Hura na Kefa Innocent, umuramyi mushya wiyemeje kwamamaza ubutumwa bwiza ku Isi hose - VIDEO

Iyobokamana - 10/05/2025 4:57 AM
Share:

Umwanditsi:

Hura na Kefa Innocent, umuramyi mushya wiyemeje kwamamaza ubutumwa bwiza ku Isi hose - VIDEO

Umuziki w'u Rwanda wo kuramya no guhimbaza Imana wibarutse impano nshya, Kefa Innocent, umuramyi wiyemeje gufatanya n'abandi urugendo rwo kwamamaza ubutumwa bwiza mu mahanga yose.

Kefa, ni umusore ukiri muto wizera Imana, winjiranye mu muziki indirimbo nshya yise "Arakomanga," ikubiyemo ubutumwa bubwira abantu ko Yesu akiza, aho akomeza agira ati: "Bamwizere abahe agakiza."

Yabwiye InyaRwanda ko iyi ndirimbo igenewe abantu bakijijwe n'abatarakizwa kuko ari ubutumwa bwiza kandi akaba yizera ko nta n'umwe butagenewe. Ni mu gihe avuga ko inganzo yayo yakomotse muri Bibiliya, mu Byahishuwe: 3:20.

Uyu musore yasobanuye ko intego ye mu muziki ari iyo kwamamaza Yesu, akamamaza  ubutumwa bwiza ku Isi yose. Yagize ati: "Nasaba abantu kumva ubu butumwa tubaha mu buryo bw'indirimbo, ikindi bakadushyigikira mu buryo bwose; haba kuzireba no kuzisangiza abandi uko bashoboye kose."

Usibye iyi ndirimbo ya mbere yashyize hanze, Kefa ntateganya kwicisha inzara abakunzi be, ahubwo arabasezeranya gukomeza kubagezaho ndirimbo nziza zirimo n'izo yamaze gukora yitegura gushyira  ahagaragara mu minsi iri imbere.

Kefa Innocent ni umuramyi mushya wiyemeje kwamamaza ubutumwa bwiza ku Isi hose

Yinjiranye mu muziki indirimbo yibutsa abantu ko Yesu akiza, asezeranya ko n'izindi ziri mu nzira

Nyura hano urebe indirimbo nshya ya Kefa Innocent yise 'Arakomanga'


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...