Uyu
mugabo wamenyekanye mu ndirimbo nka 'Owooma', 'Amina' na 'Njagala gwe', yagarutse ku kibazo cy’uko amaze igihe kinini atagaragara mu
bikorwa bya muzika, ubwo yasubizaga umufana ku mbuga nkoranyambaga wari
werekanye uburyo bakumbuye ibihangano bye.
Mu
magambo make ariko yuzuyemo icyizere, Geosteady yasubije amugaragariza ko
ashobora gusubira muri ‘studio’ vuba, ibintu byahise bitera impundu mu bafana
be.
Amakuru
yagiye avugwa mu mezi ashize yerekana ko Geosteady yagiye yitabaza ‘rehab’
inshuro zitandukanye mu guhangana n’ibibazo byo mu mutwe, bituma asiba ku isoko
ry’umuziki.
Ubu
butumwa bushya bw’umufana bwatumye benshi bamwoherereza amagambo amushimira
kandi bamwifuriza kugaruka ku rwego rwo hejuru yari asanzwe ariho.
Geosteady
yavutse ku wa 1 Mata 1990 mu Mujyi wa Kampala. Yakuze akunda umuziki kuva mu
mashuri abanza, mbere yo gutangira nk’umwanditsi w’indirimbo n’umutunganya
amajwi. Mu 2012 yinjiye mu muziki by’umwuga, ahita amenyekana cyane biciye mu
ndirimbo Ntunulira.
Geosteady
yakoranye n’abahanzi bakomeye nka Charly & Nina (Owooma), Lydia Jazmine
(Same Way), Eddy Kenzo (African Girl) na Korede Bello (Am Into You). Yagiye
agaragara mu bitaramo bikomeye muri Uganda no hanze y’igihugu, birimo Qatar,
Dubai, Kigali, Afurika y’Epfo, Turukiya, na USA.
Mu
rugendo rwe, yegukanye ibihembo bitandukanye birimo Best Collaboration (Uganda
Entertainment Awards 2016 – Same Way) na Best Zouk (HiPipo Music Awards
2016/2017). Ni na we washinze Blackman Records, label ikorera abahanzi
batandukanye.
Uretse
umuziki, Geosteady akunze kugaragara mu bikorwa by’ubugiraneza binyuze muri St.
George Foundation Uganda, ifasha abana kugira uburezi n’imibereho myiza, ndetse
akorana na Reach A Hand Uganda mu bukangurambaga bwo kurwanya SIDA no guteza
imbere ubuzima bw’urubyiruko.
Nta
gahunda nyirizina yatangaje y’uko azasubira mu muziki cyangwa umushinga mushya
ari gutegura, ariko ubutumwa bwe bwagize icyo bumara ku bafana, bwemeza ko
ashobora gusubira mu rugendo rwe rwa muzika.
Geosteady
yemeje ko agiye kugaruka mu muziki nyuma yo kuva muri ‘Rehab’
Geosteady
yamamaye mu ndirimbo zinyuranye zirimo nka ‘Owooma’ yakoranye an Charly na Nina
KANDA
HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO YA GEOSTEADY NA CHARLY NA NINA
KANDA
HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO YA GEOSTEADY