Nubwo izi nguzanyo zifasha ibihugu kubona amafaranga yo gukemura ibibazo by’ihutirwa no kugarura ituze ry’ubukungu, abasesenguzi bagaragaza ko kwishingikiriza cyane kuri IMF bishobora gutuma ibihugu bihura n’imbogamizi z’ubukungu zihoraho.
Mu bihe bitandukanye, gahunda za IMF zisaba ibihugu gushyira mu bikorwa ingamba zirimo kugabanya amafaranga Leta ikoresha, kuvugurura imisoro cyangwa gukuraho nkunganire zimwe na zimwe.
Nubwo ibyo bikorwa bigamije kugarura uburinganire mu bukungu, bishobora kugira ingaruka ku mibereho y’abaturage mu gihe gito. Nk’uko tubikesha Business Insider Africa, ibi nibyo bihugu 10 by’Afurika bifitiye IMF umwenda munini muri Kamena 2026
|
Umwanya |
Igihugu |
Umwenda gifitiye IMF (USD) |
|
1 |
Egypt |
Miliyari 7.25 |
|
2 |
Côte d'Ivoire |
Miliyari 3.57 |
|
3 |
Kenya |
Miliyari 2.87 |
|
4 |
Ghana |
Miliyari 2.73 |
|
5 |
Angola |
Miliyari 2.30 |
|
6 |
DRC |
Miliyari 2.20 |
|
7 |
Ethiopia |
Miliyari 1.76 |
|
8 |
Tanzania |
Miliyari 1.34 |
|
9 |
Zambia |
Miliyari 1.27 |
|
10 |
Cameroon |
Miliyari 1.15 |
Abahanga
mu by’ubukungu bavuga ko nubwo IMF ikomeza kuba umufatanyabikorwa ukomeye mu
bihe by’amage, gukomeza kwishingikiriza cyane ku nguzanyo zayo bishobora gutuma
ibihugu bibura ubwigenge mu gufata ibyemezo by’ubukungu.
Ni yo mpamvu hakomeje kugaragazwa akamaro ko kongera umusaruro w’imbere mu gihugu, kunoza ikusanyabwishyu ry’imisoro no guteza imbere inganda kugira ngo ibihugu bibashe kugabanya kwishingikiriza ku nguzanyo zo hanze.
