Hibutswe ku nshuro ya 31 Umwamikazi Rosalie Gicanda wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi - AMAFOTO

Amakuru ku Rwanda - 20/04/2025 12:51 PM
Share:

Umwanditsi:

Hibutswe ku nshuro ya 31 Umwamikazi Rosalie Gicanda wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi - AMAFOTO

Kuri iki Cyumweru tariki 20 Mata 2025, i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31, Umwamikazi Rosalie Gicanda, wazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Tariki 20 Mata 1994, ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije mu bice byose by’Igihugu, ni bwo Captain Ildephonse Nizeyimana, wari ushinzwe Ubutasi mu Kigo cya Gisirikare cya ESO [École des Sous-Officiers], yatanze itegeko ryo kwica Umwamikazi Rosalie Gicanda.

Ababanye na we, abamuzi ndetse n’abagendaga mu rugo rw’Umwami, bahamya ko yari mwiza imbere n’inyuma, yakundaga Imana agakunda n’umugabo we Umwami Mutara III Rudahigwa.

Umwamikazi Gicanda yari yarashakanye n’Umwami Mutara III Rudahigwa wabatijwe Charles Léon Pierre, babanye imyaka 17 kugeza Umwami Rudahigwa atanze ku wa 25 Nyakanga 1959, aguye i Bujumbura.

Umwamikazi Rosalie Gicanda yabaye aho, ariko ubwo u Rwanda rwabonaga ubwigenge, rukagira ubutegetsi bwa Repubulika, yatangiye gucunaguzwa.

Mu 1961, uwari Perezida Kayibanda Grégoire yamwirukanye mu Rukari i Nyanza, maze ajya gutura muri Astrida, ubu ni mu Karere ka Huye.

Abazi Umwamikazi Gicanda bemeza ko yakundaga u Rwanda cyane, biri no mu byatumye yanga kuruhunga ubwo Abatutsi bameneshwaga mu 1959, abandi bakicwa.

Ubwo yajyaga kuba i Butare, Umwamikazi Gicanda yabayeho mu buzima bworoheje aho yabanaga n’umubyeyi we, nyina umubyara, ndetse n’abandi bagore bake bamufashaga mu mirimo itandukanye.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, Umwamikazi Gicanda yasabye uwitwaga Joseph Kanyabashi wari Burugumesitiri wa Komini Ngoma, kumurinda ariko arabyanga.

Tariki 20 Mata 1994, ahagana saa Tanu z’amanywa, abasirikare bayobowe na Lt Pierre Bizima binjiye mu rugo rw’Umwamikazi Gicanda bamufatana n’abandi bagore batandatu babanaga barabatwara bajya kubicira inyuma y’Inzu Ndangamurage y’u Rwanda.

Ni ibintu byakozwe ku mabwiriza yari yatanzwe na Capt Ildephonse Nizeyimana wari Umuyobozi ushinzwe Ubutasi mu Ishuri rya Gisirikare, ESO.

Umwamikazi Gicanda yari amaze imyaka 30 aba i Butare, aho yari atuye inzu iracyahari ndetse yatangiye kuvugururwa mu rwego rwo kubungabunga amateka.

Kuri ubu, Umwamikazi Gicanda wishwe afite imyaka 66 y’amavuko, ubu atabarije i Mwima ya Nyanza ahatabarijwe Umwami Mutara III Rudahigwa na Kigeli V Ndahindurwa.

Hashize imyaka 31 Umwamikazi Rosalie Gicanda yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Jean Damascene Bizimana ni umwe mu bayobozi bifatanyije n'umuryango w'Umwamikazi Gicanda mu gikorwa cyo kumwibuka cyabereye i Nyanza

Bashyize indabo ku musezero we uri i Mwima ya Nyanza

Misa yabereye kuri Mater Dei

Umwamikazi Gicanda yari umugore w'Umwami Mutara wa III Rudahigwa 

Umwami Rudahigwa yatanze mu 1959 bataribaruka umwana n'umwe




Umwanditsi:

Yanditswe 20/04/2025 12:51 PM

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...