Amakimbirane
yabaye hagati ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Iran yateye impungenge ku isoko
mpuzamahanga rya peteroli, bituma ibiciro byayo bizamuka kubera ubwoba
bw’ihungabana ry’itangwa ryayo binyuze mu nzira z’ingenzi z’ubwikorezi bwo mu
nyanja.
Ibi
byagize ingaruka zikomeye ku bihugu byinshi by’Afurika bishingira cyane ku
gutumiza lisansi n’ibindi bikomoka kuri peteroli hanze, kuko byatumye ibiciro
bizamuka ndetse n’ubuzima bw’abaturage burushaho guhenda.
Nyamara,
nyuma y’uko impande zari mu makimbirane zigeze ku masezerano y’amahoro, ibiciro
bya peteroli ku isoko mpuzamahanga byongeye kugabanuka munsi y’amadolari 90 ku
ngunguru. Ibi byitezweho gutanga agahenge ku bihugu byari byarahuye n’izamuka
ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli.
Muri
Afurika, igiciro cya lisansi ni kimwe mu bipimo bikomeye byerekana uko ubukungu
bw’igihugu buhagaze. Lisansi ikoreshwa cyane mu bwikorezi, ubuhinzi, inganda
ndetse no mu gutanga amashanyarazi mu bice byinshi by’umugabane.
Ibihugu
bibasha kugumana ibiciro bya lisansi biri hasi cyangwa bihagaze neza akenshi
bibona inyungu zirimo kugabanya ibiciro by’umusaruro, koroshya ubwikorezi no
gukurura abashoramari.
Mu
gihe ibihugu nka Kenya n’Afurika y’Epfo byakomeje kubona ibiciro bya lisansi
bizamuka kubera imisoro yiyongereye, ihindagurika ry’ifaranga n’ingaruka
z’isoko mpuzamahanga, Nigeria yo yatangiye kubona igabanuka ry’ibiciro bitewe
ahanini n’izamuka ry’ubushobozi bwo gutunganya peteroli imbere mu gihugu
binyuze muri Dangote Refinery.
Nk’uko tubikesha Business Insider AFRICA, uru ni urutonde rw’ibihugu 10 by’Afurika bifite ibiciro bya lisansi biri hasi cyane muri Kamena 2026, hashingiwe ku mibare ya GlobalPetrolPrices.
|
Umwanya |
Igihugu |
Igiciro cya Lisansi ($ kuri Litiro) |
Umwanya ku Isi |
|
1 |
Libya |
$0.024 |
1 |
|
2 |
Angola |
$0.327 |
4 |
|
3 |
Algeria |
$0.352 |
6 |
|
4 |
Misiri |
$0.464 |
8 |
|
5 |
Sudan |
$0.700 |
15 |
|
6 |
Tunisia |
$0.866 |
19 |
|
7 |
Niger |
$0.876 |
21 |
|
8 |
Nigeria |
$0.918 |
23 |
|
9 |
Gabon |
$1.049 |
31 |
|
10 |
Ethiopia |
$1.059 |
33 |
Ikiza
k’ibiciro bito bya lisansi bifasha kugabanya ikiguzi cy’ubwikorezi n’umusaruro,
bigatuma ibicuruzwa na serivisi bihenduka ku baturage. Nanone bifasha kugenzura
izamuka ry’ibiciro ku isoko (inflation) no kongera ubushobozi bwo guhangana mu
bukungu.
Mu
gihe isi ikomeje guhura n’ihindagurika ry’isoko ry’ingufu n’amakimbirane ya
politiki mpuzamahanga, ubushobozi bw’ibihugu bwo kurinda abaturage
n’abashoramari ihungabana ry’ibiciro bya lisansi buragenda burushaho kuba
ikimenyetso cy’ubukungu bukomeye kandi burambye.
Ugereranyije
n’ukwezi gushize kwa Gicurasi 2026, ibiciro bya lisansi muri Algeria, Tunisia,
Niger, Nigeria, Gabon na Ethiopia byagabanutseho gato, mu gihe muri Misiri
byazamutse mu buryo bworoheje. Ibi byerekana ko isoko ry’ibikomoka kuri
peteroli rikomeje guhindagurika bitewe n’imiterere y’ubukungu n’iy’umutekano ku
rwego mpuzamahanga.
