FIFA iteganya guhuza Israel na Palestine mu mukino w’irushanwa ry’abatarengeje imyaka 15

Imikino - 15/06/2026 2:55 PM
Share:

Umwanditsi:

FIFA iteganya guhuza Israel na Palestine mu mukino w’irushanwa ry’abatarengeje imyaka 15

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, iri guteganya ko umukino uzafungura ku mugaragaro irushanwa rishya ry’abatarengeje imyaka 15 uzahuza amakipe y’abana bo muri Israel na Palestine.

Iri rushanwa rizaba ku nshuro ya mbere ritegurwa na FIFA rikaba riteganyijwe kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Nzeri 2026. Rizitabirwa n’amashyirahamwe yose uko ari 211 agize FIFA, harimo n’u Burusiya bwahagaritswe mu marushanwa mpuzamahanga kuva mu 2022 nyuma yo gutera Ukraine.

Nk'uko byatangajwe na The Athletic Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yifuza ko umukino wa mbere wahuza Israel na Palestine nk’uburyo bwo gukoresha umupira w’amaguru mu guteza imbere amahoro n’ubwiyunge.

Ibi bikurikira igikorwa kitagenze neza cyabereye mu nama nkuru ya FIFA yabereye i Vancouver ku wa 30 Mata, aho Infantino yari yagerageje guhuza abayobozi b’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru ya Israel na Palestine kugira ngo bafate amafoto barikumwe ariko ntibyakunda.

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Palestine, Jibril Rajoub, ndetse na Visi Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Israel, Basim Sheikh Suliman, bari babanje kugeza ku bitabiriye iyo nama ubutumwa bwabo, ariko nyuma biba ngombwa ko Infantino agerageza kubahuza .

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Israel (IFA) ryatangaje ko ryiteguye gushyigikira uwo mukino uzabahuza na Palestine , rikaba rivuga  ko umupira w’amaguru ushobora kuba igikoresho cyo guteza imbere amahoro n’ubusabane hagati y’impande zombi.

Ku ruhande rwa Palestine, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ntiryari ryatangaza icyo ribitekerezaho kugeza ubu.

Iri serukiramuco rishya rya FIFA rizakinwa mu buryo budasanzwe, aho amakipe azaba agizwe n’abakinnyi hagati ya barindwi na icyenda, ndetse n’imikino ikazajya imara igihe gito ugereranyije n’isanzwe.

Uyu mwaka hazitabira amakipe y’abahungu gusa, mu gihe mu mwaka wa 2027 hazongerwamo n’amakipe y’abakobwa.

Infantino yavuze ko iri rushanwa ari imwe mu nzira FIFA ikomeje kunyuramo mu guteza imbere impano z’abana ku Isi hose no guha buri mukinnyi amahirwe yo kwigaragaza hakiri kare.

FIFA irateganya guhuza Israel na Palestine mu mukino w’irushanwa ry’abatarengeje imyaka 15


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...