Ibitaramo 6 by’abahanzi Nyarwanda byitezweho uburyohe bw’imyidagaduro muri Gicurasi 2025

Imyidagaduro - 02/05/2025 11:18 AM
Share:

Umwanditsi:

Ibitaramo 6 by’abahanzi Nyarwanda byitezweho uburyohe bw’imyidagaduro muri Gicurasi 2025

Abahanzi batandukanye bakomeye bo muri Afurika no mu Rwanda bategerejwe mu bitaramo by’impurirane bizaba muri uku kwezi, bitezweho gususurutsa imyidagaduro Nyarwanda by’umwihariko abakunzi b’umuziki aho baba baherereye hose mu bice byo hirya no hino ku Isi.

Umuziki ni kimwe mu bintu bitanga ibyishimo ku bantu b'ingeri zose, cyane cyane urubyiruko. Abahanga bakubwira ko umuziki ari ubuzima bwiyongera ku byo wariye cyangwa wanyoye. Mu Rwanda abakunzi ba muzika bazi uburyo bamwe mu bafana bamera amababa mu bitaramo.

Dore ibitaramo 6 byitezweho gufasha Abanywarwanda kuryoherwa n’ukwezi kwa Werurwe:

1.     The Ben


Nyuma yo gukorera igitaramo cy’amateka muri BK Arena, agahita asohora urutonde rw’ibitaramo ateganya gukorera hanze y’u Rwanda, The Ben yatangaje ko imyiteguro y’icyo azakorera i Kampala irimbanyije.

Byitezwe ko The Ben azataramira muri Uganda ku wa 17 Gicurasi 2025. Ni igitaramo azakora nyuma yo kuva i Burayi aho yari yateguye gukorera ibitaramo bitandukanye.

Nyuma yo kuva i Kampala, The Ben azahita yerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Kamena 2025. Byitezwe ko azasoza ibi bitaramo muri Kanama 2025 ubwo azaba yasubiye i Burayi muri Norvège.

The Ben yemeje ko ibi bitaramo bigamije gukomeza kumvisha abakunzi be indirimbo zigize album ye nshya ‘Plenty Love’ ariko banataramana cyane ko ahenshi baba badaherutse guhurira mu gitaramo.

2.     Chriss Eazy


Biteganyijwe ko umuhanzi akaba n'umwanditsi w'indirimbo, Rukundo Christian wamamaye nka Chriss Eazy, azataramira mu Bufaransa mu Mujyi wa Lyon ku wa Gicurasi 2, 2025, ndetse no ku wa Gicurasi 10, 2025 mu Mujyi wa Lille.

Anafite igitaramo azakora tariki 17 Gicurasi 2025 mu gihugu ataratangaza, cyo kimwe n’igitaramo kizaba tariki 24 Gicurasi, icya tariki 31 Gicurasi, tariki 7 Kamena ndetse na 14 Gicurasi 2025.

Ibi bitaramo byateguwe na Sosiyete ya Team Production isanzwe ifasha abahanzi gukorera ibitaramo cyane cyane mu Bubiligi.

Chriss Eazy uri kwitegura gukora ibi bitaramo, ni umuhanzi w'umunyarwanda ukora injyana ya Afrobeat, akaba n'umwanditsi w'indirimbo ndetse n'umuyobozi wa Ewuana Brand.

Uyu musore yatangiye umuziki mu 2016 ubwo yitabiraga amarushanwa y'impano yiswe "Talent". Mu 2020, yashyize hanze indirimbo ye ya mbere yise "Ese Urabizi?", akurikiraho "Tegereza".

Indirimbo ze zamenyekanye cyane mu Rwanda no mu karere, harimo "Inana", "Amashu", "Sambolela"na "Edeni". Mu Kwakira 2023, yashyize hanze indirimbo yise "Bana".

Uretse umuziki, Chriss Eazy ni umuyobozi wa Ewuana Brand, inzu y'imideli igamije guteza imbere imideli n'ubuhanzi mu Rwanda. Zimwe mu ndirimbo ze zamenyekanye zirimo nka "Inana", "Amashu", "Sambolela", "Edeni", "Bana" n’izindi.

Chriss Eazy ni umwe mu bahanzi bakiri bato bafite impano ikomeye mu muziki nyarwanda, akaba akomeje kwagura umuziki we no kugera ku rwego mpuzamahanga.

3.     Davis D

Umuririmbyi Icyishaka Davis wamamaye nka Davis D ageze kure imyiteguro yo kujya gutaramira ku nshuro ye ya mbere mu Mujyi wa Stockholm mu gihugu cya Suède ku wa 30 Gicurasi 2025, aho azahuza no kumenyekanisha Album ye ya Kabiri ari gutegura.

