Filime zitakorewe muri Amerika zizajya zishyuzwa 100% by’imisoro

Cinema - 05/05/2025 12:38 PM
Share:

Umwanditsi:

Filime zitakorewe muri Amerika zizajya zishyuzwa 100% by’imisoro

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, kuri iki Cyumweru yatangaje ko agiye gushyiraho umusoro wa 100% kuri filime zose zikorerwa hanze ya Amerika, avuga ko inganda za sinema muri Amerika “ziri gusenyuka” kubera umuvuduko uriho wo gukorera filime mu bindi bihugu aho gukorera imbere mu gihugu.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, kuri iki Cyumweru yatangaje ko agiye gushyiraho umusoro wa 100% kuri filime zose zikorerwa hanze ya Amerika, avuga ko inganda za sinema muri Amerika “ziri gusenyuka” kubera umuvuduko uriho wo gukorera filime mu bindi bihugu aho gukorera imbere mu gihugu.

Ibi Trump yabitangaje abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, aho yavuze ko yategetse Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda gutangira ako kanya urugendo rwo gushyira mu bikorwa iyo misoro mishya. Yagize ati: “Nategetse Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda kwihutira gushyiraho umusoro wa 100% ku mafilime yose yinjira muri Amerika yakorewe mu bindi bihugu.”

Yongeyeho ko inganda za sinema muri Amerika “ziri gupfa vuba cyane” bitewe n’uko ibihugu bitandukanye biri guha ba rwiyemezamirimo n’ibigo bya sinema ibishuko byinshi, bibakurura gukorera hanze y’Amerika.

Trump yavuze ko ibi ari ikibazo gikomeye kirebana n’umutekano w’igihugu, kuko “ari umugambi wateguwe n’ibindi bihugu, kandi bikubiyemo ubutumwa bw’ivangura n’inyigisho z’ubuyobe.”

Ntacyo yavuze ku bijyanye n’uko iyi misoro izashyirwa mu bikorwa. Iyi nkuru ije mu gihe ubutegetsi bwa Trump buri gukomeza kunengwa cyane ku buryo bwayoboyemo politiki y’ubucuruzi, aho bwashyizeho imisoro ikakaye ku bihugu byinshi. U Bushinwa, bumaze igihe butotezwa n’iyo politiki, buherutse gutangaza ko bugiye kugabanya umubare w’ama-filime y’Amerika bwinjiza.

Nubwo Amerika igikomeye mu ruganda rwa sinema, ubushakashatsi bwo muri Mutarama uyu mwaka bwagaragaje ko ibihugu bitanu bya mbere abashoramari bifuza gukoreramo filime mu 2025 na 2026 byose biri hanze y’Amerika: Toronto (Canada), Ubwongereza, Vancouver (Canada), u Burayi bwo hagati n’Australiya. Leta ya California yo iza ku mwanya wa gatandatu.

Trump kandi yashyizeho abamuhora hafi barimo Sylvester Stallone, Mel Gibson na Jon Voight nk’intumwa zihariye muri sinema, avuga ko bazafasha kongera gukomeza uru rwego “kurusha uko rwigeze kuba rumeze.”

Hari amakuru avuga ko Trump na ba Repubulike batajya bahabwa inkunga na benshi mu byamamare bya sinema, dore ko benshi barimo Taylor Swift na George Clooney bafashije umudemokarate- Kamala Harris mu matora ya Perezida yo mu 2024.


Donald Trump agiye gushyiraho imisoro ya 100% ku mafilime yakorewe hanze ya Amerika- Avuga ko sinema y’Amerika iri gusenyuka kubera ibihugu bikurura abashoramari


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...