporate Table' igura ibihumbi 500 Frw.
Uyu
muhanzi agaragaza ko iki gitaramo kizabera muri Kigali Conference and
Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali tariki 27 Nyakanga 2025. Avuga ko
imiryango y'ahazabera igitaramo cye izafungurwa guhera saa kumi n'imwe (5Pm),
igitaramo nyirizina gitangire saa moya z'ijoro (7 Pm).
Yagaragaje
ko kwinjira muri iki gitaramo bisaba gukanda *662*700*1473# ariko kandianagaragaza
ko ushobora kugura itike yo kwinjira muri iki gitaramo unyuze ku rubuga
Album
“Uwangabiye” agiye kumurika iriho indirimbo nka: Umukobwa w’abeza, Teta,
I.U.O.A.E, Uko bimeze (ft. Mike Kayihura), Urera (ft. Elysee), Uwangabiye,
Hobe, Mukandori (ft. Angela), Ntaramanye, Urukundo (ft. Boule Mpanya),
Yanyuzuye umutima ndetse na Haguruka ugende.
Yayikoze
ari mu Burayi, mu gihe yari mu rugendo rushya nk’umusore wiyubaka, atangira
kwandika amateka mashya y’ubuzima n’ubuhanzi bwe.
Iki
gitaramo ni intambwe ikomeye mu rugendo rw’uyu muhanzi, kuko azamurikiramo
album ye ya mbere yise “Uwangabiye”, ikubiyemo indirimbo 12 zigaruka ku
rukundo, umuco, amateka n’ishimwe. Yazihimbye azirikana abantu bamugabiye
byinshi mu buzima bwe, barimo Perezida Paul Kagame, Sekuru Sentore Athanase,
ababyeyi be n’abandi.
Ati
“Sogokuru yangabiye gukunda igihugu no gukunda umuco. Mama wanjye yangabiye
urukundo, Papa yangabiye uburere. Perezida Kagame namwise umugoboka-rugamba,
kuko yaduhaye igihugu gitekanye, agenda atugabira byinshi birimo Girinka
n’iterambere. Iyi ndirimbo ni ishimwe, igaragaza umutima wanjye,”
Igitaramo
“Uwangabiye Album Launch Concert” cya Lionel Sentore si icyo kwidagadura gusa,
ahubwo ni igikorwa gifite uruhare runini mu guteza imbere umuco nyarwanda.
Sentore
avuga ko indirimbo ziri kuri Album ye aziteho gufasha urubyiruko kumva ishema
ryo gukunda igihugu, gushimira ababyeyi no kurangwa n’ikinyabupfura.
Lionel
Sentore n’abandi bahanzi bazaririmba ni urugero rw’uko umuco ushobora kuba
umwuga, ukatunga nyirawo kandi ukamuteza imbere.
Ibitaramo
nk’ibi bitumirwa abanyamahanga, bikamurikwa ku mbuga mpuzamahanga, bigatuma u
Rwanda rugaragara nk’igihugu gifite umurage ukomeye.
Indirimbo
“Uwangabiye” ni urugero rw’indirimbo zifasha abantu gutekereza ku babagabiye
byinshi, ntibibagirwe aho bavuye n’ababahaye urukundo, uburere n’igihugu cyiza.
Lionel
Sentore ati “Uwangabiye Album Launch Concert” ni igitaramo cy’umuco,
indangagaciro n’ishimwe — ni igitaramo cy’umuryango Nyarwanda.” Amatike ari
kugurishwa binyuze kuri SINC, ukoresheje 662700*1473#. Kanda hano ubashe kugura
itike yawe: https://www.sinc.events/uwangabiye-1473
Lionel
Sentore yavuze ko muri iki gitaramo azataramana n’abahanzi barimo Ruti Joel,
Jules Sentore, ndetse n’Itorero Ishyaka ry’Intore
Ishyaka
ry’Intore rizwiho gukorana n’abahanzi bakomeye bategerejwe muri iki gitaramo
cya Lionel Sentore
Jules
Sentore ni umwuzukuru wa Sentore Athanase, umuhanzi ukomeye mu muziki nyarwanda
Ruti Joel yagaragaje ko yiteguye gutanga ibyishimo muri iki gitaramo cya Lionel Sentore