Ni
mu gihe The Ben azaba yamaze gutaramira mu ijoro ryabanje, ku wa Gatandatu
tariki 17 Gicurasi, muri Serena Hotel — imwe mu nyubako zikomeye zitangirwamo
ibitaramo byo ku rwego rwo hejuru.
Green
P azaba ari kumwe na Sky 2, umunyarwenya ukunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga,
uzwi mu biganiro bisetsa no mu bufatanye n’abahanzi batandukanye.
Green
P ni izina rikomeye muri Hip Hop nyarwanda, yamenyekanye cyane mu itsinda rya
Tuff Gang, ari kumwe n’abaraperi barimo Jay Polly, Fireman, Bull Dogg na P Fla.
Ni
umwe mu bahanzi bubatse urufatiro rw’iyi njyana mu Rwanda mu myaka ya 2008
kugeza muri 2013, binyuze mu ndirimbo zafashije urubyiruko kwisanzura mu mvugo
no gutanga ibitekerezo ku buzima busanzwe.
Uyu
muraperi azwiho amagambo afite uburemere n’ukuri, ndetse n’imvugo idaca ku
ruhande. Nyuma yo gutandukana kw’itsinda rya Tuff Gang, Green P yakomeje inzira
ye ku giti cye, atitaye ku mpinduka z’igihe cyangwa ku marangamutima y’isoko rishya
ry’umuziki. Ibi byatumye benshi bamufata nk’umurwanashyaka wa true Hip Hop.
Ariko
kandi yongeye kwihuza na bagenzi bubaka Tuff Gang ivuguruye, ndetse muri iki
gihe bari kwitegura gushyira ku isoko Album nshya bahuriyeho.
Green
P yakunze kwitwara neza mu bitaramo bitandukanye birimo Kigali Up, I am Hip
Hop, n’ibindi byahurizaga hamwe abaraperi batandukanye. Imyitwarire ye ku
rubyiniro yagaragazaga umuraperi ufite intego, wumva ibyo avuga kandi
ubihagararaho.
Abavandimwe bagiye mu nzira
zitandukanye mu muziki
Nubwo
Green P na The Ben ari abavandimwe bavuka inda imwe, buri wese yafashe inzira
ye yihariye mu rugendo rwa muzika.
The
Ben yinjiriye mu njyana ya R&B, aharanira ubuhanga mu ijwi no mu ndirimbo
z’urukundo, aho yagiye yigaragaza nk’umuhanzi w’amahoro, urukundo n’imibyinire.
Green
P we yinjiye mu muziki aturutse mu muhanda — arwana intambara ya Hip Hop
ishingiye ku kuri, ibikomere no guharanira impinduka.
Nubwo
bafitanye isano y’amaraso, ni bake babamenye nk’abavandimwe kuko batigeze
babana cyane mu bikorwa bya muzika. Gusa bose bahuriye ku cyerekezo cyo
gukorera umuziki wabo mu bwigenge, batitaye ku byo abandi batekereza, ahubwo
bagashyira imbere impano, ubutumwa n’intego.
Hari
ababona ibi bitaramo byabo byombi nk’uburyo bushya bwo kongera kubahuza mu
buryo butari bwo ku mbuga nkoranyambaga gusa, ahubwo no mu myumvire y’abafana
bagiye bacyeka ko batavuga rumwe.
Abandi
bakavuga ko ari “inkuru y’urukundo mu buryo bwa muzika, aho impande zombi
zihagarariye u Rwanda mu buryo butandukanye ariko bunuzuzanya.”
Umuraperi
Green P yamaze kugera mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, aho yitabiriye igitaramo
azakora ku Cyumweru tariki 18 Gicurasi 2025
Green
P azatamira muri kiriya gihugu, abisikana n’umuvandimwe we The Ben uzaba
wahataramira binyuze mu ruhererekane rw’ibitaramo yise ‘Plenty Love Tour’
Umuraperi
Sky2 yabwiye InyaRwanda, ko azerekeza muri Uganda, ku wa Gatandatu tariki 17
Gicurasi 2025