EXPO 2025: Action College yadabagije abayigana ibashyiriraho igabanyirizwa rya 30% ku masomo yose - AMAFOTO

Kwamamaza - 08/08/2025 7:44 PM
Share:

Umwanditsi:

EXPO 2025: Action College yadabagije abayigana ibashyiriraho igabanyirizwa rya 30% ku masomo yose - AMAFOTO

Ikigo cya 'Action College' kigisha indimi, gutwara ibinyabiziga n’indi myuga itandukanye gikomeje gushyira igorora abifuza kukigana, binyuze mu gutanga ubumenyi buhanitse kandi bukenewe ku isoko ry’umurimo.Ubu noneho, cyitabiriye EXPO 2025 iri kubera i Gikondo ku nshuro ya 28, aho kiri kumurika serivisi gitanga kandi ku giciro gito.

Ibi ni ibyatangajwe n'ubuyobozi bw'iki kigo, aho abazajya bitabira EXPO 2025 bakagana aho Action College ikorera bazajya bagabanyirizwa 30% by'amafaranga asanzwe yishyurwa n'abiga amasomo atandukanye muri iki kigo nk'uko bisobanurwa na Rwabuhihi Steven ushinzwe ibikorwa muri Action College.

Yagize ati: "Ibiciro biba bisanzwe biriho, ariko umuntu urimo kwiyandikishiriza muri EXPO turimo turamukuriraho 30% icyo ari cyo cyose yaba ashaka kwiga, akazanihitiramo aho ashaka kwiga."

Usibye iri gabanyirizwa, muri Action bafite n'umwihariko wo kugira imashini ifasha abanyeshuri bashaka gutangira kwiga imodoka muri 'categories' zose, kwimenyereza umuhanda no gutinyuka. Ni imashini umunyeshuri ajyaho akimenyereza mbere y'uko atangira kwiga imodoka bisanzwe mu muhanda, mu rwego rwo kubanza kumufasha gushira igihunga.

Steven abikomozaho yagize ati: "Iyi mashini turayisanganwe, gusa twayizanye hano kugira ngo tuyimurike hano mu imurikagurisha, twerekane ko ihari. Mbere yo kugira ngo ujye kwiga imodoka bisanzwe, ubanze uyiceho, uyimenyereze, irahari ku mashami yacu yose."

Ubusanzwe iki kigo kigishaga amasomo arimo indimi nk’Icyongereza, Igifaransa, Igiswahili, Igishinwa, Icyesipanyore, Ikidage, Igitaliyani ndetse n’Ikinyarwanda.

Banatanga kandi impamyabushobozi (Certificates) zo ku rwego mpuzamahanga zirimo TOEFL, SAT, DELF, IELTS, TEF, Duolingo na HSK, bakanigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga.

Banigisha kandi amasomo agendanye n’ikoranabuhanga, arimo ICT, Computer Networking na Computer Maintenance.

Amasomo mashya yongewemo vuba arimo aya tekinike, imyuga n’ubumenyingiro arimo kwigisha gusuka ibisuko by’amoko yose, gutunganya inzara (Pedicure na Manicure), kogosha, kudefiriza, gusiga ibirungo by’ubwiza (Make-up), gukora umusatsi karemano, kudoda na Culinary Arts.

Banongeyemo kwigisha abakandida bigenga (Candidat Libre), mu masomo ya Tourism and Hospitality, Accounting, Mathematics -Computer and Economy (MCE), Literature- Economics and Geography (LEG), History- Economics and Geography (HEG), HGL, Networking na Culinary Arts.

Icyicaro gikuru cy’iki kigo giherereye mu Mujyi wa Kigali mu nyubako ya CHIC, mu igorofa rya kabiri mu muryango wa mbere (045C).

Kinafite amashami hirya no hino mu gihugu, aho kinakorera i Remera mu nyubako ya Sar Motor, Nyabugogo mu nyubako yo kwa Materne n’i Musanze mu nyubako Melano ikoreramo.

Umwihariko w’iki kigo ni uko nko mu kwigisha indimi, gikoresha abarimu barimo n’abanyamahanga bavukiye mu bihugu bikoresha ururimi umuntu ashaka kwiga, nk’ururimi rwabo gakondo.

Ni mu gihe ku biga amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga, bo bigishwa ku buryo batsindsa ibizamini 100%.

Ubishaka ashobora kwiga muri gahunda ya ku manywa (Day Program), nimugoroba (Evening Program), ndetse no mu mpera z’icyumweru (Weekend Program).

Bagira kandi umwihariko wo kwigisha bakoresheje iya kure (Online) ku buryo umuntu utabona umwanya wo kujya ku ishuli aba ashobora kwiga kandi neza.

Uwifuza ibindi bisobanuro yahamagara kuri 0787246268 muri CHIC, 0788648572 ku ishami rya Nyabugogo, 0788603795 ku ishami rya Remera, no kuri 0788658977 ku ishami rya Musanze.

Imurikagurisha Mpuzamahanga rya Kigali ryagarutse ku nshuro ya 28 aho abamurika ibyo bakora bakomeje kwiyongera kuko bavuye kuri 700 mu 2024 bagera kuri 800 ndetse biteganyijwe ko abagera ku bihumbi 500 bazaryitabita.

Expo 2025 iraba guhera kuri uyu wa 29 Nyakanga 2024, ikazamara iminsi 20, iri kubera mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro.

Ubuyobozi bwa PSF bugaragaza ko EXPO yateye imbere umwaka ku wundi kuko yavuye ku kubera mu Ishuri ryisumbuye rya Saint-André aho yitabirwaga n’abagera ku 1000 ku munsi, uyu munsi ikaba ibera i Gikondo ku buso bwa hegitari enye.

EXPO yavuye ku minsi irindwi yikuba gatatu ndetse harifuzwa ko yagera ku minsi 30.

Action College yashyize igorora abayigana bari kwiyandikishiriza muri EXPO

Abifuza kuyirahuramo ubumenyi bishimiye aya mahirwe bashyiriweho

Umuyobozi muri Action College, yasobanuye ko umuntu uri kubasanga muri EXPO ari kugabanyirizwa 30% ku giciro cyari gisanzweho ku masomo yose

Muri Action College batanga ubumenyi butandukanye bukenewe uyu munsi ku isoko ry'umurimo

By'umwihariko ku bifuza kwiga imodoka, bagenewe imashini ibasha kubanza kwimenyereza umuhanda no gushira igihunga mu rwego rwo kuborohereza


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...