Harimo ukomoka muri Ghana! Ni nde ufite amahirwe yo gusimbura Papa Francis?

Imyidagaduro - 22/04/2025 5:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Harimo ukomoka muri Ghana! Ni nde ufite amahirwe yo gusimbura Papa Francis?

Nyuma y’urupfu rwa Papa Francis ku wa 21 Mata 2025, Abakaridinali barenga 100 baritegura guhurira i Vatican aho bazatoramo uzaba umuyobozi mushya wa Kiliziya Gatolika ku isi, umwanya w’icyubahiro n’inshingano bikomeye.

Icyiciro cy’itora cyizwi nka Conclave kizaba mu gihe cy’iminsi mike iri imbere, aho bazazinga amakarita yabo mu ibanga rikomeye, bategereje ko umwotsi w’umweru uvuye muri Chapelle ya Sistine ubamenyesha ko Papa mushya yamaze gutorwa.

Nk’umuntu wa mbere ukomoka muri Amerika y’Epfo wagiye ku ntebe y'Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yazanye icyerekezo gishya. Yashyize imbere ubutabera ku bakene, Yasabye ko ibidukikije birengerwa,yanasabye Kiliziya kwiyegereza abakirisitu bose, cyane cyane abibona barasigaye inyuma.

Yashyizeho ba Karidinali benshi bava muri Afurika, Aziya n’Amerika y’Amajyepfo, ashyira imbere ubusabane bwa Kiliziya ku isi yose.

Mu gihe hitegurwa amatora, amazina y’abakaridinali bake ni yo ahora avugwa kenshi ko bamusimbura.

Luis Antonio Tagle (Ubufilipine) – Imyaka 67

Yahoze ari umwe mu bantu ba hafi ba Papa Francis. Azwiho kwigisha ijambo ry’Imana ku rwego mpuzamahanga no kugaragaza urukundo n’ubworoherane. Kuba akomoka muri Aziya, aho Kiliziya iri gukura cyane, bishobora kumuha amahirwe yihariye.

Pietro Parolin (Ubutaliyani) – Imyaka 70

Ni Umunyamabanga Mukuru wa Vatican kuva 2013, usanzwe ari umuntu uzi neza imikorere ya Kiliziya n’ububanyi n’amahanga. Azwiho kutajya kure y’ibyatangijwe na Francis, ariko agakomeza umuco wa Vatican usanzwe.

Peter Turkson (Ghana) – Imyaka 76

Yazamuye ijwi ku bijyanye no kurengera ibidukikije, kurwanya ubukene no guharanira ubutabera. Uyu mukaridinali ashobora kuba Papa wa mbere w’Umunyafurika mu myaka isaga 1500, bikaba byaba amateka akomeye ku mugabane wa Afurika.

Peter Erdő (Hungariya) – Imyaka 72

Uyu ni umwe mu bashyigikiye gukomeza imyemerere gakondo ya Kiliziya. Abo mu gice cya Kiliziya bifuza gusubira ku murongo wa Papa Yohani Pawulo II cyangwa Benedigito XVI baramushyigikiye cyane.

Angelo Scola (Ubutaliyani) – Imyaka 82

Yari umwe mu bari begereye gutorwa mu 2013. Ni inararibonye mu nyigisho za Kiliziya, ariko imyaka ye ishobora kumubera imbogamizi.

Iminsi 15–20 izakoreshwa mu gusengera Papa witabye Imana, gusezera no kwakira abakaridinali baturutse imihanda yose. Ni mu gihe kizaba cyuzuyemo ibiganiro by’ibanga hagati y’abazatora, aho buri wese azagerageza gusobanukirwa uwo bamugiriye icyizere.

Umusaruro w’ayo matora uzaba isura nshya ya Kiliziya, hagati y’ibihugu biri gutakaza abayoboke n’ibindi biri gukura mu kwemera.


Peter Turkson ni umunya Ghana ufite amahirwe yo gusimbura nyakwigendera Papa Francis 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...