Ibyaha 4 Yesu yashinjwaga byatumye akubitwa akicwa akanikwa ku musaraba

Iyobokamana - 18/04/2025 3:52 PM
Share:

Umwanditsi:

Ibyaha 4 Yesu yashinjwaga byatumye akubitwa akicwa akanikwa ku musaraba

Kuri uyu wa gatanu wera, nibwo Abakirisitu ku Isi hose bazirikana ububabare Yesu yanyuzemo mu minsi ya nyuma y’ubuzima bwe ariko na none kugira ngo acungure abantu.

Yesu yafashwe mu ijoro ryo ku wa kane amaze gusangira n’intumwa ze hanyuma agambanirwa na Juda wumvaga ko Yesu afite imbaraga zidasanzwe arabasha kwirwanirira hanyuma we agatsindira ibiceri.

Yesu yashinjwaga ibyaha binyuranye, byiganjemo ibishingiye ku kwigira Imana, guhinyura amategeko y’abayuda, no guhungabanya umutekano wa politiki. Ibyo byaha byari bihimbano, byari bigamije kumwambura icyubahiro no kumukuraho nk’umwigisha w’ukuri.

Dore uko Bibiliya isobanura ibyo byaha Yesu yashinjwaga

1.   Kwigira Imana (Gukoresha izina ry’Imana mu buryo bw’agasuzuguro) – "Blasphemy"

Abakuru b’idini ya Kiyuda, barimo abatambyi bakuru n’abafarisayo, bashinjaga Yesu kwigira Imana no kwihandagaza avuga ko ari Umwana w’Imana.

59. Maze abatambyi bakuru n’abanyarukiko bose bashaka Yesu ho ibirego by’ibinyoma ngo babone uko bamwica, 60. barabibura nubwo haje abagabo b’ibinyoma benshi. Hanyuma haza babiri 61.  baravuga bati “Uyu yagize ngo yabasha gusenya urusengero rw’Imana, akarwubaka mu minsi itatu.” 62.       Umutambyi mukuru arahaguruka aramubaza ati “Ntiwiregura na hato? Ntiwumvise ibyo aba bakureze?” 63. Yesu aricecekera. Umutambyi mukuru aramubwira ati “Nkurahirije Imana ihoraho, tubwire niba ari wowe Kristo, Umwana w’Imana.” Yesu aramusubiza ati “Wakabimenye, kandi ndababwira yuko hanyuma muzabona Umwana w’umuntu yicaye iburyo bw’ubushobozi bw’Imana, aje ku bicu byo mu ijuru.” 65. Umutambyi mukuru abyumvise atyo ashishimura imyenda ye ati “Arigereranije. Turacyashakira iki abagabo? Dore noneho mwiyumviye kwigereranya kwe.

2.   Guhungabanya ubutegetsi bwa Roma – Kwigira Umwami

Ubwo bamushyikirizaga Pilato, abashinjaga Yesu bamuhimbira icyaha cyo kwigira umwami, bivuze ko yari ahanganye n’ubutegetsi bwa Roma.

Luka 23:2 “Nuko batangura kumurega bavuga bati ‘Uyu muntu tumusanze acumise ishyanga, abuza abantu gutanga imisoro kwa Kayisari, yivugira ko ari we Kristo, Umwami.’”

3.   Gukangurira abantu kwica amategeko y’Abayuda

Yesu yanaregwaga kuba atubahiriza amategeko ya Mose, urugero nko ku munsi w’isabato aho yakijije abarwayi, akanigisha ko ari "Umwami w'isabato."

Yohana 5:16-18 “Ni cyo cyatumye Abayuda batangira kumwanga, kuko yakoraga ibyo ku isabato. Ariko Yesu arabasubiza ati ‘Data arakora n’ubu nanjye ndakora.’ Ibyo byatumye Abayuda barushaho gushaka kumwica, kuko atari uko yarengaga isabato gusa, ahubwo yanitaga Imana Se, akigira umwe na Yo.”

4.   Gukangisha ko azarimbura urusengero

Mariko 14:57-59 “Haza bamwe b’abashinja ibinyoma bavuga bati ‘Twamwumvise avuga ati: Nzatembagaza uru rusengero rukorerwamo n’abantu, mu minsi itatu nzubaka urundi rutubatswe n’abantu.’ Ariko ibyo bavugaga ntibyahuye.”

Iri jambo Yesu yari yararivuze mu buryo bw’ikigereranyo, avuga urupfu rwe n’izuka rye, ariko bararifata uko ritari kugira ngo bamushinje ibinyoma.

Ibi byaha byose byari bihimbano, nk’uko Pilato ubwe yabibonye ndetse akanabyivugira.

Yohana 18:38  “Pilato aramubaza ati ‘Ukuri ni iki?’ Amaze kuvuga atyo arasohoka asanga Abayahudi, arababwira ati ‘Sinabonye icyaha na kimwe kuri uyu muntu.’”


Nyuma yo gushinjwa ibi binyoma byose ndetse no kutamwumvika nk’uko byari bikwiye, Yesu yarakubiswe, yambikwa ikamba ry’amahwa ndetse anabambwa ku musaraba I Gorogota ariko nyuma y’iminsi itatu arazuka ubu akaba yicaye iburyo bwa se nkuko yasize abivuze.

Ku wa gatanu wera, nibwo Yesu yakubiswe anambikwa ikamba ry'amahwa aricwa azizwa kuba yaravugaga ko ari umwana w'Imana akiza abarwaye ku isabato


Umwanditsi:

Yanditswe 18/04/2025 3:52 PM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...