Ibi byavuzwe ku mbuga nkoranyambaga ku wa Gatatu, bitangira gukwirakwizwa nyuma y’uko byatangajwe n’urubuga rumwe rwa interineti.
Yanditse
mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025 agira “Namenye amakuru
amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga ampamya icyaha cyo kwiba.
Ndashaka gusobanura neza ko ayo makuru ari ibinyoma byambaye ubusa kandi ayobya
abantu.”
Asobanura
ibyabaye i Miami, Franklin yavuze ko yegerewe n’umugabo witwa Benny amuha
igitekerezo cyo kumugurisha isaha.
Yakomeje
avuga ko mu gihe cy’amasengesho y’ubukwe, Benny yohereje murumuna we kumugezaho
indi saha, ari yo yaguze kandi ayishyura yose.
Franklin
yavuze ko nyuma y’ubukwe yahise ava i Miami ajya kwitegura gushyingira mushiki
we, ari bwo Benny yamuhamagaye akiri mu ndege amubaza indi saha.
Ati
“Ndashaka kuvuga mu buryo bweruye: Sindi umujura. Nta na rimwe nigeze nyiba
umuntu. Naguze isaha kandi nyishyura yose kuri Benny.”
Franklin
yabivuze yongeraho ko Benny ubwe yari yamaze guhakana ayo makuru mbere y’uko
akomeza gukwirakwizwa. Davido wakoze ubukwe na Chioma, nawe yanditse kuri konti
ya Twitter, abwira Franklin ‘kutisobanura imbere y’abanyabinyoma.’
IMPORTANT.
I am currently aware of the recent
circulation on social media linking my name to an alleged theft. I wish to make
it clear that these allegations are completely false and
misleading.
Recently, I returned from my dear
Friend/sister’s wedding and I am currently…
You owe nobody any explanation… fools https://t.co/fsrI5IYN8a
Franklin
yavuze ko atigeze yiba isaha mu bukwe bwa Chioma na Davido bwabaye mu mpera z’icyumweru
gishize
Davido na Chioma bakoreye ubukwe bwiza mu Mujyi wa Miami muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika
REBA AMASHUSHO Y'INDIRIMBO '10 KILO' DAVIDO YASHYIZE HANZE NYUMA Y'UBUKWE BWE NA CHIOMA