Ibi
ntibivuze ko atigeze agira icyifuzo cyangwa amahirwe yo kubigerageza, ahubwo ni
urugendo rwagiye ruyoborwa n’imiterere y’igihe, amahitamo ye bwite, ndetse
n’isoko ry’umuziki nyarwanda ryari rimeze mu ntangiriro ze.
King
James agaragaza ko kuva atangira umuziki, icyerekezo cye cyari ugushinga imizi
imbere mu Rwanda kurusha gutekereza hanze.
Aherutse
kubwira itangazamakuru ati: “Ntabwo ari uko nigeze nanga gukorana
n’umunyamahanga. Ariko ntabwo byigeze biza hafi. Natangiye nshaka gukora
indirimbo nyinshi hano kurusha gutegereza kujya hanze.”
Ibi
bigaragaza ko icyari imbere ye atari ugushaka gukorera ku rwego mpuzamahanga
ako kanya, ahubwo yari yibanze ku kubaka izina mu isoko ryo mu gihugu.
King
James avuga ko igihe yegukanaga ibikombe bikomeye nka muri Primus Guma Guma
Super Star, ari bwo yatangiye kubona umuziki nk’akazi gafatika gatanga inyungu,
atari umuco gusa.
Iyo
myumvire nayo yatumye yibanda cyane ku ndirimbo zigera ku bafana bo mu Rwanda,
aho kuba yashaka imikoranire mpuzamahanga ishobora gusaba igihe, imiyoboro
n’ishoramari ridasanzwe.
Nubwo
atigeze abihakana, King James agaragaza ko hari imbogamizi zagiye zimubuza gutera
iyo ntambwe hakiri kare: Kutagira umwanya uhagije w’abahanzi bo hanze bakorana
n’abari mu Rwanda icyo gihe; Uburyo imikoranire mpuzamahanga isaba gutegura
igihe kirekire, kwibanda ku bafana bo mu gihugu mbere yo gutekereza isoko
mpuzamahanga, imiterere y’umuziki nyarwanda mu bihe bya mbere, n’aho
imikoranire n’abanyamahanga itari ikunze kugaragara
Uyu
muhanzi ariko asanga ibintu byarahindutse. Ubu, ashimangira ko abahanzi b’iki
gihe bafite amahirwe menshi yo gukorana n’abanyamahanga kurusha uko byari
bimeze mbere.
Ati: “Ubu biri kugenda bikunda. Abahanzi b’iki gihe bafite amahirwe yo gukorana
n’abanyamahanga kurusha uko byari bimeze mu gihe cyacu.”
Umurage w’imyaka
20: guhozaho kuruta guhindura icyerekezo
Mu
myaka 20 amaze mu muziki wigenga, King James amaze gushyira hanze album zigera
kuri umunani, zirimo indirimbo zakunzwe cyane nk’“Ni iki utabona”,
“Birandenga”, “Ndagukunda” na “Ese Uracyamukunda”.
Izi
ndirimbo zatumye yandika amateka yihariye mu muziki nyarwanda, aho benshi
bamufata nk’umwe mu bahanzi bagize igikundiro kidashingiye ku nkundura
z’itangazamakuru, ahubwo ku ndirimbo ubwazo.
Kuba
King James ataragira indirimbo n’imwe akorana n’umuhanzi wo hanze ntibifatwa
nk’intege nke, ahubwo bamwe babibona nk’icyemezo cy’ubwigenge bwo kubaka izina
rishingiye ku isoko ry’imbere mu gihugu.
Uko
imyaka igenda, icyerekezo cye kigaragaza ko umuziki nyarwanda ushobora gutera
imbere utarinze guhera ku bufatanye mpuzamahanga, nubwo we ubwe atabuza
abahanzi bakiri bato kubigerageza muri iki gihe.
Mu minsi iri imbere, ibitaramo bye bibiri byo kwizihiza imyaka 20 mu muziki bizaba tariki 1 Kanama 2026 na tariki 2 Kanama 2026 muri BK Arena, bishobora kongera kugaragaza indi ntambwe nshya y’uyu muhanzi, haba mu muziki, cyangwa se mu mikoranire mpuzamahanga yari yaratinze.

Amashakiro
yose agaragaza imyaka 20 ishize King James ari ku gasongero ku muziki
nyarwanda, nta muhanzi n’umwe wo mu mahanga bigeze bakorana indirimbo
KANDA HANO UBASHE KUREBA KING JAMES AGARUKA KURI IYI NGINGO
