Hahembwe abahize abandi mu kwita ku mibereho myiza y’abakozi bo mu nzego z’ubuzima

Ubuzima - 13/10/2025 2:55 PM
Share:

Umwanditsi:

Hahembwe abahize abandi mu kwita ku mibereho myiza y’abakozi bo mu nzego z’ubuzima

Nyuma yo gutegura irushanwa rya Volleyball, MEdwell Initiative yahembye abakora mu nzego z’ubuzima barindwi kubera ibikorwa byabo by’indashyikirirwa byo kwita ku mibereho myiza y’abakozi bo mu nzego z’ubuzima.

Mu mpera z’icyumweru dusoje nibwo muri Petit Stade i Remera hakinwe irushanwa ritegura umwaka utaha w’imikino muri Volleball rya  Medwell Pre-Season Volleball Tournament 2025’.

Ibikombe byegukanwe na Police VC mu bagabo no mu bagore, mu bakanyujijeho ryegukanwa na Kinyinya VC naho Mu cyiciro cy’ibigo by’ubuzima cyegukanwa na MINISANTE.

MEdwell Initiative yanatanze ibihembo kubera ibikorwa byabo by’indashyikirirwa bigamije  kwita ku mibereho myiza y’abakozi bo mu nzego z’ubuzima.

Abahembwe ni Dr Gaston Nyirigira akaba yahawe igihembo kijyanye n’ubushakashatsi, Dr Jackson Kwizera Ndekezi akaba yahawe ikijyanye no kwigisha, gutanga inama no guhugura na Regis Ishimwe wahawe igihembo kubera ishyaka rye no guhanga udushya.

Abandi bahawe ibihembo ni Prof.Emmanuel Kayibanda, Dr Jean Bonaventure Uwineza, Mr.Emmanuel Ladislaus na Dr Claudine Uzamukunda kubera ibikorwa byabo by’indashyikirwa.

Medwell Initiative ni igikorwa cyo kurwanya umunaniro ukabije  mu bakora mu nzego z’ubuzima binyuze mu gukora siporo. Perezida wa MEdwell Initiative, Dr Eugene Tuyishime yavuze ko abakora mu nzego z’ubuzima bakwiye kubanza kwita ku buzima bwabo mbere yo kwita ku bw’abandi.

Ati: “Tugomba kwita ku buzima bwacu mbere yo kwita ku barwayi bacu. Gushyira imbere imibereho myiza ni intambwe y’ingenzi mu kugera ku musaruro mwiza mu kazi kacu.”

Dr Menelas Nkeshimana wari uhagarariye Minisiteri y’Ubuzima, yijeje ko Minisiteri izakomeza gushyigikira iyi gahunda. Ati: “Mu izina rya Minisiteri y’Ubuzima, ndashimira cyane MEdwell Initiative, by’umwihariko Dr Eugene Tuyishime na Bwana Alphonse Nsengiyumva ku bw’iyi gahunda idasanzwe.  Ubufasha ubwo aribwo bwose muzakenera ntimuzatinye kuvugisha Minisiteri y'Ubuzima

MEdwell Initiative yahembye abahize abandi mu kwita ku mibereho myiza y’abakozi bo mu nzego z’ubuzima

Abakozi bo mu nzego z'ubuzima bazenguruka Kigali Golf Club bakora siporo mu rwego rwo kugira ubuzima bwiza



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...