Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Fireman yavuze ko ijambo "guhangana" ridakwiye
kugira umwanya mu ruganda rw’umuziki kuko nta kindi rikora uretse guteza ubwumvikane
buke no kurangaza impano.
Fireman
asanga kuvuga ko abahanzi bahanganye ari uguha indi sano umuziki. Ati: "Guhangana ubwabyo ni igisebo, Oya! Guhangana uba ubayeho ufite uwo muhanganye,
kandi nta hangana rihari. Ahubwo ni ugukora, ni ugufashanya. Guhangana rero,
iri jambo ntabwo rikwiye, ahubwo ni ugufashanya, tukazamurana, ahubwo bikaba
guhiganwa."
Aha
yagaragazaga ko guhangana ari ukugendera ku mbaraga z’undi muntu, mu gihe
guhiganwa ari ugukora cyane kugira ngo urushe abandi mu bwubahane no mu
iterambere rusange.
Fireman
yagarutse ku murongo w’ingenzi umuhanzi w’umuraperi akwiye kugenderaho:
gutekereza neza, kwandika, no gutanga ubutumwa.
Ati: “Njyewe buriya reka nivugire iby'ibisigo n'ibyivugo mu Kinyarwanda
Uyu
muraperi yavuze ko kwitwa umuhanzi bituruka ku bikorwa bifatika bifasha abafana
n’abakunzi b’injyana, ndetse bikagaragaza ko umuhanzi ashimishwa kandi
yishimira uruhare rwe mu iterambere ry’umuco nyarwanda n’iry’ubuhanzi.
Fireman,
umaze imyaka 15 mu muziki, yamamaye binyuze mu njyana ya Rap ishingiye ku muco,
ibitekerezo birambuye n’imivugo yubatse isura ye nk’umuraperi ufite aho ahera.
Aherutse
no kongera gushyira imbere ibi bisigo n’ibyivugo gakondo, avuga ko ari bimwe mu
bimufasha kuba umuhanzi wuzuye.
Iyo
avuga ku rugendo rwe, Fireman yumvikanisha ko injyana ya Rap idakwiye kugwa mu
bihe by’amahane cyangwa imivundo hagati y’abahanzi, ahubwo ikwiye kuba urubuga
rwo gucura impano, kwigishanya no kugira uruhare mu kuryohereza abafana indirimbo
zinoze.
Mu
butumwa bwe, Fireman asaba abahanzi b’iki gihe gushyira imbere ubufatanye
kurusha guhangana, kuko ari byo bituma uruganda rwose rutera imbere.
Ni
ubutumwa bwafasha cyane urubyiruko rwinshi rwiyumvamo Rap, aho usanga benshi
muri bo bashingira ku kurebana ay’ingwe no gutukana aho kubaka umurongo
w’ibitekerezo uhamye.
Asoza
agira ati “Reka nguhe urugero niba uri umunyamakuru ukwiye kuvuga uti iyi nkuru
nkoze ni izihe ngaruka nziza iri bugire kuri uyu muntu nyikoze, cyangwa



Fireman ni umwe mu bahanzi baririmbye mu gitaramo cya Papa Cyangwe cyabaye tariki 22 Ugushyingo 2025 muri Kigali Universe