Uyu musore wakuriye i Nyamirambo yatumiwe na Sosiyete ya East West Vibes yashinzwe na Dj Mozey. Agiye gutaramira muri kiriya gihugu, abisikana n’umuhanzi Chriss Eazy, Spice Diana wo muri Uganda bahataramiye ku wa 8 Werurwe 2025 mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore. 

Dj Mozey amaze igihe atangiye gufasha abahanzi nyarwanda gutaramira muri Suède.

Davis D ni umwe mu bahanzi bagarutsweho cyane mu itangazamakuru, ahanini binyuze mu bihangano bye n’ibindi bikorwa yagiye ategura byatumaga abantu bamuhozaho ijisho. Azwiho gukora amashusho y’indirimbo zihenze, ku buryo atekereza ko abantu bagakwiriye kubimwubahira.

Yakoranye by’igihe kirekire na Muyoboke Alex wabaye umujyanama we, ariko muri iki gihe akorana n’umubyeyi we umufasha gutegura no gushyira mu bikorwa imwe mu mushinga y’indirimbo yiyemeje irimo n’iyo akorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Imyambarire ye, uko yigaragaza mu ifatwa ry’amashusho, imikoreresheje y’imbuga nkoranyambaga, ibihangano bye n’ibindi ni bimwe mu byo ashaka kumurikira abakunzi be bo mu Rwanda, ubwo azaba yizihiza imyaka 10 ari mu muziki.

Davis D mu mvugo ye aherekeresha amazina ye kuvuga ko ari ‘umwana w’abakobwa’. Inyandiko zimuvugaho, zigaragaza ko yavutse ku wa 23 Werurwe 1993, aho yavukiye mu Karere ka Huye mu Majyepfo y’u Rwanda.

Uyu muhanzi yatangiye urugendo rwe rwa muzika mu mwaka 2014. Yamenyekanye cyane binyuze mu ndirimbo zirimo ‘Biryogo’ yakoze mu 2015. Akomeza gushyira hanze indirimbo zirimo nka ‘Mariya Kaliza’, ‘Ma people’ n’izindi.

4.     Juno Kizigenza

Mu rwego rwo kwizihiza imyaka itanu amaze mu muziki, Juno Kizigenza yateguriye abakunzi be igitaramo kizabera mu nyubako ya ’Institut Français du Rwanda’ ku wa 16 Gicurasi 2025.

Abazitabira iki gitaramo bazagira amahirwe yo kumva nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe muri iki gihe amaze akora umuziki.

5.     Victor Rukotana 


Ku ikubitiro ku wa 9 Gicurasi 2025 Victor Rukotana ni azasusurutsa abakunzi be mu gitaramo azanabamurikiramo album ye nshya yise ‘Imararungu’.

6.     Bolingo Paccy

Umuhanga mu gucuranga unafasha abahanzi benshi barimo Mani Martin, Bolingo Paccy agiye kwereka impano ye abakunzi b’umuziki mu gitaramo na we azakorera muri ’Institut Français du Rwanda’ ku wa 23 Gicurasi 2025.

Ibi bitaramo by'aba bahanzi batatu bombi bazataramira kuri Centre Culturel Francophone du Rwanda (Institut Français) mu bihe bitandukanye, bigamije guteza imbere umuziki nyarwanda no kwagura amahirwe y’abahanzi bato n’abakuze mu guhura n’abakunzi b’umuziki n’abashoramari. Binongera ubushobozi bw’abahanzi mu bijyanye no kwitwara imbere y’imbaga no kubaka izina ryabo ku rwego mpuzamahanga.

Centre Culturel Francophone du Rwanda ikomeje kuba igicumbi cy’iterambere ry’umuco, igahuza abahanzi n’imbaga y’abakunzi b’ibikorwa by’ubuhanzi.

Ibi bitaramo bizaba umwanya w’ingenzi wo kwigira ku bahanzi batandukanye, kwidagadura, no gusabana n’abandi bakunzi b’umuziki. Bizafasha abahanzi kwagura ubuhanzi bwabo, ndetse binatange ishusho y’uburyo umuziki w’u Rwanda ushobora gukomeza kwaguka ku rwego mpuzamahanga.

Abategura iyi gahunda basabye abakunzi b’umuziki “kubika aya matariki” (Save the Date) kugira ngo batazacikwa n’ibi birori bidasanzwe byitezweho gukomeza kubaka umuziki Nyarwanda mu buryo bushya kandi bugezweho.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...